Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Loni ibona kigiye gukurikiraho nyuma y’ibyo u Rwanda na Congo bemeranyijweho

radiotv10by radiotv10
01/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Loni ibona kigiye gukurikiraho nyuma y’ibyo u Rwanda na Congo bemeranyijweho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye wakiriye neza ibyemeranyijweho mu biganiro byongeye guhuza Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uvuga ko wizeye ko icyemezo cy’uko impande zihanganye mu burasirazuba bwa DRC zigomba guhagarika imirwano, zizanacururutsa umwuka mubi umaze igihe hagati y’Ibihugu byombi.

Ni inama yabaye ku wa Kabiri w’iki Cyumweru tariki 30 Nyakanga 2024, yari yitabiriwe n’intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, zari ziyobowe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Thérèse Kayikwamba Wagner.

Iyi nama yabereye i Luanda muri Angola, yemerejwemo ko impande zihanganye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zihagarika imirwano kuva tariki 04 Kanama 2024.

Nyuma y’amasaha macye hafashwe iki cyemezo, kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Nyakanga 2024, Umuryango w’Abibumbye washimye aka kazi keza kakozwe na Angola by’umwihariko kuri iki cyemezo cyo guhagarika imirwano kizatangira kubahirizwa tariki 04 Kanama 2024.

Stéphane Dujarric, Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye; aganira n’itangazamakuru i New York, yagize ati “Urwego rushinzwe kugenzura iri hagarikwa ry’imirwano, rizaza rije gutiza imbaraga ubutumwa bwacu buri kugana ku musozo bwo kugarura amahoro muri DRC (MONUSCO) rwagaragaje ko ruzatanga umusanzu mu butumwa bwacu.”

Iri hagarikwa ry’imirwano ryemerejwe mu nama ya kabiri yo ku rwego rw’Abaminisitiri yahuje ba Minisiriri b’Ibihugu byombi [u Rwanda na DRC] yayobowe na Perezida wa Angola, João Lourenço.

Stéphane Dujarric yakomeje agira aiti “Twizeye ko iyi mishyikirano izacururutsa umwuka mubi uri hagati ya DRC n’u Rwanda kandi igatuma hagaruka amahoro ku bari bakuwe mu byabo bari imbere mu Gihugu bagasubira mu byabo.”

Uyu Muvugizi w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye kandi yashimiye Perezida wa Angola kuri iyi ntambwe yatewe ku bw’ubuhuza bwe akomeje kugira nk’inshingano yahawe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Ati “Kandi turashishikariza impande zombi kubahiriza ibyo ziyemeje mu nyungu zo kugarura amahoro n’ituze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Iki cyemezo cyo guhagarika imirwano kizatangira gushyirwa mu bikorwa saa sita z’ijoro tariki 04 Kanama, nyuma y’agahenge kari kashyiriweho koroshya ibikorwa by’ubutabazi ko katubahirijwe uko bikwiye.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yari ayoboye intumwa z’u Rwanda
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Indwara y’ubushita yagaragaye mu Rwanda nyuma y’u Burundi na Congo yagaragaye mu kindi Gihugu

Next Post

Menya akayabo kaguzwe umunyezamu mushya w’ikipe ikomeye mu Bwongereza

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya akayabo kaguzwe umunyezamu mushya w’ikipe ikomeye mu Bwongereza

Menya akayabo kaguzwe umunyezamu mushya w’ikipe ikomeye mu Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.