Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje gihamya y’ibyo ishinga igisirikare cy’u Burundi hanashyirwa hanze umugambi wacyo

radiotv10by radiotv10
08/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yemeje ko yafashe mpiri abasirikare b’u Burundi n’izindi mbunda za rutura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze iminsi uvuga ko abasirikare b’u Burundi bari mu bo bahanganye mu mirwano ihanganishije uyu mutwe na FARDC, wagaragaje umwe muri abo basirikare, yivugira ko we na bagenzi be bavuye i Burundi bagiye muri misiyo yo guhangana na M23.

Kuva iyi mirwano yakubura, umutwe wa M23, wakunze kuvuga ko abasirikare b’u Burundi bari gukorana na FARDC ifatanyije n’indi mitwe irimo FDLR ndetse n’abacancuro, mu gihe byari bizwi ko izi ngabo zagiye mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba kandi ko nta ruhande zikwiye guhengamiraho.

Mu mirwano yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, M23 yatangaje ko yafashe intwaro nyinshi ndetse inafata mpiri abarwanyi benshi barimo abasirikare b’u Burundi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Ugushyingo 2023, uyu mutwe wa M23 washyize hanze amashusho y’umwe muri aba basirikare b’u Burundi bafashwe n’uyu mutwe.

Muri aya mashusho, Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Maj Willy Ngoma atangira yibutsa abantu ko bafashe intwaro nyinshi ndetse n’imfungwa z’intambara. Ati “Muri izi mfungwa z’intambara zirimo abasirikare b’Igisirikare cy’u Burundi.”

Uyu musirikare w’u Burundi wari wambaye impuzankano ya FARDC wabajijwe imyirondoro ye, mu magambo y’Ikirundi, yavuze ko yitwa Pemiere Classe Ndikumana, avuga na nimero ya gisirikare akoresha [83678 HR 27742].

Ati “Nakoreye imyitozo mu Ntara ya Makamba aho bita mu Mabanda muri 2018. Navukiye i Mwaro tariki 25 Werurwe 1993.”

Yavuze ko mu gisirikare cy’u Burundi abarizwa muri Batayo ya 412 muri Diviziyo ya 4 muri kompanyi ya kabiri iyoborwa na Kazimana, akaba abarizwa muri Peloto ya mbere ikuriwe n’umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant.

Abajijwe igihe we na bagenzi be baviriye i Burundi, yasubije agira ati “Twavuye i Burundi tariki 19 kugeza ku ya 20 z’ukwa cyenda k’uyu mwaka nyine. Twavuye ku kibuga cy’Indege cya Bujumbura mu mwambaro wa Congo batubwira ko misiyo ari iyo kurwanya M23.”

Uyu musirikare avuga ko ubwo bageraga ku kibuga cy’indege cya Goma, bahise berecyeza mu kigo cya gisirikare, ubundi bavayo boherezwa ku rugamba.

Ati “Imirwano imaze gutangira duhita tubona ni M23, mu mirwano ni ho nafatiwe. Twari nk’abasirikare bagera muri Magana atatu, birumvikana hari n’abandi basanzwemo, urumva ntabwo twari tuzi umubare wabo.”

Avuga ko ubwo bavaga mu Burundi batajyanye intwaro zabo, ahubwo ko baziherewe muri Congo, ari na zo bakoresha muri iyi mirwano yo guhangana na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 8 =

Previous Post

RwandAir irateganya gukuba kabiri indege zayo n’aho yerecyeza hakiyongera

Next Post

Abafana ba AC Milan bakoze igisa n’imyigaragambyo bagaragariza umunyezamu wa PSG ko bakimufitiye inzika

Related Posts

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

Uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurashinjwa gukomeza kurasa ibisasu mu bice bituwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge muri Minembwe,...

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero...

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafana ba AC Milan bakoze igisa n’imyigaragambyo bagaragariza umunyezamu wa PSG ko bakimufitiye inzika

Abafana ba AC Milan bakoze igisa n’imyigaragambyo bagaragariza umunyezamu wa PSG ko bakimufitiye inzika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.