Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe

radiotv10by radiotv10
24/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, avuga ko ibihano yafatiwe na Leta Zunze Ubumwe za America kubera uruhare rwe mu ntambara M23 ihanganyemo na Leta ya Congo, ntacyo bivuze kuko urugamba arimo rutagira ikindi rungana, ku buryo hari icyo yarukangishwaho.

Lawrence Kanyuka yabitangarije mu mujyi wa Bukavu uherutse gufatwa na M23 ubwo herekanwaga intwaro 150 n’ibindi bikoresho bya gisirikare byari mu baturage, byagiye bikurwamo.

Kanyuka avuga ko impamvu barwana iyi ntambara ari ukugira ngo babone uburenganzira bwo kubaho mu Gihugu cyabo bisanzuye, bityo ko gufatirwa ibihano nka biriya ntacyo bivuze.

Ati “Urugamba ndimo ni urwo kurinda no kurwana ku baturage bicwa umunsi ku wundi n’ubutegetsi bwa Tshisekedi kandi sinzadohoka. Ndabisubiramo, umurava wanjye ndetse na bagenzi banjye ku kurinda no kurwana kuri bene wacu dusangiye Igihugu bicwa bakaribwa, nzawukomeza kugeza igihe imana izampamagarira.”

Abajijwe ku by’amakompanyi ye abiri yafatiriwe ndetse no ku kuba atatemberera mu Bihugu by’i Burayi na Leta Zunze Ubumwe za America, mu gisubizo cyihuse, Kanyuka yavuze ko iwabo muri Congo ari yo paradizo imana yaremye, kandi hari byose ku buryo kuba yabuzwa kujya mu bindi Bihugu mu gihe yaba ari mu cyabo atekanye, ntacyo bivuze.

Yagize ati “Hano iwacu dufite ibitoki, dufite ibirayi, ibishyimbo, isombe, isamake isambaza, dufite byose mu mazi no ku butaka rero ibyo byose ntakibazo kibirimo.”

Lawrence Kanyuka aganira n’Itangazamakuru i Bukavu

Ibi bihano mu by’ubukungu byafatiwe Lawrence Kanyuka, byasohokeye rimwe n’ibyafatiwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Rwanda ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, General (Rtd) James Kabarebe.

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibi bihano byafatiwe Kabarebe, ivuga ko bidafite ishingiro na busa, kuko ibyo yashinwe na America byo kuba ngo ari we uhuza Leta y’u Rwanda na M23, ari ibinyoma.

U Rwanda rwavuze ko iyo ibihano biza kuba bikemura ibibazo by’amakimbirane byakomeje kuba mu Burasirazuba bwa DRC, byari kuba byarabonewe umuti cyera.

Iki Gihugu cyavuze ko ahubwo hari ababangamiye umutekano w’u Rwanda bari banakwiye kubihererwa ibihano, ariko amahanga akabirenza ingohi, aho cyagaragaje ko ubwo imirwano yuburaga, uruhande rwa Leta ya Kinshasa, rugizwe na FARDC, Ingabo z’u Burundi, iza SAMDRC, umutwe w’abajenoside wa FDLR ndetse n’abacancuro.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Mobile Money Limited Launches ‘BivaMoMotima 3’ to Reward Merchants with Exciting Prizes

Next Post

Hatangajwe igihano cyakatiwe uwari uyoboye agatsiko k’insoresore zishe umuraperi w’ikirangirire

Related Posts

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

After the Burundian Minister of Foreign Affairs posted a statement criticizing the Government of Qatar, claiming it used its power...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

The African Union (AU) stated that the actions take by the United States going to arrest the President of Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

IZIHERUKA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement
AMAHANGA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe igihano cyakatiwe uwari uyoboye agatsiko k’insoresore zishe umuraperi w’ikirangirire

Hatangajwe igihano cyakatiwe uwari uyoboye agatsiko k'insoresore zishe umuraperi w’ikirangirire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.