Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Igisirikare cya Uganda kitandukanyije n’ibyatangajwe na Muhoozi byatumye abarimo Gen.Kabarebe bashinjwa ibirego bikomeye

radiotv10by radiotv10
06/07/2022
in Uncategorized
0
Igisirikare cya Uganda kitandukanyije n’ibyatangajwe na Muhoozi byatumye abarimo Gen.Kabarebe bashinjwa ibirego bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig Gen Felix Kulayigye yavuze ko ibyatangajwe na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wavuze ko ashyigikiye umutwe urwanya ubutegetsi bwa Ethiopia, bidakwiye kwitirirwa UPDF kuko atari umuvugizi wayo cyangwa ngo abe Umugaba Mukuru wayo.

Yabivuze mu kiganiro yagiranye na BBC Africa, ubwo yabazwaga ku butumwa bwa Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yanyujije kuri Twitter mu mpera z’umwaka ushize agaragaza ko ashyigikiye umutwe wa TPLF urwanya Ethiopia.

Brig Gen Felix Kulayigye yavuze ko buriya butumwa bwa Muhoozi, butigeze butangwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda cyangwa ngo butangwe n’Umuvugizi w’iki Gisirikare. Ati “Bityo rero ntaho duhurira na bwo.”

Yakomeje agira ati “Amakuru y’ubuyobozi bw’Ingabo za Uganda cyangwa ku bindi byose byerecyeke Igisirikare, anyura mu nzira zemewe, ntabwo anyura kuri Twitter.”

UPDF yitandukanyije na buriya butumwa bwa Muhoozi, nyuma y’iminsi micye n’ubundi iki gisirikare cyamaganye ibikubiye muri raporo yasohotse mu ntangiro za Gicurasi uyu mwaka igishinja gufasha umutwe wa TPLF.

Iyi raporo yanagarutse ku basirikare 20 bakuru bavugwaho kuba mu bikorwa byo gufasha uyu mutwe barimo Gen Muhoozi ushinjwa kuba ari we uyobora uburyo bwo kugeza inkunga kuri uyu mutwe.

Muri aba basirikare kandi, harimo General James Kabarebe, aho iyi Raporo yavuze ko uyu musirikare w’umunyabigwi mu karere, ngo yigeze kuba Minisitiri w’Ingabo muri Uganda, ikamushinja kuba ari we uyoboye ibikorwa by’imyitozo y’uriya mutwe.

Brig Gen Felix Kulayigye anyomoza ibikubiye muri iyi raporo, mu cyumweru gishize yagize ati “James Kabarebe ntiyigeze aba Minisitiri w’Ingabo muri Uganda.”

Ubutumwa bwa Gen Muhoozi Kainerugaba yatangaje mu kwezi k’Ugushyingo 2021, buri mu byagendeweho kuri iyi raporo ishinja Igisirikare cya Uganda gufasha TPLF.

Icyo gihe Muhoozi yari yagaraje ko ashyigikiye impamvu zituma uyu mutwe w’Aba-Tigray urwana zirimo ihohoterwa rivugwa ko ryakorewe abari n’abategarugori.

Uyu Mugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka akaba n’Umujyanama wa Perezida Yoweri Museveni, anaherutse gusabwa n’uyu Mukuru w’Igihugu akanaba Se, kudatangaza amakuru ajyanye n’umutekano w’Igihugu.

IKIGANIRO CYA GEN KULAYIGYE NA BBC AFRICA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Umunsi mpuzamahanga wo gusomana: Bivura amavunane,…-Icyo inzobere zibivugaho

Next Post

Rwanda&DRC: Icyo imyanzuro y’Abakuru b’Ibihugu ivuga kuri M23

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda&DRC: Icyo imyanzuro y’Abakuru b’Ibihugu ivuga kuri M23

Rwanda&DRC: Icyo imyanzuro y’Abakuru b’Ibihugu ivuga kuri M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.