Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

radiotv10by radiotv10
20/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Real Madrid n’Ikipe y’Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika, yanditse ubutumwa busaba imbabazi Abanya-Maroc, bwumvikanamo ko na we byamusigiye umubabaro ukomeye, ku buryo gukira ibikomere byawo bizamugora.

Ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika wabaye ku Cyumweru tariki 18 Mutarama 2026, Brahim Diaz, kuba yarahushije penaliti ku munota wa nyuma byamuteye intimba, bituma asohora itangazo risaba imbabazi abakunzi b’ikipe y’igihugu ya Maroc.

Aciye ku mbuga nkoranyambaga ze, Brahim Diaz yanditse ubutumwa burimo amarangamutima, ukwicuza no kugaragaza ko atameze neza kubera ibyamubayeho ku mukino wa nyuma wa CAN 2025 wabereye mu gihugu cy’iwabo.
Yanditse ati “Umutima wanjye urababaye cyane. Ndababaye mu buryo bukomeye, kuko nari mfite inzozi zo gutwara iki gikombe. Izo nzozi nazisangiye namwe, mbikesha urukundo mwanyeretse kuva ku munsi wa mbere. Ubutumwa mwanyandikiye, amagambo yanyu y’inkomezi n’uburyo mwanyegereye byatumye numva ntari jyenyine, n’igihe ibintu byari bikomeye.

Narwanye n’imbaraga zanjye zose. Narwanye n’umutima wanjye wose. Natanze byose mfite kugira ngo nishime kandi mbashimishe, ariko ejo, sinabigezeho. Naratsinzwe, kandi ndabyemera ntacyo nihishamo. Ni jye mfite inshingano zose zo kuba twaratsinzwe. Mbasabye imbabazi mbikuye ku ndiba y’umutima wanjye.”

Yakomeje avuga ko gukira igikomere byamuteye bizamugora, ariko asezeranya benewabo b’Abanya-Maroc ko atazacika intege kandi ko azaharanira kubagarurira ibyishimo.

Ati “Nzi ko gukira bizangora. Iki ni igikomere kitakira byoroshye, kandi kizansigira igihunga n’agahinda. Ariko nzagerageza kwiyubaka bundi bushya. Si ku bwanjye jyenyine, ahubwo ni ku bwanyu mwese mwanyizeye, no ku bw’abababaranye nanjye, mwese mwumvise ububabare bwanjye nk’aho ari ubwanyu.
Ndabasezeranya ko ntazahagarara. Nzomeza kugenda imbere, nubwo byangora. Nzaharanira umunsi umwe nzabasha kubasubiza uru rukundo mwampaye, mbagarurire ibyishimo, kandi mbe ishema ry’abaturage banjye b’Abanya-Maroc.”

Uyu mukinnyi yahembwe urukweto rwa zahabu ruhabwa umukinnyi watsinze ibitego byinshi, dore ko yatsinze ibitego bitanu mu mikino irindwi yakinnye.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + ten =

Previous Post

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Next Post

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.