Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihabanye n’ukuri rwavuzweho n’umushoramari mpuzamahanga

radiotv10by radiotv10
02/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihabanye n’ukuri rwavuzweho n’umushoramari mpuzamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yitandukanyije n’inkuru ya Led by Donkeys, igaruka ku byatangajwe n’umushoramari Terence Fane-Saunders, wanenze gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kurengera abimukira, aho avuga ko hari ibitanoze mu Rwanda.

Ni inkuru yasohotse ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje tariki 30 Nzeri 2023, nyuma y’ikiganiro umuryango wa Led by Donkeys wagiranye na Terence Fane-Saunders washinze kompanyi ya Chelgate yigeze gukorana n’u Rwanda mu bijyanye n’inozamubano.

Kompanyi y’Abongereza ya Led by Donkeys yigize nka Kompanyi yo mu majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Azia, ubundi itangira kuganira na Chelgate, iyisaba inzira yanyuramo ngo kuko yifuza gushora imari mu Rwanda.

Ibiganiro bivugwa muri iyi nkuru byabaye muri Kanama ndetse ngo na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yabitumiwemo, aho byibanze ku ngingo zinyuranye zirebana n’umubano w’u Rwanda n’u Bwongereza.

Terence Fane-Saunders wavuze ko kompanyi ye ya Chelgate ifite amakuru menshi ku Rwanda, kuko yakoranye na rwo mu bijyanye n’itangazamakuru n’inozamubona, yagiranye ibi biganiro na Led by Donkeys.

Ku ngingo irebana n’amasezerano u Rwanda rwagiranye n’u Bwongereza, Terence Fane-Saunders yavuze ko u Rwanda koko ari Igihugu kiri gutera imbere ndetse ko gifite umutekano ndetse gihagaze neza mu kurwanya ruswa, ariko ko hari ahakiri ibibazo ngo nko kuba hari ababurirwa irengero.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko hari amakuru anyuranye n’ukuri yatanzwe muri ibyo biganiro.

Yatanze nk’urugero avuga ko nk’iyi kompanyi ya Chelgate yashinzwe na Terence Fane-Saunders, ivugwa, itari ihagarariye Guverinoma y’u Rwanda, yewe ngo nta n’undi wari uyihagarariye aho byabereye.

Yagize ati “Twasoje amasezerano na Kompanyi ya Fane-Saunders mu gihe cy’umwaka urenga ushize, rero n’ibitekerezo yatanze ntibikwiye guhabwa ishingiro.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo

Agira icyo avuga ku bindi bitekerezo byatangajwe muri iyi nkuru, Makolo yavuze ko u Rwanda rwishimiye gukorana na Guverinoma y’u Bwongereza mu bijyanye no gushaka umuti w’ibibazo by’abimukira.

Ati “Ku bibazo bigari bivugwa muri iyi nkuru, uburyo bwo gushakira umuti ibibazo by’abimukira bwananiwe kurengera abari mu kaga, ahubwo himakazwa ibituma haho ibyaha byo gucuruza abantu ku giciro kidakwiye kugereranywa n’ikiremwamuntu.”

Yakomeje agira ati “Rero nta kwihangana gukwiye gutuma ibi bibazo bikomeza, ari na yo mpamvu u Rwanda rwishimira gukorana na Guverinoma y’u Bwongereza mu gushaka umuti.”

Yolande Makolo avuga ko u Rwanda rwemeye gukorana n’u Bwongereza kuri gahunda yo kurengera abimukira n’impunzi, kuko mu mateka yarwo, ruzi uko kubaho umuntu adatekanye mu Gihugu bimera.

Ati “Kuko amateka y’u Rwanda, Igihugu cyacu gifite isomo rya hafi ryo kuba abantu bashaka amahirwe yo kugira iwabo. Ibi ni byo byateye u Rwanda kwiyemeza kwinjira mu bibazo by’abimukira n’abashaka ubuhungiro, kandi ni na yo mpamvu u Rwanda ari ahantu hakwiye ho gushyigikira ku bashaka amahirwe y’aho baba.”

Yakomeje agira ati “Ibi bikomeje kubera u Rwanda umusemburo w’urugendo rwo gukomeza kongera kwiyubaka. Ivangura cyangwa n’ibindi byose bisa na ryo hano ntibyihanganirwa na busa. Ibi kandi biri no mu Itegeko Nshinga ryacu kandi bikanashimangirwa n’amahame twiyemeje yo kugendera ku mategeko.”

Yavuze ko ubu bufatanye bw’u Rwanda n’u Bwongereza bwo kurengera abimukira, Ibihugu byombi bikomeje kubuganiraho kandi mu biganiro bifunguye birimo n’ubwubahane.

Ibyatangajwe na Terence Fane-Saunders byamaganiwe kure

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Somalia abagera kuri 7 bahasize ubuzima abandi barakoremera mu gitero cy’ubwiyahuzi

Next Post

Icyarijije The Ben mu gitaramo cy’ibyishimo bitazibagirana i Burundi

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyarijije The Ben mu gitaramo cy’ibyishimo bitazibagirana i Burundi

Icyarijije The Ben mu gitaramo cy’ibyishimo bitazibagirana i Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.