Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Igisirikare cya Uganda kitandukanyije n’ibyatangajwe na Muhoozi byatumye abarimo Gen.Kabarebe bashinjwa ibirego bikomeye

radiotv10by radiotv10
06/07/2022
in Uncategorized
0
Igisirikare cya Uganda kitandukanyije n’ibyatangajwe na Muhoozi byatumye abarimo Gen.Kabarebe bashinjwa ibirego bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig Gen Felix Kulayigye yavuze ko ibyatangajwe na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wavuze ko ashyigikiye umutwe urwanya ubutegetsi bwa Ethiopia, bidakwiye kwitirirwa UPDF kuko atari umuvugizi wayo cyangwa ngo abe Umugaba Mukuru wayo.

Yabivuze mu kiganiro yagiranye na BBC Africa, ubwo yabazwaga ku butumwa bwa Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yanyujije kuri Twitter mu mpera z’umwaka ushize agaragaza ko ashyigikiye umutwe wa TPLF urwanya Ethiopia.

Brig Gen Felix Kulayigye yavuze ko buriya butumwa bwa Muhoozi, butigeze butangwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda cyangwa ngo butangwe n’Umuvugizi w’iki Gisirikare. Ati “Bityo rero ntaho duhurira na bwo.”

Yakomeje agira ati “Amakuru y’ubuyobozi bw’Ingabo za Uganda cyangwa ku bindi byose byerecyeke Igisirikare, anyura mu nzira zemewe, ntabwo anyura kuri Twitter.”

UPDF yitandukanyije na buriya butumwa bwa Muhoozi, nyuma y’iminsi micye n’ubundi iki gisirikare cyamaganye ibikubiye muri raporo yasohotse mu ntangiro za Gicurasi uyu mwaka igishinja gufasha umutwe wa TPLF.

Iyi raporo yanagarutse ku basirikare 20 bakuru bavugwaho kuba mu bikorwa byo gufasha uyu mutwe barimo Gen Muhoozi ushinjwa kuba ari we uyobora uburyo bwo kugeza inkunga kuri uyu mutwe.

Muri aba basirikare kandi, harimo General James Kabarebe, aho iyi Raporo yavuze ko uyu musirikare w’umunyabigwi mu karere, ngo yigeze kuba Minisitiri w’Ingabo muri Uganda, ikamushinja kuba ari we uyoboye ibikorwa by’imyitozo y’uriya mutwe.

Brig Gen Felix Kulayigye anyomoza ibikubiye muri iyi raporo, mu cyumweru gishize yagize ati “James Kabarebe ntiyigeze aba Minisitiri w’Ingabo muri Uganda.”

Ubutumwa bwa Gen Muhoozi Kainerugaba yatangaje mu kwezi k’Ugushyingo 2021, buri mu byagendeweho kuri iyi raporo ishinja Igisirikare cya Uganda gufasha TPLF.

Icyo gihe Muhoozi yari yagaraje ko ashyigikiye impamvu zituma uyu mutwe w’Aba-Tigray urwana zirimo ihohoterwa rivugwa ko ryakorewe abari n’abategarugori.

Uyu Mugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka akaba n’Umujyanama wa Perezida Yoweri Museveni, anaherutse gusabwa n’uyu Mukuru w’Igihugu akanaba Se, kudatangaza amakuru ajyanye n’umutekano w’Igihugu.

IKIGANIRO CYA GEN KULAYIGYE NA BBC AFRICA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Umunsi mpuzamahanga wo gusomana: Bivura amavunane,…-Icyo inzobere zibivugaho

Next Post

Rwanda&DRC: Icyo imyanzuro y’Abakuru b’Ibihugu ivuga kuri M23

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi
AMAHANGA

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

02/12/2025
Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

02/12/2025
Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

02/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda&DRC: Icyo imyanzuro y’Abakuru b’Ibihugu ivuga kuri M23

Rwanda&DRC: Icyo imyanzuro y’Abakuru b’Ibihugu ivuga kuri M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.