Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Umugaba Mukuru wa RDF, uwa FARDC n’abandi bo muri EAC bahuriye mu nama

radiotv10by radiotv10
22/06/2022
in MU RWANDA
0
IFOTO: Umugaba Mukuru wa RDF, uwa FARDC n’abandi bo muri EAC bahuriye mu nama

Abagaba Bakuru b'Ingabo zo mu Bihugu bigize EAC barahuye baganira ku iyoherezwa ry'iri tsinda

Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) uw’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), uw’iza Uganda (UPDF), uw’iz’u Burundi (FDNB), uw’iza Tanzania (TPDF), uw’iza Sudani y’Epfo (SSPDF), n’uw’iza Kenya (KDF), baherutse guhurira i Nairobi.

Iyi nama yahuje Abagaba Bakuru b’Ingabo z’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, yabaye ku Cyumweru tariki 19 Kamena 2022, yiga ku iyoherezwa ry’itsinda ry’ingabo rihuriweho rizajya kurandura imitwe yitwaje intwaro yakunze kuyogoza Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi nama yamenyekanye mbere yuko iba nyuma yuko byemejewe na Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya unayoboye EAC ubwo yemezaga ko iri tsinda rigomba gutangira, yabaye mu mpera z’icyumweru gishize ariko nta makuru yayo arambuye yagiye hanze.

amakuru ahari ubu, ni uko iyi nama yitabiriye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura, uw’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gen Celestin Mbala, uw’u Burundi, Gen Prime Niyongabo.

Iyi nama kandi yanitabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania, Gen Venance Mabeyo, uw’Ingabo za Uganda, Gen Wilson Mbaddi, uw’Ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Santino Deng Wol ndetse n’uw’Ingabo za Kenya Gen Robert Kiboch wanayakiriye.

Iyi nama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu bigize Afurika y’Iburasirazuba, yaganiriwemo inzira ndetse n’amategeko bigomba kugenderwaho mu kohereza itsinda ry’ingabo rihuriweho mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guhashya imitwe yitwaje intwaro yakomeje kuhayogoza.

Iyi nama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo, yakurikiwe n’iy’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC yabaye tariki 20 Kamena 2022, ikongera kwemeza iyoherezwa ry’iri tsinda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + nine =

Previous Post

M23 yagaragaje aho ihagaze ku myanzuro y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC

Next Post

Huye: Uwemera ko yasambanyije umwana w’imyaka 7 abitewe n’amadayimoni na Primus yakatiwe

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Huye: Uwemera ko yasambanyije umwana w’imyaka 7 abitewe n’amadayimoni na Primus yakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.