• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

IFOTO: Mu muhango warimo Museveni Umujenerali yasengeye Igihugu yapfukamye n’amavi ku butaka

radiotv10by radiotv10
11/03/2022
in Uncategorized
0
IFOTO: Mu muhango warimo Museveni Umujenerali yasengeye Igihugu yapfukamye n’amavi ku butaka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango uzwi nka Tarehe Sita wibukirwamo ibikorwa bya Gisirikare muri Uganda, Umugaba Mukuru w’Ingabo Wungirije muri iki Gihugu, LT Gen Peter Elwelu yasengeye Igihugu yapfukamye hasi ku butaka.

Umunsi mukuru wa Tarehe Sita wo kwibuka tariki 06 Gashyantare 1981, ubwo abasirikare 42 barimo 27 bafite imbunda bagabye igitero ku kigo cya gisirikare cya Kabamba muri Mubende, kiba imbarutso y’iherezo ry’ubutegetsi bwa Milton Obote.

Muri uyu muhango witabiriwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni, wabereye ahasanzwe habera ibirori hazwi nka Kololo.

Aya masengesho yo gushimira Imana y’Igisirikare cya Uganda, yari afite insanganyamatsiko y’umurongo wo muri Bibiliya wa Zaburi 118:17 ugira uti “Sinzapfa ahubwo nzarama, Ntekerereze abantu imirimo Uwiteka yakoze.”

Muri uyu muhango, Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo za Uganda, LT Gen Peter Elwelu yinjiye mu masengesho abayitabiriye, atangiza aya masengesho asenga apfukamye ku buataka hasi.

Bamwe mu Banya-Uganda bashimye uburyo uyu Murisikare mukuru yicishije bugufi agashyira amavi hasi ashima Imana ibyo yakoreye Abanya-Uganda ndetse n’abasirikare batsinze urugamba rwatangijwe na Museveni.

Uwitwa Okiria Charles yagize ati “Twifurije kuramba UPDF, mu izina ry’Imana twizereramo ndetse n’Igihugu cyanjye.”

Uwitwa Rukaar Daniel na we yagize ati “Ni iby’agaciro kuba Uganda ifite Abasirikare bakomeye nka we, ibyiza biri imbere mu Gihugu iki Gihugu cyatoranyijwe n’Imana.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Perezida wa mbere w’Umugore akimara gutorwa yavuze ijambo rikomeye ku by’u Burusiya na Ukraine

Next Post

Umukozi w’Urukiko rw’Ikirenga ngo amafaranga yafatanywe akitwa ruswa ni ayo yishyurwaga

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Umukozi w’Urukiko rw’Ikirenga ngo amafaranga yafatanywe akitwa ruswa ni ayo yishyurwaga

Umukozi w’Urukiko rw’Ikirenga ngo amafaranga yafatanywe akitwa ruswa ni ayo yishyurwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.