Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igishobora kuba cyaratumye umusozi wo mu Rwanda ugaragaraho ibyateye urujijo cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in MU RWANDA
1
Igishobora kuba cyaratumye umusozi wo mu Rwanda ugaragaraho ibyateye urujijo cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko mu Karere ka Nyamasheke hagaragaye umusozi umaze iminsi upfupfunukamo umuriro w’inkekwe bitazwi intandaro yawo, Inzobere mu bumenyi bw’Isi, yagaragaje igishobora kuba kibitera, gihabanye n’ibyo abantu bakekaga.

Uyu musozi uherereye mu Mudugudu wa Nyakagano mu Kagari ka Buhimba muri uyu Murenge wa Shangi, ukomeje kugarukwaho cyane kubera umuriro ugiye kumara amezi atatu uvamo kandi ntawahatwitse.

Bamwe mu baturiye uyu musozi, bavuga ko watangiye kuvamo umuriro mu ntangiro za Gicurasi, ariko ukaza kuba mwinshi mu kwezi twaraye dusoje kwa Nyakanga, aho umuriro w’inkekwe uva mu rutare rwo kuri uyu musozi, uzamura amabuye, agasohoka yabaye nk’amakara.

Bamwe mu baturage bavuga ko ibi byabateye urujijo, bagaragaje icyo bakeka ko cyaba cyihishe inyuma y’uyu muriro, bamwe bakavuga ko bagiye bumva ko kuri uyu musozi hashobora kuba hari peteroli na Gaze, cyangwa hakaba hagiye kuvuka ikirunga, mu gihe hari n’abavuga ko bishobora kuba biterwa n’imyuka mibi y’izindi mbaraga.

Dr. Digne Edmond Rwabuhungu Rwatangabo usanzwe ari inzobere mu bumenyi bw’Isi, akaba n’Umwarimu muri Kaminuza, avuga ko nubwo ataragera kuri uyu musozi, ariko akurikije uko yabibonye mu mashusho, hari icyo akeka.

Ati “Ni ibintu bisanzwe biba mu bishanga birimo nyiramugengeri. Hariya ntabwo yari isanzwe, birashoboka ko yaba ari yo.”

Iyi nzobere ivuga ko hasabwa kubanza gukora ubushakashatsi, itangaza ko iyo uriya muriro uza kugaragara mu bice by’igishanga, byari kuba byoroshye kumenya intandaro yawo.

Ati “Ariko amafoto mbona ni ku musozi, rero iyo ari ku musozi, biragoye gusobanura uwo musozi uhura gute n’igishanga, n’izo formation [ibyikora] ziba mu gishanga, zibonetse ku musozi gute?”

Ahakana ibikekwa ko haba hagiye kuvuga ikirunga, ati “Buriya inzira yo kuvuka kw’ikirunga, ni ndende cyane. Ntabwo bivuka kuriya, kibanza kubaka inzira ya magma [igikoma cy’ikirunga] iva mu nda y’Isi izamuka mu kirunga.”

Dr Edmon Rwabuhungu amara impungenge ku bakeka ko bishobora kuba biterwa n’imyuka mibi, ati “Ni ibintu bisanzwe, bikunda kubaho bitunguranye. Niba ari nyiramugengeri turaza kubimenya vuba cyane, kuko nitugerayo tuzafata sample, tuyikorere ibizamini […] ariko ntibagire ubwoba, nta shitani, nta bintu by’amarozi, oya ibyo ntabwo bihari.”

Uretse Nyiramugengeri akeka ko ishobora kuba ihari, Dr Rwabuhungu avuga ko ikindi gishobora kuba kiri gutera kiriya kibazo, ari Gaze kuko uyu musozi uri hafi y’Ikiyaga cya Kivu.

Dr Rwabuhungu yaboneyeho kugira inama abatuye hafi y’uyu musozi kwirinda kuhegera kuko umwuka uri gusohokamo ushobora kugira ingaruka mbi ku buzima bwabo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Daniel says:
    2 years ago

    Ntago yitwa Rwampungu, ahubwo yitwa Dr. Digne Edmond Rwabuhungu Rwatangabo.

    Murakoze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − one =

Previous Post

Hatangajwe impinduka zihutirwa mu matora yo gushaka uzasimbura Mayor wa Rubavu wegujwe

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we uri mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Related Posts

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, iratangaza ko yafashe abantu 10 mu Karere ka Nyarugenge bakurikiranyweho ibikorwa by’ubujura bwo gutobora...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
08/08/2025
0

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

by radiotv10
08/08/2025
0

Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwahaye ibihano byo guhagarika abanyamategeko 21 bunganira abandi (Abavoka) barimo Me Thierry Kevin Gatete usanzwe azwi...

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwakiriye Umunyarwanda Francois Gasana woherejwe na Norvège kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda ku byaha bya Jenoside...

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

by radiotv10
08/08/2025
0

The National Public Prosecution Authority (NPPA) has confirmed the extradition of Francois Gasana, also known as Franky Dusabe, from the...

IZIHERUKA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka
MU RWANDA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

08/08/2025
Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we uri mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Umuhanzi Nyarwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we uri mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.