Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe

radiotv10by radiotv10
24/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, avuga ko ibihano yafatiwe na Leta Zunze Ubumwe za America kubera uruhare rwe mu ntambara M23 ihanganyemo na Leta ya Congo, ntacyo bivuze kuko urugamba arimo rutagira ikindi rungana, ku buryo hari icyo yarukangishwaho.

Lawrence Kanyuka yabitangarije mu mujyi wa Bukavu uherutse gufatwa na M23 ubwo herekanwaga intwaro 150 n’ibindi bikoresho bya gisirikare byari mu baturage, byagiye bikurwamo.

Kanyuka avuga ko impamvu barwana iyi ntambara ari ukugira ngo babone uburenganzira bwo kubaho mu Gihugu cyabo bisanzuye, bityo ko gufatirwa ibihano nka biriya ntacyo bivuze.

Ati “Urugamba ndimo ni urwo kurinda no kurwana ku baturage bicwa umunsi ku wundi n’ubutegetsi bwa Tshisekedi kandi sinzadohoka. Ndabisubiramo, umurava wanjye ndetse na bagenzi banjye ku kurinda no kurwana kuri bene wacu dusangiye Igihugu bicwa bakaribwa, nzawukomeza kugeza igihe imana izampamagarira.”

Abajijwe ku by’amakompanyi ye abiri yafatiriwe ndetse no ku kuba atatemberera mu Bihugu by’i Burayi na Leta Zunze Ubumwe za America, mu gisubizo cyihuse, Kanyuka yavuze ko iwabo muri Congo ari yo paradizo imana yaremye, kandi hari byose ku buryo kuba yabuzwa kujya mu bindi Bihugu mu gihe yaba ari mu cyabo atekanye, ntacyo bivuze.

Yagize ati “Hano iwacu dufite ibitoki, dufite ibirayi, ibishyimbo, isombe, isamake isambaza, dufite byose mu mazi no ku butaka rero ibyo byose ntakibazo kibirimo.”

Lawrence Kanyuka aganira n’Itangazamakuru i Bukavu

Ibi bihano mu by’ubukungu byafatiwe Lawrence Kanyuka, byasohokeye rimwe n’ibyafatiwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Rwanda ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, General (Rtd) James Kabarebe.

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibi bihano byafatiwe Kabarebe, ivuga ko bidafite ishingiro na busa, kuko ibyo yashinwe na America byo kuba ngo ari we uhuza Leta y’u Rwanda na M23, ari ibinyoma.

U Rwanda rwavuze ko iyo ibihano biza kuba bikemura ibibazo by’amakimbirane byakomeje kuba mu Burasirazuba bwa DRC, byari kuba byarabonewe umuti cyera.

Iki Gihugu cyavuze ko ahubwo hari ababangamiye umutekano w’u Rwanda bari banakwiye kubihererwa ibihano, ariko amahanga akabirenza ingohi, aho cyagaragaje ko ubwo imirwano yuburaga, uruhande rwa Leta ya Kinshasa, rugizwe na FARDC, Ingabo z’u Burundi, iza SAMDRC, umutwe w’abajenoside wa FDLR ndetse n’abacancuro.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 4 =

Previous Post

Mobile Money Limited Launches ‘BivaMoMotima 3’ to Reward Merchants with Exciting Prizes

Next Post

Hatangajwe igihano cyakatiwe uwari uyoboye agatsiko k’insoresore zishe umuraperi w’ikirangirire

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe igihano cyakatiwe uwari uyoboye agatsiko k’insoresore zishe umuraperi w’ikirangirire

Hatangajwe igihano cyakatiwe uwari uyoboye agatsiko k'insoresore zishe umuraperi w’ikirangirire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.