Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyatangaje igihano gishobora kuzajya gihanisha abatinganyi

radiotv10by radiotv10
10/03/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyatangaje igihano gishobora kuzajya gihanisha abatinganyi
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda yatangije umushinga w’Itegeko ryo guhana abaryamana bahuje ibitsina [Bazwi nk’Abatinganyi] uteganya n’igihano cy’igifungo gishobora kuzajya gihabwa abahamijwe iki cyaha.

Ni umushinga watangiye kuganirwaho n’Abashingamategeko b’Inteko ya Uganda kuri uyu wa Kane tariki 09 Werurwe 2023 dore ko muri iki Gihugu ubutinganyi busanzwe butemewe.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Annet Anita Among, yavuze ko ibi byakozwe ari intambwe ya mbere igamije gutuma abakora ubutinganyi babihanirwa bikajya mu itegeko.

Yavuze ko hazabaho igikorwa cyo kumva ibitekerezo bya rubanda, aho abakora ubutinganyi na bo bashobora kuzatanga ibitekerezo byabo mbere yuko Inteko itora iri tegeko.

Yagize ati “Mureke tuzabanze twumve ibitekerezo by’abaturage barimo n’abaryamana bahuje ibitsina na bo muzareke baze.”

Ni itegeko ryaba rije mu gihe n’ubundi Guverinoma ya Uganda yari imaze iminsi ivuga ko idashobora kwihanganira ibikorwa by’ubutinganyi ndetse no kubyamamaza dore ko hari impungenge zo kuba bukomeje kwamamazwa ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu mushinga w’itegeko ryo guhana abatinganyi, uteganya ko uzajya ahamwa n’iki cyaha, yazajya ahanishwa igifungo cy’imyaka 10 afungiye muri gereza.

Perezida w’inteko ya Uganda, Anita Among yavuze ko mu gutora uyu mushinga w’itegeko, Abadepite bazatora ku mugaragaro imbere ya rubanda n’imbere y’abaryamana bahuje ibitsina.

Abwira Abadepite bagenzi be, Anita Among yagize ati “Iki ni cyo gihe mugiye kugaragaza niba muri abatinganyi cyangwa mutari bo.”

Guverinoma ya Uganda isanzwe izwiho kwamaganira kure ibikorwa by’ubutinganyi, byumwihariko Perezida w’iki Gihugu, Yoweri Kaguta Museveni akaba yarakunze kumvikana kenshi abwamaganira kure, avuga ko adateze kwemera ko bumugerera mu Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Bitunguranye Rayon yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe kikababaza abafana bayo

Next Post

Ngo hari n’uwo yaciriyeho ikariso: Bagaragaje ibyo bakorerwa n’umuyobozi wabo bafata nk’agahomamunwa

Related Posts

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

by radiotv10
07/07/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) byakomeje ibitero byabyo bihuriyeho mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
07/07/2025
0

  Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kohereza ku bwinshi abasirikare ndetse n’intwaro nyinshi...

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
1

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngo hari n’uwo yaciriyeho ikariso: Bagaragaje ibyo bakorerwa n’umuyobozi wabo bafata nk’agahomamunwa

Ngo hari n'uwo yaciriyeho ikariso: Bagaragaje ibyo bakorerwa n’umuyobozi wabo bafata nk’agahomamunwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.