Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza

radiotv10by radiotv10
27/05/2025
in MU RWANDA
0
Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza
Share on FacebookShare on Twitter

Mu murima w’umuturage wo mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, habonetse imbunda yari itabye, bikekwa ko ari iyahasizwe n’abahoze ari abasirikare b’ubutegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iyi mbunda yataburuwe mu murima w’umuturage utuye mu Mudugudu wa Karambo B mu Kagari ka Gishike muri uyu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza.

Amakuru avuga ko uyu murima w’umukecuru w’imyaka 70 y’amavuko, wari umaze igihe kinini udahingwa, aho wari uri guhingwamo n’umugabo ari na we wabonye iyi mbunda.

Amakuru y’iyi mbunda yabonetse mu murima w’umuturage, yanemejwe n’Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Nyanza, Patrick Kajyambere, wabyemereye ikinyamakuru cyitwa Umuseke dukesha aya makuru.

Uyu muyobozi yavuze ko ubuyobozi na bwo bwamenye amakuru y’iyi mbunda yabonetse mu murima, buyabwiwe n’abaturage bo muri aka gace yabonetsemo.

Patrick Kajyambere yatangaje ko muri aka gace kabonetsemo imbunda, kanyuzemo abahoze ari abasirikare b’Ubutegetsi bwa Juvenal Habyarimana, ubwo bariho bahunga nyuma yo gutsindwa urugamba n’ingabo zahoze ari RPA zahagaritse Jenoside yariho ikorerwa Abatutsi zikanabohora Igihugu.

Ababonye iyi mbunda ikimara gukurwa mu butaka, bavuga ko yari izingazingiye mu mashashi no mu mufuka, ku buryo uwari wayihatabye, yari yabigambiriye.

Uyu murima wabonetsemo imbunda wari umaze igihe kinini udahingwa kubera ibibazo by’amakimbirane byari hagati y’abawuguze, dore nyirawo yahimutse akajya gutura mu Murenge wa Mukingo n’ubundi mu Karere ka Nyanza.

Ubwo iyi mbunda yari ikimara kubonwa n’abaturage, bahise babimenyesha inzego z’ibanze ndetse n’iz’umutekano, zahise ziyijyana ku Biro by’Umurenge wa Rwabicuma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Kirehe: Uri mu buzima bubabaje hari icyo abaturanyi be bamusabira

Next Post

Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.