Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cy’u Burundi kikomwa na M23 nacyo kirayishinja ibyo kivuga ko kitakwihanganira

radiotv10by radiotv10
10/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Mu buryo bwihuse u Burundi bwohereje muri Congo abandi bakomando nyuma y’iminsi micye hari abagiyeyo
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cy’u Burundi kimaze iminsi kizamurwa mu majwi na M23 ko kiri gufasha FARDC kuyirwanya, cyavuze ko ahubwo uyu mutwe ari wo ukomeje kukibangamira, kinavuga amananiza uherutse kugishyiraho, kandi ko kitakomeza kubyihanganira, ahubwo ko kigiye gufata icyemezo gikwiye.

Mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa 09 Ugushyingo 2023, ry’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Burundi, ryashyizweho umukono n’umuvugizi wazo, Colonel Biyereke Floribert, rigaragaza imbogamizi abasirikare b’iki Gihugu bari guhura na zo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Igisirikare cy’u Burundi kivuga ko imirwano ihanganishije M23 n’indi mitwe yitwaje intwaro iherutse kongeye kubura, kandi ko ikomeje kugira ingaruka ku mibereho y’Abanyekongo bari mu bice binyuranye ndetse ikanabangamira ibikorwa by’ingabo ziri mu butumwa bwa Afurika y’Iburasirazuba.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Nk’urugero ku itariki ya 21 Ukwakira 2023, imodoka z’abasirikare b’u Burundi bari mu ngabo z’akarere k’Ibihugu bihuriye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, zari zitwaye ibiribwa ku birindiro by’ahitwa Kitshanga na Mweso, zangiwe gukomeza n’umutwe wa M23, aho uwo mutwe wafunze umuhanda ujya muri utwo duce.”

Igisirikare cy’u Burundi gikomeza kivuga ko “ibi byongeye kuba ku itariki ya 30 Ukwakira 2023, ubwo imodoka zari zijyanye ibiribwa zarimo zerecyeza ku birindiro, zangirwa gukomeza n’uwo mutwe wa M23.”

Gikomeza kivuga ko ubuyobozi bw’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba bwamenyeshejwe iby’iki kibazo kugira ngo bugifateho umuti ariko ko umutwe wa M23 wakomeje kwinangira.

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Igisirikare cy’u Burundi kiramenyesha ko kidashobora gukomeza kwihanganira imyitwarire nk’iyo. Abasirikare b’u Burundi bari mu ngabo z’akarere k’Ibihugu bihuriye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba bagomba gufata icyemezo gikwiye.”

Iri tangazo risohotse nyuma y’igihe umutwe wa M23 ushinja igisirikare cy’u Burundi kuba na cyo cyarinjiye mu bafasha FARDC n’indi mitwe irimo FDLR mu mirwano ihanganishije uru ruhande n’uyu mutwe.

Uyu mutwe kandi uherutse gushyira hanze amashusho y’umwe mu basirikare b’u Burundi wafatiwe mpiri kuri uru rugamba, wavuze ko bavuye mu Burundi mu kwezi kwa Nzeri (09) 2023 ari abasirikare 300 babwirwa ko bagiye kuri misiyo yo guhangana na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Umugore wari utwaye udupfunyika 1.000 tw’urumogi mu mayeri adasanzwe yatahuwe

Next Post

UPDATE: CG (Rtd) Gasana imbere y’Urukiko yarusabye kurekurwa anagaragaza impamvu

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: CG (Rtd) Gasana imbere y’Urukiko yarusabye kurekurwa anagaragaza impamvu

UPDATE: CG (Rtd) Gasana imbere y’Urukiko yarusabye kurekurwa anagaragaza impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.