Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Minisitiri Sebahizi wahagarariye Perezida Kagame mu nama i Burundi yabonanye na Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
01/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IFOTO: Minisitiri Sebahizi wahagarariye Perezida Kagame mu nama i Burundi yabonanye na Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi witabiriye Inama ya 23 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize COMESA yabereye i Bujumbura mu Burundi, yanabonanye na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Ibikorwa by’iyi nama byabaye hagati ya tariki 29 kugeza ku ya 31 Ukwakira 2024, ubwo hasozwaga iyi nama yanabereyemo ihererekanyabubasha hagati y’Umuyobozi mushya wa COMESA, Perezida Evariste Ndayishimiye n’uwo asimbuye Perezida wa Zambia, Haikande Hichilema.

Nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Ugushyingo 2024, nyuma y’amasaha macye hasojwe iyi nama, yavuze ko “Hagati ya tariki 29 na 31 Ukwakira 2024, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yitabiriye Inama ya 23 ya COMESA i Bujumbura.”

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe kandi yifashishije amafoto anyuranye ya Minisitiri Prudence Sebahizi, arimo iyo ari kumwe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye.

Iyi nama yabaye mu gihe umubano w’u Rwanda n’u Burundi utifashe neza, wanatumye u Burundi bufata icyemezo cyo gufunga imipaka ibuhuza n’u Rwanda.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe, mu kiganiro yagiranye na CSIS, yagarutse kuri ibi bibazo biri hagati y’u Rwanda n’u Burundi, avuga ko bikomoka ku bibazo by’u Burundi ubwabwo.

Kabarebe wavuze ko umwuka mubi watangiye ubwo habaga igikorwa cyo kugerageza guhirika ubutegetsi mu Burundi muri 2015, yatangaje ko nubwo umubano w’Ibihugu byombi umaze iminsi urimo igitotsi, ariko ko hari kuba ibiganiro kandi biri gutanga icyizere.

Gen (Rtd) James Kabarebe, avuga ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda n’u Burundi, bidakomeye ku buryo bitabonerwa umuti, kandi ko ibi Bihugu byombi bifite byinshi bisangiye ku buryo gutokora igitotsi cyaba kiri hagati yabyo, ari bintu bishoboka.

Minisitiri Sebahizi witabiriye Inama ya COMESA yabereye i Bujumbura
Muri iyi nama habayeho ihererekanyabubasha hagati y’umuyobozi mushya wa COMESA n’ucyuye igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − seven =

Previous Post

Uko ukurikiranyweho kwica urw’agashinyaguro umugore we abyisobanuraho

Next Post

Kiliziya Gatulika muri Congo yahaye umukoro Perezida Tshisekedi

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika
AMAHANGA

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiliziya Gatulika muri Congo yahaye umukoro Perezida Tshisekedi

Kiliziya Gatulika muri Congo yahaye umukoro Perezida Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.