Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

IFOTO: Grealish waciye ibintu kubera kugaragara yaganjijwe n’agatama ubu ahagaze bwuma

radiotv10by radiotv10
15/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO, UDUSHYA
0
IFOTO: Grealish waciye ibintu kubera kugaragara yaganjijwe n’agatama ubu ahagaze bwuma
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’Umuhanga wo hagati, Jack Grealish ukinira Manchester City yatwaye igikombe cya Shampiyona yo mu Bwongereza na UEFA Champions League, uherutse kugaragara yaganjijwe n’ako mu icupa, ubu ni mutaraga ndetse yakoze imyitozo mu ikipe y’Igihugu.

Grealish yagarutsweho cyane muri iki cyumweru, ubwo yagaragara yizihiwe cyane, anywa inzoga yose yahuraga na yo ubwo ikipe ye yishimiraga kwegukana igikombe cy’amakipe akina Shampiyona gikomeye ku Mugabane w’u Burayi, cya UEFA Champions League.

Ntibyagurukiyeho, kuko uyu mukinnyi usanzwe uzwiho kuba yikundira agatama, yaje kugaragara adandabirana ubwo bavaga mu ndege bagiye aho bagombaga gucumbika, akagenda agwira ababaga bamuri imbere.

Bucyeye bwaho ubwo batahaga, Grealish yongeye kugaragara arandaswe na mugenzi we bakinana muri Man City, kuko yari yaraye mu bizungera bya ka manyinya.

Ibi byose byatumye uyu mukinnyi agarukwaho cyane, kurusha ikipe ye yari imaze gutwara kiriya gikombe.

Nanone kandi uyu mukinnyi nubwo azwiho kwinywera ka manyinya, bizwi ko ibijyanye n’akazi ke yaba mu myitozo ndetse no mu mikino, ari umwe mu bafite ubuhanga bwihariye.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Grealish yagaragaje ko ubu ameze neza ndetse ko yatangiye imyitozo mu ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza.

Ni ubutumwa bunaherekejwe n’amafoto, ari mu myitozo we na bagenzi be, aho yagize ati “Ubu nagarutse hamwe n’abasore.”

Grealish hirya y’ejo byari ibindi bindi
Ubu ari mu myitozo na Foden basanzwe bakinana muri Man Citu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − five =

Previous Post

BREAKING: Icyemezo gishya cyafatiwe Moses wari watakambiye Urukiko akanarira

Next Post

Icya mbere Rusesabagina yavuze ku ifungurwa rye nticyari cyitezwe

Related Posts

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icya mbere Rusesabagina yavuze ku ifungurwa rye nticyari cyitezwe

Icya mbere Rusesabagina yavuze ku ifungurwa rye nticyari cyitezwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.