Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Minisitiri Sebahizi wahagarariye Perezida Kagame mu nama i Burundi yabonanye na Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
01/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IFOTO: Minisitiri Sebahizi wahagarariye Perezida Kagame mu nama i Burundi yabonanye na Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi witabiriye Inama ya 23 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize COMESA yabereye i Bujumbura mu Burundi, yanabonanye na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Ibikorwa by’iyi nama byabaye hagati ya tariki 29 kugeza ku ya 31 Ukwakira 2024, ubwo hasozwaga iyi nama yanabereyemo ihererekanyabubasha hagati y’Umuyobozi mushya wa COMESA, Perezida Evariste Ndayishimiye n’uwo asimbuye Perezida wa Zambia, Haikande Hichilema.

Nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Ugushyingo 2024, nyuma y’amasaha macye hasojwe iyi nama, yavuze ko “Hagati ya tariki 29 na 31 Ukwakira 2024, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yitabiriye Inama ya 23 ya COMESA i Bujumbura.”

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe kandi yifashishije amafoto anyuranye ya Minisitiri Prudence Sebahizi, arimo iyo ari kumwe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye.

Iyi nama yabaye mu gihe umubano w’u Rwanda n’u Burundi utifashe neza, wanatumye u Burundi bufata icyemezo cyo gufunga imipaka ibuhuza n’u Rwanda.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe, mu kiganiro yagiranye na CSIS, yagarutse kuri ibi bibazo biri hagati y’u Rwanda n’u Burundi, avuga ko bikomoka ku bibazo by’u Burundi ubwabwo.

Kabarebe wavuze ko umwuka mubi watangiye ubwo habaga igikorwa cyo kugerageza guhirika ubutegetsi mu Burundi muri 2015, yatangaje ko nubwo umubano w’Ibihugu byombi umaze iminsi urimo igitotsi, ariko ko hari kuba ibiganiro kandi biri gutanga icyizere.

Gen (Rtd) James Kabarebe, avuga ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda n’u Burundi, bidakomeye ku buryo bitabonerwa umuti, kandi ko ibi Bihugu byombi bifite byinshi bisangiye ku buryo gutokora igitotsi cyaba kiri hagati yabyo, ari bintu bishoboka.

Minisitiri Sebahizi witabiriye Inama ya COMESA yabereye i Bujumbura
Muri iyi nama habayeho ihererekanyabubasha hagati y’umuyobozi mushya wa COMESA n’ucyuye igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 5 =

Previous Post

Uko ukurikiranyweho kwica urw’agashinyaguro umugore we abyisobanuraho

Next Post

Kiliziya Gatulika muri Congo yahaye umukoro Perezida Tshisekedi

Related Posts

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’umuceri bahinga mu gishanga cya Rwasave, giherereye mu Karere ka Gisagara gihana imbibi n’aka Huye, baravuga ko...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiliziya Gatulika muri Congo yahaye umukoro Perezida Tshisekedi

Kiliziya Gatulika muri Congo yahaye umukoro Perezida Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.