• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

radiotv10by radiotv10
20/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Real Madrid n’Ikipe y’Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika, yanditse ubutumwa busaba imbabazi Abanya-Maroc, bwumvikanamo ko na we byamusigiye umubabaro ukomeye, ku buryo gukira ibikomere byawo bizamugora.

Ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika wabaye ku Cyumweru tariki 18 Mutarama 2026, Brahim Diaz, kuba yarahushije penaliti ku munota wa nyuma byamuteye intimba, bituma asohora itangazo risaba imbabazi abakunzi b’ikipe y’igihugu ya Maroc.

Aciye ku mbuga nkoranyambaga ze, Brahim Diaz yanditse ubutumwa burimo amarangamutima, ukwicuza no kugaragaza ko atameze neza kubera ibyamubayeho ku mukino wa nyuma wa CAN 2025 wabereye mu gihugu cy’iwabo.
Yanditse ati “Umutima wanjye urababaye cyane. Ndababaye mu buryo bukomeye, kuko nari mfite inzozi zo gutwara iki gikombe. Izo nzozi nazisangiye namwe, mbikesha urukundo mwanyeretse kuva ku munsi wa mbere. Ubutumwa mwanyandikiye, amagambo yanyu y’inkomezi n’uburyo mwanyegereye byatumye numva ntari jyenyine, n’igihe ibintu byari bikomeye.

Narwanye n’imbaraga zanjye zose. Narwanye n’umutima wanjye wose. Natanze byose mfite kugira ngo nishime kandi mbashimishe, ariko ejo, sinabigezeho. Naratsinzwe, kandi ndabyemera ntacyo nihishamo. Ni jye mfite inshingano zose zo kuba twaratsinzwe. Mbasabye imbabazi mbikuye ku ndiba y’umutima wanjye.”

Yakomeje avuga ko gukira igikomere byamuteye bizamugora, ariko asezeranya benewabo b’Abanya-Maroc ko atazacika intege kandi ko azaharanira kubagarurira ibyishimo.

Ati “Nzi ko gukira bizangora. Iki ni igikomere kitakira byoroshye, kandi kizansigira igihunga n’agahinda. Ariko nzagerageza kwiyubaka bundi bushya. Si ku bwanjye jyenyine, ahubwo ni ku bwanyu mwese mwanyizeye, no ku bw’abababaranye nanjye, mwese mwumvise ububabare bwanjye nk’aho ari ubwanyu.
Ndabasezeranya ko ntazahagarara. Nzomeza kugenda imbere, nubwo byangora. Nzaharanira umunsi umwe nzabasha kubasubiza uru rukundo mwampaye, mbagarurire ibyishimo, kandi mbe ishema ry’abaturage banjye b’Abanya-Maroc.”

Uyu mukinnyi yahembwe urukweto rwa zahabu ruhabwa umukinnyi watsinze ibitego byinshi, dore ko yatsinze ibitego bitanu mu mikino irindwi yakinnye.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Next Post

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.