Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Loni ibona kigiye gukurikiraho nyuma y’ibyo u Rwanda na Congo bemeranyijweho

radiotv10by radiotv10
01/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Loni ibona kigiye gukurikiraho nyuma y’ibyo u Rwanda na Congo bemeranyijweho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye wakiriye neza ibyemeranyijweho mu biganiro byongeye guhuza Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uvuga ko wizeye ko icyemezo cy’uko impande zihanganye mu burasirazuba bwa DRC zigomba guhagarika imirwano, zizanacururutsa umwuka mubi umaze igihe hagati y’Ibihugu byombi.

Ni inama yabaye ku wa Kabiri w’iki Cyumweru tariki 30 Nyakanga 2024, yari yitabiriwe n’intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, zari ziyobowe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Thérèse Kayikwamba Wagner.

Iyi nama yabereye i Luanda muri Angola, yemerejwemo ko impande zihanganye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zihagarika imirwano kuva tariki 04 Kanama 2024.

Nyuma y’amasaha macye hafashwe iki cyemezo, kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Nyakanga 2024, Umuryango w’Abibumbye washimye aka kazi keza kakozwe na Angola by’umwihariko kuri iki cyemezo cyo guhagarika imirwano kizatangira kubahirizwa tariki 04 Kanama 2024.

Stéphane Dujarric, Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye; aganira n’itangazamakuru i New York, yagize ati “Urwego rushinzwe kugenzura iri hagarikwa ry’imirwano, rizaza rije gutiza imbaraga ubutumwa bwacu buri kugana ku musozo bwo kugarura amahoro muri DRC (MONUSCO) rwagaragaje ko ruzatanga umusanzu mu butumwa bwacu.”

Iri hagarikwa ry’imirwano ryemerejwe mu nama ya kabiri yo ku rwego rw’Abaminisitiri yahuje ba Minisiriri b’Ibihugu byombi [u Rwanda na DRC] yayobowe na Perezida wa Angola, João Lourenço.

Stéphane Dujarric yakomeje agira aiti “Twizeye ko iyi mishyikirano izacururutsa umwuka mubi uri hagati ya DRC n’u Rwanda kandi igatuma hagaruka amahoro ku bari bakuwe mu byabo bari imbere mu Gihugu bagasubira mu byabo.”

Uyu Muvugizi w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye kandi yashimiye Perezida wa Angola kuri iyi ntambwe yatewe ku bw’ubuhuza bwe akomeje kugira nk’inshingano yahawe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Ati “Kandi turashishikariza impande zombi kubahiriza ibyo ziyemeje mu nyungu zo kugarura amahoro n’ituze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Iki cyemezo cyo guhagarika imirwano kizatangira gushyirwa mu bikorwa saa sita z’ijoro tariki 04 Kanama, nyuma y’agahenge kari kashyiriweho koroshya ibikorwa by’ubutabazi ko katubahirijwe uko bikwiye.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yari ayoboye intumwa z’u Rwanda
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Indwara y’ubushita yagaragaye mu Rwanda nyuma y’u Burundi na Congo yagaragaye mu kindi Gihugu

Next Post

Menya akayabo kaguzwe umunyezamu mushya w’ikipe ikomeye mu Bwongereza

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya akayabo kaguzwe umunyezamu mushya w’ikipe ikomeye mu Bwongereza

Menya akayabo kaguzwe umunyezamu mushya w’ikipe ikomeye mu Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.