Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

radiotv10by radiotv10
29/10/2025
in MU RWANDA
0
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yizeje ko agiye guhabwa ubufasha bwatuma akora neza siporo kandi akarushaho gukuza impano ye.

Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’uyu mwana witwa Nizeyimana Theonetse wiga mu Rwunge rw’Amashuri (GS) rwa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo.

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X, wasangije abantu aya mashusho, yavuze ko nubwo umuntu yagira ubumuga ariko aba ashoboye, ati “Uyu mwana yatanze ibye byose n’umutima we ku byo akunda. Mureke dusakaze aya mashusho ku Isi hose, hari ikigiye kumukorerwa.”

Ni amashusho yakoze benshi ku mutima, kubera uburyo uyu mwana agaragaza ishyaka mu guconga ruhago nubwo afite ubumuga, kuko hari aho ajya gutera umupira akabanza gushyira hasi akagura kamugaye, anagaragaza impano yihariye.

Nizeyimana Theonetse yagaragaje impano mu guconga ruhago

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire asubiza ubu butumwa, yavuze ko bamenye amakuru y’uyu mwana wiga muri GS Kiramuruzi “ukunda siporo kandi uyikorana ishyaka n’ubwitange.”

Yakomeje agira ati “Turi gufatanya na Amputee Rwanda (Ubuyobozi bwa Shampiyona y’Umupira w’Amaguru w’Abafite Ubumuga) ndetse n’Akarere ka Gatsibo kumuha ubufasha bwatuma abasha gukora siporo neza kurushaho agakuza n’impano imurimo.”

Ubuyobozi bwa Rwanda Amputee Football Amateur, na bwo bwatangaje ko hari ikigiye gukorerwa uyu mwana kugira ngo abashe gukina neza umupira w’amaguru yagaragaje ko akunze.

Ubuyobozi bwa Rwanda Amputee Football Amateur na bwo mu butumwa bwabwo, bwagize buti “Ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, kuri uyu wa Gatanu RAFA izasura umunyempano Nizeyimana Theonetse wagaragaje impano idasanzwe mu guconga ruhago kugira ngo harebwe uburyo burambye bwamufasha mu gukora siporo.”

Mu mikino y’abafite ubumuga mu Rwanda, hagiye hagaragara impano zikomeye, ndetse Ikipe y’Igihugu yari yitabiriye Igikombe cya Afurika cy’Abafite ubumuga (African Para Games) muri 2023 mu mupira w’amaguru cyari cyabereye muri Ghana, yegukanye umwanya wa gatanu.

Minisitiri Nelly Mukazayire yizeje ko uyu mwana agiye gufashwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 13 =

Previous Post

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Next Post

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.