Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

IFOTO: Mu muhango warimo Museveni Umujenerali yasengeye Igihugu yapfukamye n’amavi ku butaka

radiotv10by radiotv10
11/03/2022
in Uncategorized
0
IFOTO: Mu muhango warimo Museveni Umujenerali yasengeye Igihugu yapfukamye n’amavi ku butaka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango uzwi nka Tarehe Sita wibukirwamo ibikorwa bya Gisirikare muri Uganda, Umugaba Mukuru w’Ingabo Wungirije muri iki Gihugu, LT Gen Peter Elwelu yasengeye Igihugu yapfukamye hasi ku butaka.

Umunsi mukuru wa Tarehe Sita wo kwibuka tariki 06 Gashyantare 1981, ubwo abasirikare 42 barimo 27 bafite imbunda bagabye igitero ku kigo cya gisirikare cya Kabamba muri Mubende, kiba imbarutso y’iherezo ry’ubutegetsi bwa Milton Obote.

Muri uyu muhango witabiriwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni, wabereye ahasanzwe habera ibirori hazwi nka Kololo.

Aya masengesho yo gushimira Imana y’Igisirikare cya Uganda, yari afite insanganyamatsiko y’umurongo wo muri Bibiliya wa Zaburi 118:17 ugira uti “Sinzapfa ahubwo nzarama, Ntekerereze abantu imirimo Uwiteka yakoze.”

Muri uyu muhango, Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo za Uganda, LT Gen Peter Elwelu yinjiye mu masengesho abayitabiriye, atangiza aya masengesho asenga apfukamye ku buataka hasi.

Bamwe mu Banya-Uganda bashimye uburyo uyu Murisikare mukuru yicishije bugufi agashyira amavi hasi ashima Imana ibyo yakoreye Abanya-Uganda ndetse n’abasirikare batsinze urugamba rwatangijwe na Museveni.

Uwitwa Okiria Charles yagize ati “Twifurije kuramba UPDF, mu izina ry’Imana twizereramo ndetse n’Igihugu cyanjye.”

Uwitwa Rukaar Daniel na we yagize ati “Ni iby’agaciro kuba Uganda ifite Abasirikare bakomeye nka we, ibyiza biri imbere mu Gihugu iki Gihugu cyatoranyijwe n’Imana.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Perezida wa mbere w’Umugore akimara gutorwa yavuze ijambo rikomeye ku by’u Burusiya na Ukraine

Next Post

Umukozi w’Urukiko rw’Ikirenga ngo amafaranga yafatanywe akitwa ruswa ni ayo yishyurwaga

Related Posts

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukozi w’Urukiko rw’Ikirenga ngo amafaranga yafatanywe akitwa ruswa ni ayo yishyurwaga

Umukozi w’Urukiko rw’Ikirenga ngo amafaranga yafatanywe akitwa ruswa ni ayo yishyurwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.