Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igice cy’umubiri cyari cyabuze cy’uwarokotse Jenoside wishwe urw’agashinyaguro cyabonetse

radiotv10by radiotv10
19/11/2024
in MU RWANDA
0
Ibuka yamaganye ubwicanyi bwakorewe Abarokotse barimo umukecuru wishwe urw’agashinyaguro inavuga ikibabaje cyagaragaye
Share on FacebookShare on Twitter

Igice cy’umubiri wa nyakwigendera Pauline Nduwamungu warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi uherutse kwicirwa mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma agacibwa umutwe, cyabonetse mu musarani wo mu rugo rwe.

Nyakwigendera Pauline Nduwamungu yishwe tariki 14 Ugushyingo ariko umubiri we uboneka bucyeye bwaho tariki 15 Ugushyingo 2024, ariko haboneka igihimba gusa mu kimoteri iwe aho atuye mu Mudugudu wa Akabungo mu Kagari ka Rubago mu Murenge wa Rukumberi.

Ni igikorwa cyashenguye benshi, ndetse ibi bikorwa bikaba bikomeje kwamaganirwa kure, kuba nyuma y’imyaka 30 habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, abayirokotse bakaba bagihohoterwa.

Perezida wa Ibuka mu Karere ka Ngoma, Omar Biseruka avuga ko nyakwigendera yabanaga n’umwana ariko wiga aba ku ishuri.

Akomeza avuga ko nyuma yuko igihimba cya nyakwigendera kibonetse mu kimoteri cyari iwe, umutwe we na wo waje kuboneka mu musarani wo mu rugo rwe.

Aganira na The New Times kuri uyu wa Mbere, Biseruka yagize ati “Abakora iperereza bakomeje kudufasha bataye muri yombi bamwe mu bakekwa mu gihe iperereza rigikomeje. Umutwe we wabonetse ejo [ku Cyumweru] nijoro mu bwiherero bwe aho abicanyi bari bawujugunye.”

Akomeza avuga ko urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rugikomeje gukora iperereza, bityo ko mu gihe hagitegerejwe ibizavamo, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bakwiye gukomeza kwihangana bagategereza ibizagaragaza abagize uruhare muri ubu bwicanyi.

Ati “Turasaba abaturage n’abaturanyi ba nyakwigendera gutanga amakuru yatuma hafatwa aba banyabyaha ndetse n’andi makuru yose y’ihohoterwa rishobora gukorerwa abarokotse Jenoside.”

Biseruka avuga ko Nyakwigendera Nduwamungu Pauline, atarashyingurwa, ahubwo ko azaherekezwa nyuma yuko RIB irangije iperereza.

Nyakwigendera Pauline yabaye uwa gatanu warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wishwe muri aya mezi atatu, nyuma y’abandi biciwe mu Turere turimo Nyaruguru, Karongi na Ruhango, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihuru, Dr Jean Damascene Bizimana, ubwo yatangaga ikiganiro mu ihuriro rya 17 ry’Umuryango Unity Club Intwaramuri ryabaye mu mpera z’icyumweru gishize.

Perezida wa Ibuka ku rwego rw’Igihugu, Ahishakiye Napthal, yamaganye ibikorwa nk’ibi byibasira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko ikibabaje ari uko hari aho biba nyamara bikamenywa n’abaturage baba baturanye, ariko bakaruca bakarumira.

Yagize ati “Rimwe na rimwe n’ibimenyetso bikagaragaza ko batatse, bikanagaragaza ko hari abaturanyi babyumvise, ku buryo rimwe na rimwe iyo umaze gusesengura ibyo bintu usanga atari n’icyaha cyakozwe n’umuntu umwe, babiri cyangwa batatu baba bafashwe bakekwa, ukabona ni icyaha cy’umusozi, kuko usanga umuntu yatatse hakamenyekana ko hari n’abantu babyumvise ntibatabare yewe bakanacecekesha n’umuntu uwo ari we wese utabariza uwo muntu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 9 =

Previous Post

America yasabwe gukuraho ingamba yari yafashe kubera Marburg zabangamiye u Rwanda

Next Post

Amavubi aratashye nyuma yo gukora ibyo yasabwaga ntibitatange umusaruro (AMAFOTO)

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi aratashye nyuma yo gukora ibyo yasabwaga ntibitatange umusaruro (AMAFOTO)

Amavubi aratashye nyuma yo gukora ibyo yasabwaga ntibitatange umusaruro (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.