Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

radiotv10by radiotv10
20/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Real Madrid n’Ikipe y’Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika, yanditse ubutumwa busaba imbabazi Abanya-Maroc, bwumvikanamo ko na we byamusigiye umubabaro ukomeye, ku buryo gukira ibikomere byawo bizamugora.

Ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika wabaye ku Cyumweru tariki 18 Mutarama 2026, Brahim Diaz, kuba yarahushije penaliti ku munota wa nyuma byamuteye intimba, bituma asohora itangazo risaba imbabazi abakunzi b’ikipe y’igihugu ya Maroc.

Aciye ku mbuga nkoranyambaga ze, Brahim Diaz yanditse ubutumwa burimo amarangamutima, ukwicuza no kugaragaza ko atameze neza kubera ibyamubayeho ku mukino wa nyuma wa CAN 2025 wabereye mu gihugu cy’iwabo.
Yanditse ati “Umutima wanjye urababaye cyane. Ndababaye mu buryo bukomeye, kuko nari mfite inzozi zo gutwara iki gikombe. Izo nzozi nazisangiye namwe, mbikesha urukundo mwanyeretse kuva ku munsi wa mbere. Ubutumwa mwanyandikiye, amagambo yanyu y’inkomezi n’uburyo mwanyegereye byatumye numva ntari jyenyine, n’igihe ibintu byari bikomeye.

Narwanye n’imbaraga zanjye zose. Narwanye n’umutima wanjye wose. Natanze byose mfite kugira ngo nishime kandi mbashimishe, ariko ejo, sinabigezeho. Naratsinzwe, kandi ndabyemera ntacyo nihishamo. Ni jye mfite inshingano zose zo kuba twaratsinzwe. Mbasabye imbabazi mbikuye ku ndiba y’umutima wanjye.”

Yakomeje avuga ko gukira igikomere byamuteye bizamugora, ariko asezeranya benewabo b’Abanya-Maroc ko atazacika intege kandi ko azaharanira kubagarurira ibyishimo.

Ati “Nzi ko gukira bizangora. Iki ni igikomere kitakira byoroshye, kandi kizansigira igihunga n’agahinda. Ariko nzagerageza kwiyubaka bundi bushya. Si ku bwanjye jyenyine, ahubwo ni ku bwanyu mwese mwanyizeye, no ku bw’abababaranye nanjye, mwese mwumvise ububabare bwanjye nk’aho ari ubwanyu.
Ndabasezeranya ko ntazahagarara. Nzomeza kugenda imbere, nubwo byangora. Nzaharanira umunsi umwe nzabasha kubasubiza uru rukundo mwampaye, mbagarurire ibyishimo, kandi mbe ishema ry’abaturage banjye b’Abanya-Maroc.”

Uyu mukinnyi yahembwe urukweto rwa zahabu ruhabwa umukinnyi watsinze ibitego byinshi, dore ko yatsinze ibitego bitanu mu mikino irindwi yakinnye.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Next Post

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.