Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

IFOTO: Grealish waciye ibintu kubera kugaragara yaganjijwe n’agatama ubu ahagaze bwuma

radiotv10by radiotv10
15/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO, UDUSHYA
0
IFOTO: Grealish waciye ibintu kubera kugaragara yaganjijwe n’agatama ubu ahagaze bwuma
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’Umuhanga wo hagati, Jack Grealish ukinira Manchester City yatwaye igikombe cya Shampiyona yo mu Bwongereza na UEFA Champions League, uherutse kugaragara yaganjijwe n’ako mu icupa, ubu ni mutaraga ndetse yakoze imyitozo mu ikipe y’Igihugu.

Grealish yagarutsweho cyane muri iki cyumweru, ubwo yagaragara yizihiwe cyane, anywa inzoga yose yahuraga na yo ubwo ikipe ye yishimiraga kwegukana igikombe cy’amakipe akina Shampiyona gikomeye ku Mugabane w’u Burayi, cya UEFA Champions League.

Ntibyagurukiyeho, kuko uyu mukinnyi usanzwe uzwiho kuba yikundira agatama, yaje kugaragara adandabirana ubwo bavaga mu ndege bagiye aho bagombaga gucumbika, akagenda agwira ababaga bamuri imbere.

Bucyeye bwaho ubwo batahaga, Grealish yongeye kugaragara arandaswe na mugenzi we bakinana muri Man City, kuko yari yaraye mu bizungera bya ka manyinya.

Ibi byose byatumye uyu mukinnyi agarukwaho cyane, kurusha ikipe ye yari imaze gutwara kiriya gikombe.

Nanone kandi uyu mukinnyi nubwo azwiho kwinywera ka manyinya, bizwi ko ibijyanye n’akazi ke yaba mu myitozo ndetse no mu mikino, ari umwe mu bafite ubuhanga bwihariye.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Grealish yagaragaje ko ubu ameze neza ndetse ko yatangiye imyitozo mu ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza.

Ni ubutumwa bunaherekejwe n’amafoto, ari mu myitozo we na bagenzi be, aho yagize ati “Ubu nagarutse hamwe n’abasore.”

Grealish hirya y’ejo byari ibindi bindi
Ubu ari mu myitozo na Foden basanzwe bakinana muri Man Citu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

BREAKING: Icyemezo gishya cyafatiwe Moses wari watakambiye Urukiko akanarira

Next Post

Icya mbere Rusesabagina yavuze ku ifungurwa rye nticyari cyitezwe

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore
IMIBEREHO MYIZA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icya mbere Rusesabagina yavuze ku ifungurwa rye nticyari cyitezwe

Icya mbere Rusesabagina yavuze ku ifungurwa rye nticyari cyitezwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.