Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Minisitiri Sebahizi wahagarariye Perezida Kagame mu nama i Burundi yabonanye na Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
01/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IFOTO: Minisitiri Sebahizi wahagarariye Perezida Kagame mu nama i Burundi yabonanye na Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi witabiriye Inama ya 23 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize COMESA yabereye i Bujumbura mu Burundi, yanabonanye na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Ibikorwa by’iyi nama byabaye hagati ya tariki 29 kugeza ku ya 31 Ukwakira 2024, ubwo hasozwaga iyi nama yanabereyemo ihererekanyabubasha hagati y’Umuyobozi mushya wa COMESA, Perezida Evariste Ndayishimiye n’uwo asimbuye Perezida wa Zambia, Haikande Hichilema.

Nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Ugushyingo 2024, nyuma y’amasaha macye hasojwe iyi nama, yavuze ko “Hagati ya tariki 29 na 31 Ukwakira 2024, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yitabiriye Inama ya 23 ya COMESA i Bujumbura.”

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe kandi yifashishije amafoto anyuranye ya Minisitiri Prudence Sebahizi, arimo iyo ari kumwe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye.

Iyi nama yabaye mu gihe umubano w’u Rwanda n’u Burundi utifashe neza, wanatumye u Burundi bufata icyemezo cyo gufunga imipaka ibuhuza n’u Rwanda.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe, mu kiganiro yagiranye na CSIS, yagarutse kuri ibi bibazo biri hagati y’u Rwanda n’u Burundi, avuga ko bikomoka ku bibazo by’u Burundi ubwabwo.

Kabarebe wavuze ko umwuka mubi watangiye ubwo habaga igikorwa cyo kugerageza guhirika ubutegetsi mu Burundi muri 2015, yatangaje ko nubwo umubano w’Ibihugu byombi umaze iminsi urimo igitotsi, ariko ko hari kuba ibiganiro kandi biri gutanga icyizere.

Gen (Rtd) James Kabarebe, avuga ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda n’u Burundi, bidakomeye ku buryo bitabonerwa umuti, kandi ko ibi Bihugu byombi bifite byinshi bisangiye ku buryo gutokora igitotsi cyaba kiri hagati yabyo, ari bintu bishoboka.

Minisitiri Sebahizi witabiriye Inama ya COMESA yabereye i Bujumbura
Muri iyi nama habayeho ihererekanyabubasha hagati y’umuyobozi mushya wa COMESA n’ucyuye igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 10 =

Previous Post

Uko ukurikiranyweho kwica urw’agashinyaguro umugore we abyisobanuraho

Next Post

Kiliziya Gatulika muri Congo yahaye umukoro Perezida Tshisekedi

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiliziya Gatulika muri Congo yahaye umukoro Perezida Tshisekedi

Kiliziya Gatulika muri Congo yahaye umukoro Perezida Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.