• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza

radiotv10by radiotv10
27/05/2025
in MU RWANDA
0
Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza
Share on FacebookShare on Twitter

Mu murima w’umuturage wo mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, habonetse imbunda yari itabye, bikekwa ko ari iyahasizwe n’abahoze ari abasirikare b’ubutegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iyi mbunda yataburuwe mu murima w’umuturage utuye mu Mudugudu wa Karambo B mu Kagari ka Gishike muri uyu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza.

Amakuru avuga ko uyu murima w’umukecuru w’imyaka 70 y’amavuko, wari umaze igihe kinini udahingwa, aho wari uri guhingwamo n’umugabo ari na we wabonye iyi mbunda.

Amakuru y’iyi mbunda yabonetse mu murima w’umuturage, yanemejwe n’Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Nyanza, Patrick Kajyambere, wabyemereye ikinyamakuru cyitwa Umuseke dukesha aya makuru.

Uyu muyobozi yavuze ko ubuyobozi na bwo bwamenye amakuru y’iyi mbunda yabonetse mu murima, buyabwiwe n’abaturage bo muri aka gace yabonetsemo.

Patrick Kajyambere yatangaje ko muri aka gace kabonetsemo imbunda, kanyuzemo abahoze ari abasirikare b’Ubutegetsi bwa Juvenal Habyarimana, ubwo bariho bahunga nyuma yo gutsindwa urugamba n’ingabo zahoze ari RPA zahagaritse Jenoside yariho ikorerwa Abatutsi zikanabohora Igihugu.

Ababonye iyi mbunda ikimara gukurwa mu butaka, bavuga ko yari izingazingiye mu mashashi no mu mufuka, ku buryo uwari wayihatabye, yari yabigambiriye.

Uyu murima wabonetsemo imbunda wari umaze igihe kinini udahingwa kubera ibibazo by’amakimbirane byari hagati y’abawuguze, dore nyirawo yahimutse akajya gutura mu Murenge wa Mukingo n’ubundi mu Karere ka Nyanza.

Ubwo iyi mbunda yari ikimara kubonwa n’abaturage, bahise babimenyesha inzego z’ibanze ndetse n’iz’umutekano, zahise ziyijyana ku Biro by’Umurenge wa Rwabicuma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 13 =

Previous Post

Kirehe: Uri mu buzima bubabaje hari icyo abaturanyi be bamusabira

Next Post

Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.