Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwa nk’intandaro yatumye umugore akata igitsina cy’umugabo we n’urwembe kikenda gucika

radiotv10by radiotv10
20/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
2
Igikekwa nk’intandaro yatumye umugore akata igitsina cy’umugabo we n’urwembe kikenda gucika
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, umugore ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho guhengera umugabo we asinziriye akamukata igitsina kikenda kuvaho. Bivugwa ko basanzwe bafitanye amakimbirane ashingiye ku bibazo birimo kuba umugore ashinja umugabo we kumuca inyuma.

Uyu mugore w’imyaka 31 y’amavuko ubu ufungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kagano, akekwaho gukora iki cyaha mu ijoro rishyira tariki 17 Gashyantare 2025, ubwo yahengeraga umugabo we asinziriye agafata urwembe agakata igitsina cye.

Uwakaswe igitsina we ubu ari kuvurirwa mu Bitaro bya Kibogora, nyuma yuko yari yabanje kujyanwa ku Kigo Nderabuzima, kigahita kimwohereza mu Bitaro dore ko yaviriranaga cyane, aho bivugwa ko uru rugingo rwe rwendaga kuvaho, ariko ntirwacitse burundu.

Ni icyaha cyabereye aho basanzwe batuye mu Mudugudu wa Rambira wo mu Kagari ka Shara mu Murenge wa Kagano, ndetse ukekwaho kugikora akaba yari yabanje gucika, akaza gufatwa mu gitondo cyo ku ya 17 Gashyantare.

Umuyobozi w’uyu Mudugudu wa Rambira, Sinumvayabo Simeon, avuga ko uyu muryango usanzwe ubana mu makimbirane ashingiye ku byo bombi bashinjanya, aho umugabo ashinja umugore ubusinzi, na we akamushinja kumuca inyuma.

Uyu muyobozi wagezeyo ubwo byari bikimara kuba nyuma yuko abana b’aba bombi bari batabaje, yagize ati “Mpageze nsanga koko ni ko bimeze, amaraso yarenze icyumba bararamo ari menshi akwira mu ruganiriro, ntabaza abandi baturanyi baraza.”

Ubwo umugore yakataga uriya mwanya mwibarukiro w’umugabo we, bari babanje kugirana intonganya zabereye ku isoko rya Kirambo mu Murenge wa Kanjongo ubwo umugabo yasangagayo umugore we, bakavugana nabi.

Uyu Muyobozi avuga kandi ko atari ubwa mbere habayemo gukomeretsanya hagati y’aba, kuko no mu mezi arindwi ashize, uyu mugore yari yateye icyuma umugabo we amukomeretsa ku itako, ariko ubuyobozi bukaza kubunga bagasubirana.

Ikibazo cy’uyu muryango kandi gisanzwe kinazwi n’Ubuyobozi bw’Akarere, nk’uko byemejwe n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, Mukankusi Athanasie.

Yagize ati “Urugo rwabo rwari mu zo dufite zibanye nabi mu Karere, twagerageje kunga bikananirana. Banabanaga bitemewe n’amategeko.”

Uyu muyobozi yageneye ubutumwa imiryango, ayisaba kwirinda ko amakimbirane agera ku rwego nk’uru rwo kuba umwe mu bashakanye ashaka kwivugana mugenzi we, ahubwo ko igihe hari ibibazo bajya babimenyesha inzego zikabafasha kubikemura amazi atararenga inkombe.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Kwizera ôzil says:
    11 months ago

    Ubu ko yipfakaje kare koko!

    Reply
  2. Kwizera ôzil says:
    11 months ago

    Ubuse ko yipfakaje kare koko!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Menya Amakipe yageze muri 1/4 cy’icy’Amahoro n’uko azahura

Next Post

Deficit of leadership or absence of leadership?

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Deficit of leadership or absence of leadership?

Deficit of leadership or absence of leadership?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.