Thursday, April 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cy’u Burundi cyakuriye inzira ku murima abangirijwe ibyabo n’iturika ry’ububiko bw’intwaro zacyo

radiotv10by radiotv10
02/04/2026
in AMAHANGA
0
Igisirikare cy’u Burundi cyakuriye inzira ku murima abangirijwe ibyabo n’iturika ry’ububiko bw’intwaro zacyo
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cy’u Burundi kiravuga ko abaturage begereye ububiko bw’intwaro zacyo i Bujumbura buherutse gufatwa n’inkongi y’umuriro ikangiza imitungo yabo, batazigera basanirwa cyangwa ngo bishyurwe, kuko ari bo bikururiye kariya kaga bajya gutura mu mbago z’ikigo cya gisirikare.

Byatangajwe n’Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi, Général de Brigade Gaspard Baratuza mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’isanganya iki gisirikare cyagize ryo gutwikisha ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya gisirikare cya Musaga mu mujyi wa Bujumbura.

Iturika rya buriya bubiko bw’imbunda, ryateje inkongi y’umuriro ikomeye yagize ingaruka zikomeye, zirimo n’abantu 13 bahasize ubuzima abandi 57 bagakomereka, ndetse kinasenya ibikorwa binyuranye birimo inzu z’abaturage n’indi mitungo yabo.

Abajijwe ku baturage bafite imitungo yangirikiye muri iki kibazo, Général de Brigade Gaspard Baratuza yavuze ko atari inzu z’abaturage gusa zangiritse, ahubwo ko n’iz’igisirikare zangiritse.

Uyu muvugizi wa FDNB wabanje kuvuga ko ikijyanye no kuriha iby’abaturage bangirijwe ibyabo, byasobanurwa n’abandi bayobozi, ariko ko ubusanzwe abaturage bagirwa inama kenshi ko inzu zabo n’ibinyabiziga byabo bigomba kugira ubwishingizi.

Yavuze ko nk’uwari ufite inyubako yashyize mu bwishingizi, ashobora kuzasaba kwishyurwa, ariko igisirikare cyo kitazagira icyo cyishyura kuko na cyo ibyakibayeho ari ibyago bitateguwe.

Général de Brigade Gaspard Baratuza yavuze kandi ko ahari ubu bubiko, ubundi nta baturage bari bahatuye, ahubwo ko bagiye baza babusanga, bakahubaka kandi byari bibujijwe.

Ati “Inkambi za gisirikare zigitangira nta ngo zari zihegereye, inkambi zari zihari kuva cyera ndetse tukibona ubwigenge mu 1962, rero abantu bagiye baregera inkambi. Aha rero iyo habayeho ingorane nib wo duhita tubona ibibazo, twahoze tubivuga tuti ‘nyabuna nyabuna mureke kwegera inkambi’.”

Général de Brigade Gaspard Baratuza avuga ko ibigo bya gisirikare nka biriya, bishyirwaho kugira ngo haboneke uburyo bwo kurinda ubusugire bw’Igihugu, bityo ko abantu bakwiye kujya babyubaha.

Ati “Baramutse bimura bakwimura abasanze inkambi hano. Inkambi yo ntiyakwimuka, kuko yo ni nk’Igihugu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + four =

Previous Post

Make the Move That Changes Everything

Next Post

Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Related Posts

Trump yabaye nk’ubyina ku mubyimba Macron w’u Bufaransa agendeye ku byo umugore we yamukoreye

Trump yabaye nk’ubyina ku mubyimba Macron w’u Bufaransa agendeye ku byo umugore we yamukoreye

by radiotv10
02/04/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, agendeye ku mashusho yigeze kujya hanze agaragaza Emmanuel Macron akubitwa n’umugore...

Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
02/04/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi cyemeje ko abantu 13 ari bo bitabye Imana bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga...

Icyateye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi i Bujumbura cyamenyekanye

Icyateye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi i Bujumbura cyamenyekanye

by radiotv10
02/04/2026
0

Ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bw'ikigo cya Musaga i Bujumbura, bwahuye n'iturika rikomeye, burashya burakongoka n’intwaro zarimo, bitewe n’ibibazo byaturutse...

Strategic insight: what Massad Boulos did NOT say (but matters):

Strategic insight: what Massad Boulos did NOT say (but matters):

by radiotv10
01/04/2026
0

This is our analysis regarding the recent discourse by Massad Boulos at the United Nations and the underlying challenges facing...

Amakuru agezweho: Biravugwa ko iturika ry’ububiko bw’intwaro i Burundi ryahitanye benshi

Amakuru agezweho: Biravugwa ko iturika ry’ububiko bw’intwaro i Burundi ryahitanye benshi

by radiotv10
01/04/2026
0

Iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, ryateye inkongi y'umuriro ikomeye, ryahitanye abantu benshi,...

IZIHERUKA

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi
FOOTBALL

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

02/04/2026
Trump yabaye nk’ubyina ku mubyimba Macron w’u Bufaransa agendeye ku byo umugore we yamukoreye

Trump yabaye nk’ubyina ku mubyimba Macron w’u Bufaransa agendeye ku byo umugore we yamukoreye

02/04/2026
Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

02/04/2026
Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

02/04/2026
Igisirikare cy’u Burundi cyakuriye inzira ku murima abangirijwe ibyabo n’iturika ry’ububiko bw’intwaro zacyo

Igisirikare cy’u Burundi cyakuriye inzira ku murima abangirijwe ibyabo n’iturika ry’ububiko bw’intwaro zacyo

02/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Trump yabaye nk’ubyina ku mubyimba Macron w’u Bufaransa agendeye ku byo umugore we yamukoreye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.