Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/11/2025
in MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga mu Rwanda, rudakwiye kwitirirwa Abanya-Sudani bose, ahubwo ko ari imyitwarire idakwiye yabo ku giti cyabo, kandi ko hashyizwe hari ikiri gukorwa kugira ngo bihagararare.

Mu bihe bitandukanye hirya no hino mu Mujyi wa Kigali hagiye humvikana bamwe mu baturage bavuga ko babangamiwe n’urugomo bakorerwa na bamwe mu Banya-sudani baba mu Rwanda by’umwihariko abanyeshuri.

Ni ibikorwa Ambasaderi wa Sudani mu rwanda, Dafalla Musa yemeye ko byabayeho, gusa avuga ko abantu badakwiye kubyitirira Abanya-Sudani bose kuko ari ibikorwa byagaragaye mu banyeshuii bace gusa.

Yagize ati “Ibi ni ibibazo bitezwa n’abantu ku giti cyabo. Mu bantu 3 200, abantu 10 gusa ni bo bagaragaye muri ibyo bikorwa, nta kabuza, ni ikibazo kandi nta n’ubwo byemewe.

Akomeza agira ati “Icyo twakoze rero ni uko nasuye kaminuza zigera muri eshanu aba banyeshuri bigamo, mpura n’abayobozi bazo, ndetse yewe nanahuye n’aba, mpura n’abanyeshuri b’Abanya-Sudani, Naganiriye na bo mu buryo  kuri ibi bibazo, ndetse n’ejo hashize hano muri Ambasade, nagiranye inama nini n’Abanyasudani baba hano, Nanone naganiriye n’abanyeshuri b’Abanya-Sudani mbasaba kwitwara neza, kubaha amategeko y’Igihugu, kubaha umuco w’abaturage bo muri iki Gihugu, no kugira uruhare mu iterambere muri iyi miryango yabakiriye neza.”

Ambasaderi Dafalla Musa yavuze ko Igihugu cye gishima umubano gifitanye n’u Rwanda ndetse ko banashima ubufasha bari guhabwa n’u Rwanda mu bihe by’intambara Igihugu cye kiri gucamo.

Ati “Turishimira umubano ukomeye kandi ubyara inyungu uri hagati ya Sudani ndetse n’u Rwanda. Kandi twishimira cyane ubufasha mu bya politiki turimo kubona kuva hano mu Rwanda, kuko ntekereza ko inyungu duhuriyeho nk’u Rwanda na Sudani ni ukugira amahoro n’umutekano birambye muri Afurika y’Iburasirazuba muri rusange. Ni yo mpamvu twishimira kandi tugashaka ko ubu bufatanye bukomeza kuko ibi byatuma ubufatanye mu bijyanye n’ubukungu ndetse n’ubucuruzi byiyongera.”

Yakomeje avuga kandi ko Igihugu cye cyifuza gukomeza kurebera ku miyoborere y’u Rwanda, byumwihariko ku Mukuru w’iki Gihugu.

Ati “Kandi dukeneye ubushishozi ndetse n’imiyoborere ya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame kugira ngo we ubwe hamwe n’abandi bayobozi ba Afurika bakomeze gushyigikira Sudani kugera ku mahoro ndetse n’umutekano birambye.”

Umubano n’ubufatanye bwa Sudani n’u Rwanda byateye imbere ndetse ubucuruzi hagati y’Ibihugu byombi bumaze kugera ku gaciro karenga miliyoni 200$ ku mwaka. Ni ubucuruzi bushingiye ahanini ku birimo ikawa n’icyayi itumizwa na Sudani mu Rwanda. Ni mu gihe ishoramari ry’abaturage b’iki Gihugu baba mu Rwanda rimaze kwiyongera rikaba ryarenze miliyoni 10$.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

Next Post

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n'ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.