Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihabanye n’ukuri rwavuzweho n’umushoramari mpuzamahanga

radiotv10by radiotv10
02/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihabanye n’ukuri rwavuzweho n’umushoramari mpuzamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yitandukanyije n’inkuru ya Led by Donkeys, igaruka ku byatangajwe n’umushoramari Terence Fane-Saunders, wanenze gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kurengera abimukira, aho avuga ko hari ibitanoze mu Rwanda.

Ni inkuru yasohotse ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje tariki 30 Nzeri 2023, nyuma y’ikiganiro umuryango wa Led by Donkeys wagiranye na Terence Fane-Saunders washinze kompanyi ya Chelgate yigeze gukorana n’u Rwanda mu bijyanye n’inozamubano.

Kompanyi y’Abongereza ya Led by Donkeys yigize nka Kompanyi yo mu majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Azia, ubundi itangira kuganira na Chelgate, iyisaba inzira yanyuramo ngo kuko yifuza gushora imari mu Rwanda.

Ibiganiro bivugwa muri iyi nkuru byabaye muri Kanama ndetse ngo na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yabitumiwemo, aho byibanze ku ngingo zinyuranye zirebana n’umubano w’u Rwanda n’u Bwongereza.

Terence Fane-Saunders wavuze ko kompanyi ye ya Chelgate ifite amakuru menshi ku Rwanda, kuko yakoranye na rwo mu bijyanye n’itangazamakuru n’inozamubona, yagiranye ibi biganiro na Led by Donkeys.

Ku ngingo irebana n’amasezerano u Rwanda rwagiranye n’u Bwongereza, Terence Fane-Saunders yavuze ko u Rwanda koko ari Igihugu kiri gutera imbere ndetse ko gifite umutekano ndetse gihagaze neza mu kurwanya ruswa, ariko ko hari ahakiri ibibazo ngo nko kuba hari ababurirwa irengero.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko hari amakuru anyuranye n’ukuri yatanzwe muri ibyo biganiro.

Yatanze nk’urugero avuga ko nk’iyi kompanyi ya Chelgate yashinzwe na Terence Fane-Saunders, ivugwa, itari ihagarariye Guverinoma y’u Rwanda, yewe ngo nta n’undi wari uyihagarariye aho byabereye.

Yagize ati “Twasoje amasezerano na Kompanyi ya Fane-Saunders mu gihe cy’umwaka urenga ushize, rero n’ibitekerezo yatanze ntibikwiye guhabwa ishingiro.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo

Agira icyo avuga ku bindi bitekerezo byatangajwe muri iyi nkuru, Makolo yavuze ko u Rwanda rwishimiye gukorana na Guverinoma y’u Bwongereza mu bijyanye no gushaka umuti w’ibibazo by’abimukira.

Ati “Ku bibazo bigari bivugwa muri iyi nkuru, uburyo bwo gushakira umuti ibibazo by’abimukira bwananiwe kurengera abari mu kaga, ahubwo himakazwa ibituma haho ibyaha byo gucuruza abantu ku giciro kidakwiye kugereranywa n’ikiremwamuntu.”

Yakomeje agira ati “Rero nta kwihangana gukwiye gutuma ibi bibazo bikomeza, ari na yo mpamvu u Rwanda rwishimira gukorana na Guverinoma y’u Bwongereza mu gushaka umuti.”

Yolande Makolo avuga ko u Rwanda rwemeye gukorana n’u Bwongereza kuri gahunda yo kurengera abimukira n’impunzi, kuko mu mateka yarwo, ruzi uko kubaho umuntu adatekanye mu Gihugu bimera.

Ati “Kuko amateka y’u Rwanda, Igihugu cyacu gifite isomo rya hafi ryo kuba abantu bashaka amahirwe yo kugira iwabo. Ibi ni byo byateye u Rwanda kwiyemeza kwinjira mu bibazo by’abimukira n’abashaka ubuhungiro, kandi ni na yo mpamvu u Rwanda ari ahantu hakwiye ho gushyigikira ku bashaka amahirwe y’aho baba.”

Yakomeje agira ati “Ibi bikomeje kubera u Rwanda umusemburo w’urugendo rwo gukomeza kongera kwiyubaka. Ivangura cyangwa n’ibindi byose bisa na ryo hano ntibyihanganirwa na busa. Ibi kandi biri no mu Itegeko Nshinga ryacu kandi bikanashimangirwa n’amahame twiyemeje yo kugendera ku mategeko.”

Yavuze ko ubu bufatanye bw’u Rwanda n’u Bwongereza bwo kurengera abimukira, Ibihugu byombi bikomeje kubuganiraho kandi mu biganiro bifunguye birimo n’ubwubahane.

Ibyatangajwe na Terence Fane-Saunders byamaganiwe kure

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 20 =

Previous Post

Somalia abagera kuri 7 bahasize ubuzima abandi barakoremera mu gitero cy’ubwiyahuzi

Next Post

Icyarijije The Ben mu gitaramo cy’ibyishimo bitazibagirana i Burundi

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyarijije The Ben mu gitaramo cy’ibyishimo bitazibagirana i Burundi

Icyarijije The Ben mu gitaramo cy’ibyishimo bitazibagirana i Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.