Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Igihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo cyakuwe mu irushanwa kubera amanyanga atihanganirwa

radiotv10by radiotv10
02/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Igihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo cyakuwe mu irushanwa kubera amanyanga atihanganirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Sudan y’Epfo, yakuwe mu mikino y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 17 (AFCON U17) iri kubera muri Algeria, kuko yabeshye imyaka ya bamwe mu bakinnyi bayo.

Iki Gihugu cyakuwe muri iri rushanwa nyuma yuko ibizamini byafashwe byagaragaje ndetse binemeza ko abakinnyi bayo 5 barengeje iyo myaka 17.

Abakinnyi bavutse ku ya mbere Mutarama 2006, cyangwa nyuma yaho gato, bo bemerewe gukina muri iri rushanwa ry’uyu mwaka.

Mu gushimangira ko abitabiriye iyi AFCON U17 batarengeje iyo myaka kandi bakaba bujuje ibisabwa n’iri rushanwa, ibizamini bigaragaza imyaka yabo byafashwe ku ya 26 Mata 2023.

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Sudan y’Epfo, bwavuze ko bwajuririye iki cyemezo kuri Komite y’abaganga ba CAF, ariko ko ubu bujurire bwatewe utwatsi nyuma y’uko ibizamini bya mbere n’ibya kabiri byerekanye ibisubizo bimwe.

Mu kwezi k’Uwakira k’umwaka ushize, ni bwo iyi Sudan y’Epfo yabonye itike yo gukina iyi mikino y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 17 ku nshuro yayo ya mbere, nyuma gukuramo Tanzania kuri penaliti 4-3.

Iki Gihugu cya Sudan y’Epfo kikaba cyari kiri mu itsinda rya 3, hamwe na Mali, Burkina Faso na Cameroon.

Amakipe ane (4) azaba aya mbere muri iri rushanwa ry’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 17, muri uyu mwaka wa 2023, azahagararira umugabane wa Afurika muri FIFA U17 World Cup (igikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 17).

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 13 =

Previous Post

Jolly yahuye na Miss Uganda ufite amaraso y’Ubunyarwanda aramutaka karahava

Next Post

Abasirikare ba Uganda bitwaje ibifaru bagaragaye berecyeza mu kandi gace muri Congo

Related Posts

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

by radiotv10
07/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yasinyishije rutahizamu w’Umunya- Côte d'Ivoire, William Togui Mel wari umaze iminsi avugwaho kuzinjira muri...

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

by radiotv10
07/07/2025
0

Two football icons with global recognition, Jay-Jay Okocha and Didier Domi, have arrived in Rwanda as part of a five-day...

Abafite amazina azwi ku Isi mu mupira w’amaguru barimo Jay-Jay Okocha bageze mu Rwanda

Abafite amazina azwi ku Isi mu mupira w’amaguru barimo Jay-Jay Okocha bageze mu Rwanda

by radiotv10
07/07/2025
0

Abanyabigwi babiri mu mupira w’amaguru, Jay-Jay Okocha na Didier Domi, bakiniye ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, bari...

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

by radiotv10
04/07/2025
0

Mu birori byo kwizihiza imyaka 32 ishize hashinzwe Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, byabereye ku Mulindi ahavukiye iyi kipe,...

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

by radiotv10
03/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC inafite igikombe cya Shampiyona initegura kuzahagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika, yatangiye imyitozo igaragaramo...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare ba Uganda bitwaje ibifaru bagaragaye berecyeza mu kandi gace muri Congo

Abasirikare ba Uganda bitwaje ibifaru bagaragaye berecyeza mu kandi gace muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.