Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igishobora kuba cyaratumye umusozi wo mu Rwanda ugaragaraho ibyateye urujijo cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in MU RWANDA
1
Igishobora kuba cyaratumye umusozi wo mu Rwanda ugaragaraho ibyateye urujijo cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko mu Karere ka Nyamasheke hagaragaye umusozi umaze iminsi upfupfunukamo umuriro w’inkekwe bitazwi intandaro yawo, Inzobere mu bumenyi bw’Isi, yagaragaje igishobora kuba kibitera, gihabanye n’ibyo abantu bakekaga.

Uyu musozi uherereye mu Mudugudu wa Nyakagano mu Kagari ka Buhimba muri uyu Murenge wa Shangi, ukomeje kugarukwaho cyane kubera umuriro ugiye kumara amezi atatu uvamo kandi ntawahatwitse.

Bamwe mu baturiye uyu musozi, bavuga ko watangiye kuvamo umuriro mu ntangiro za Gicurasi, ariko ukaza kuba mwinshi mu kwezi twaraye dusoje kwa Nyakanga, aho umuriro w’inkekwe uva mu rutare rwo kuri uyu musozi, uzamura amabuye, agasohoka yabaye nk’amakara.

Bamwe mu baturage bavuga ko ibi byabateye urujijo, bagaragaje icyo bakeka ko cyaba cyihishe inyuma y’uyu muriro, bamwe bakavuga ko bagiye bumva ko kuri uyu musozi hashobora kuba hari peteroli na Gaze, cyangwa hakaba hagiye kuvuka ikirunga, mu gihe hari n’abavuga ko bishobora kuba biterwa n’imyuka mibi y’izindi mbaraga.

Dr. Digne Edmond Rwabuhungu Rwatangabo usanzwe ari inzobere mu bumenyi bw’Isi, akaba n’Umwarimu muri Kaminuza, avuga ko nubwo ataragera kuri uyu musozi, ariko akurikije uko yabibonye mu mashusho, hari icyo akeka.

Ati “Ni ibintu bisanzwe biba mu bishanga birimo nyiramugengeri. Hariya ntabwo yari isanzwe, birashoboka ko yaba ari yo.”

Iyi nzobere ivuga ko hasabwa kubanza gukora ubushakashatsi, itangaza ko iyo uriya muriro uza kugaragara mu bice by’igishanga, byari kuba byoroshye kumenya intandaro yawo.

Ati “Ariko amafoto mbona ni ku musozi, rero iyo ari ku musozi, biragoye gusobanura uwo musozi uhura gute n’igishanga, n’izo formation [ibyikora] ziba mu gishanga, zibonetse ku musozi gute?”

Ahakana ibikekwa ko haba hagiye kuvuga ikirunga, ati “Buriya inzira yo kuvuka kw’ikirunga, ni ndende cyane. Ntabwo bivuka kuriya, kibanza kubaka inzira ya magma [igikoma cy’ikirunga] iva mu nda y’Isi izamuka mu kirunga.”

Dr Edmon Rwabuhungu amara impungenge ku bakeka ko bishobora kuba biterwa n’imyuka mibi, ati “Ni ibintu bisanzwe, bikunda kubaho bitunguranye. Niba ari nyiramugengeri turaza kubimenya vuba cyane, kuko nitugerayo tuzafata sample, tuyikorere ibizamini […] ariko ntibagire ubwoba, nta shitani, nta bintu by’amarozi, oya ibyo ntabwo bihari.”

Uretse Nyiramugengeri akeka ko ishobora kuba ihari, Dr Rwabuhungu avuga ko ikindi gishobora kuba kiri gutera kiriya kibazo, ari Gaze kuko uyu musozi uri hafi y’Ikiyaga cya Kivu.

Dr Rwabuhungu yaboneyeho kugira inama abatuye hafi y’uyu musozi kwirinda kuhegera kuko umwuka uri gusohokamo ushobora kugira ingaruka mbi ku buzima bwabo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Daniel says:
    2 years ago

    Ntago yitwa Rwampungu, ahubwo yitwa Dr. Digne Edmond Rwabuhungu Rwatangabo.

    Murakoze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Hatangajwe impinduka zihutirwa mu matora yo gushaka uzasimbura Mayor wa Rubavu wegujwe

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we uri mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we uri mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Umuhanzi Nyarwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we uri mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.