Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwa nk’intandaro yatumye umugore akata igitsina cy’umugabo we n’urwembe kikenda gucika

radiotv10by radiotv10
20/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
2
Igikekwa nk’intandaro yatumye umugore akata igitsina cy’umugabo we n’urwembe kikenda gucika
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, umugore ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho guhengera umugabo we asinziriye akamukata igitsina kikenda kuvaho. Bivugwa ko basanzwe bafitanye amakimbirane ashingiye ku bibazo birimo kuba umugore ashinja umugabo we kumuca inyuma.

Uyu mugore w’imyaka 31 y’amavuko ubu ufungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kagano, akekwaho gukora iki cyaha mu ijoro rishyira tariki 17 Gashyantare 2025, ubwo yahengeraga umugabo we asinziriye agafata urwembe agakata igitsina cye.

Uwakaswe igitsina we ubu ari kuvurirwa mu Bitaro bya Kibogora, nyuma yuko yari yabanje kujyanwa ku Kigo Nderabuzima, kigahita kimwohereza mu Bitaro dore ko yaviriranaga cyane, aho bivugwa ko uru rugingo rwe rwendaga kuvaho, ariko ntirwacitse burundu.

Ni icyaha cyabereye aho basanzwe batuye mu Mudugudu wa Rambira wo mu Kagari ka Shara mu Murenge wa Kagano, ndetse ukekwaho kugikora akaba yari yabanje gucika, akaza gufatwa mu gitondo cyo ku ya 17 Gashyantare.

Umuyobozi w’uyu Mudugudu wa Rambira, Sinumvayabo Simeon, avuga ko uyu muryango usanzwe ubana mu makimbirane ashingiye ku byo bombi bashinjanya, aho umugabo ashinja umugore ubusinzi, na we akamushinja kumuca inyuma.

Uyu muyobozi wagezeyo ubwo byari bikimara kuba nyuma yuko abana b’aba bombi bari batabaje, yagize ati “Mpageze nsanga koko ni ko bimeze, amaraso yarenze icyumba bararamo ari menshi akwira mu ruganiriro, ntabaza abandi baturanyi baraza.”

Ubwo umugore yakataga uriya mwanya mwibarukiro w’umugabo we, bari babanje kugirana intonganya zabereye ku isoko rya Kirambo mu Murenge wa Kanjongo ubwo umugabo yasangagayo umugore we, bakavugana nabi.

Uyu Muyobozi avuga kandi ko atari ubwa mbere habayemo gukomeretsanya hagati y’aba, kuko no mu mezi arindwi ashize, uyu mugore yari yateye icyuma umugabo we amukomeretsa ku itako, ariko ubuyobozi bukaza kubunga bagasubirana.

Ikibazo cy’uyu muryango kandi gisanzwe kinazwi n’Ubuyobozi bw’Akarere, nk’uko byemejwe n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, Mukankusi Athanasie.

Yagize ati “Urugo rwabo rwari mu zo dufite zibanye nabi mu Karere, twagerageje kunga bikananirana. Banabanaga bitemewe n’amategeko.”

Uyu muyobozi yageneye ubutumwa imiryango, ayisaba kwirinda ko amakimbirane agera ku rwego nk’uru rwo kuba umwe mu bashakanye ashaka kwivugana mugenzi we, ahubwo ko igihe hari ibibazo bajya babimenyesha inzego zikabafasha kubikemura amazi atararenga inkombe.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Kwizera ôzil says:
    10 months ago

    Ubu ko yipfakaje kare koko!

    Reply
  2. Kwizera ôzil says:
    10 months ago

    Ubuse ko yipfakaje kare koko!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 5 =

Previous Post

Menya Amakipe yageze muri 1/4 cy’icy’Amahoro n’uko azahura

Next Post

Deficit of leadership or absence of leadership?

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Deficit of leadership or absence of leadership?

Deficit of leadership or absence of leadership?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.