Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo polisi yasubije Uracyaryamye wayigaragarije Umupolisikazi wafotowe atambaye neza agapfukamunwa

radiotv10by radiotv10
28/01/2022
in MU RWANDA
0
Mukase wa Akeza wapfuye bigashengura benshi yagejejwe imbere y’Urukiko

Marie Chantal Mukanzabarushimanakurikiranywe hamwe n'umukozi wo mu rugo

Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bakoresha Twitter wiyita Uracyaryamye, yashyizeho ifoto y’Umupolisikazi wafotowe atambaye neza agapfukamunwa ubwo yari aherekeje Mukase wa Akeza ubwo yajyaga ku rukiko kuburana ku ifungwa ry’agateganyo, ayisaba kwibutsa Abapolisi kujya bakambara neza.

Ni ubutumwa bwashyizweho n’uwitwa Sir Uracyaryamye wagize ati “Nshutsi Polisi y’u rwanda mwadufasha mukibutsa uyu mupolisi kwambara neza agapfukamunwa nka kumwe mujya mubitwibutsa?”

Ni ubutumwa buherekejwe n’ifoto yafashwe kuri uyu wa Kane tariki 27 Mutarama 2022 ubwo Marie Chantal Mukanzabarushimana Mukase wa Elsie Akeza, yagezwaga imbere y’Urukiko.

Uyu witwa Sir Uracyaryamye yakomeje agira ati “Birakwiye ko twafatanya mu kurandura icyorezo cya covid-19.”

Polisi y’u Rwanda yasubije ubutumwa bw’uyu muntu wari wayisangije aya makuru n’ifoto igaragaza Umupolisikazi wari wambaye agapfukamunwa katagera ku mazuru.

Mu butumwa bwa Polisi y’u Rwanda, yamusubije igira iti “Abantu bose basabwa kwambara neza agapfukamunwa mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Koronavirusi, turabikurikirana. Murakoze.”

Uyu witwa Sir Uracyaryamye yongeye kungamo agira ati “Na we muzamutwereke nka kumwe mujya mutwereka ba bastari bacu.” Arongera ati “Kandi nkuko uburinganire bwaje birakwiye ko yahanwa nk’uko abagabo bahanwa.”

Uwitwa Kabuhariwe na we yagize ati “Birababaje kubona abakabaye batanga urugero rwiza ari bo bafata iya mbere mu kwangiza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya covid-19 kandi abaye ari umuturage usanzwe yahanishwa amande no kwicazwa muri sitade, uyu na we bamunyuzeho akanyafu ubutaha ntazongera.Murakoze.”

Dear @Rwandapolice mwadufasha mukibutsa uyu mupolisi kwambara neza agapfukamunwa nka kumwe mujya mubitwibutsa?

Birakwiye ko twafatanya mu kurandura icyorezo cya covid-19🙏🙏🙏 pic.twitter.com/vRkV3SWQ6Z

— Sir. Uracyaryamye (@byukavuba) January 27, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 16 =

Previous Post

Kigali: Byagenze gute ngo umusore yigire kabushungwe ajye mu mitsi n’Abapolisi?

Next Post

Gicumbi: yahitanwe  na NGUVU GIN 12, ashaka kwesa agahigo

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: yahitanwe  na NGUVU GIN 12, ashaka kwesa agahigo

Gicumbi: yahitanwe  na NGUVU GIN 12, ashaka kwesa agahigo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.