Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwa nk’intandaro yatumye umugore akata igitsina cy’umugabo we n’urwembe kikenda gucika

radiotv10by radiotv10
20/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
2
Igikekwa nk’intandaro yatumye umugore akata igitsina cy’umugabo we n’urwembe kikenda gucika
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, umugore ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho guhengera umugabo we asinziriye akamukata igitsina kikenda kuvaho. Bivugwa ko basanzwe bafitanye amakimbirane ashingiye ku bibazo birimo kuba umugore ashinja umugabo we kumuca inyuma.

Uyu mugore w’imyaka 31 y’amavuko ubu ufungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kagano, akekwaho gukora iki cyaha mu ijoro rishyira tariki 17 Gashyantare 2025, ubwo yahengeraga umugabo we asinziriye agafata urwembe agakata igitsina cye.

Uwakaswe igitsina we ubu ari kuvurirwa mu Bitaro bya Kibogora, nyuma yuko yari yabanje kujyanwa ku Kigo Nderabuzima, kigahita kimwohereza mu Bitaro dore ko yaviriranaga cyane, aho bivugwa ko uru rugingo rwe rwendaga kuvaho, ariko ntirwacitse burundu.

Ni icyaha cyabereye aho basanzwe batuye mu Mudugudu wa Rambira wo mu Kagari ka Shara mu Murenge wa Kagano, ndetse ukekwaho kugikora akaba yari yabanje gucika, akaza gufatwa mu gitondo cyo ku ya 17 Gashyantare.

Umuyobozi w’uyu Mudugudu wa Rambira, Sinumvayabo Simeon, avuga ko uyu muryango usanzwe ubana mu makimbirane ashingiye ku byo bombi bashinjanya, aho umugabo ashinja umugore ubusinzi, na we akamushinja kumuca inyuma.

Uyu muyobozi wagezeyo ubwo byari bikimara kuba nyuma yuko abana b’aba bombi bari batabaje, yagize ati “Mpageze nsanga koko ni ko bimeze, amaraso yarenze icyumba bararamo ari menshi akwira mu ruganiriro, ntabaza abandi baturanyi baraza.”

Ubwo umugore yakataga uriya mwanya mwibarukiro w’umugabo we, bari babanje kugirana intonganya zabereye ku isoko rya Kirambo mu Murenge wa Kanjongo ubwo umugabo yasangagayo umugore we, bakavugana nabi.

Uyu Muyobozi avuga kandi ko atari ubwa mbere habayemo gukomeretsanya hagati y’aba, kuko no mu mezi arindwi ashize, uyu mugore yari yateye icyuma umugabo we amukomeretsa ku itako, ariko ubuyobozi bukaza kubunga bagasubirana.

Ikibazo cy’uyu muryango kandi gisanzwe kinazwi n’Ubuyobozi bw’Akarere, nk’uko byemejwe n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, Mukankusi Athanasie.

Yagize ati “Urugo rwabo rwari mu zo dufite zibanye nabi mu Karere, twagerageje kunga bikananirana. Banabanaga bitemewe n’amategeko.”

Uyu muyobozi yageneye ubutumwa imiryango, ayisaba kwirinda ko amakimbirane agera ku rwego nk’uru rwo kuba umwe mu bashakanye ashaka kwivugana mugenzi we, ahubwo ko igihe hari ibibazo bajya babimenyesha inzego zikabafasha kubikemura amazi atararenga inkombe.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Kwizera ôzil says:
    11 months ago

    Ubu ko yipfakaje kare koko!

    Reply
  2. Kwizera ôzil says:
    11 months ago

    Ubuse ko yipfakaje kare koko!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 18 =

Previous Post

Menya Amakipe yageze muri 1/4 cy’icy’Amahoro n’uko azahura

Next Post

Deficit of leadership or absence of leadership?

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Deficit of leadership or absence of leadership?

Deficit of leadership or absence of leadership?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.