Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Umugaba Mukuru wa RDF, uwa FARDC n’abandi bo muri EAC bahuriye mu nama

radiotv10by radiotv10
22/06/2022
in MU RWANDA
0
IFOTO: Umugaba Mukuru wa RDF, uwa FARDC n’abandi bo muri EAC bahuriye mu nama

Abagaba Bakuru b'Ingabo zo mu Bihugu bigize EAC barahuye baganira ku iyoherezwa ry'iri tsinda

Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) uw’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), uw’iza Uganda (UPDF), uw’iz’u Burundi (FDNB), uw’iza Tanzania (TPDF), uw’iza Sudani y’Epfo (SSPDF), n’uw’iza Kenya (KDF), baherutse guhurira i Nairobi.

Iyi nama yahuje Abagaba Bakuru b’Ingabo z’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, yabaye ku Cyumweru tariki 19 Kamena 2022, yiga ku iyoherezwa ry’itsinda ry’ingabo rihuriweho rizajya kurandura imitwe yitwaje intwaro yakunze kuyogoza Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi nama yamenyekanye mbere yuko iba nyuma yuko byemejewe na Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya unayoboye EAC ubwo yemezaga ko iri tsinda rigomba gutangira, yabaye mu mpera z’icyumweru gishize ariko nta makuru yayo arambuye yagiye hanze.

amakuru ahari ubu, ni uko iyi nama yitabiriye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura, uw’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gen Celestin Mbala, uw’u Burundi, Gen Prime Niyongabo.

Iyi nama kandi yanitabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania, Gen Venance Mabeyo, uw’Ingabo za Uganda, Gen Wilson Mbaddi, uw’Ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Santino Deng Wol ndetse n’uw’Ingabo za Kenya Gen Robert Kiboch wanayakiriye.

Iyi nama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu bigize Afurika y’Iburasirazuba, yaganiriwemo inzira ndetse n’amategeko bigomba kugenderwaho mu kohereza itsinda ry’ingabo rihuriweho mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guhashya imitwe yitwaje intwaro yakomeje kuhayogoza.

Iyi nama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo, yakurikiwe n’iy’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC yabaye tariki 20 Kamena 2022, ikongera kwemeza iyoherezwa ry’iri tsinda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

M23 yagaragaje aho ihagaze ku myanzuro y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC

Next Post

Huye: Uwemera ko yasambanyije umwana w’imyaka 7 abitewe n’amadayimoni na Primus yakatiwe

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Huye: Uwemera ko yasambanyije umwana w’imyaka 7 abitewe n’amadayimoni na Primus yakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.