Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cya Perezida Kagame ku bashoramari bagifite ingingimira ko batashora imari muri Afurika

radiotv10by radiotv10
25/10/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Igisubizo cya Perezida Kagame ku bashoramari bagifite ingingimira ko batashora imari muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko gushora imari muri Afurika ari ukureba kure, kuko uyu Mugabane ufite isoko ryagutse kandi ukagira umutungo uhagije ku buryo “byaba ari ikosa rikomeye kudashora imari muri Afurika.”

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Ukwakira 2023 mu nama ya 7 yiga ku ishoramari yiswe Future Investment Initiative iri kubera i Riyadh muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Umukuru w’u Rwanda yatanze ikiganiro cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo ishoramari, aho yabajijwe kugira icyo avuga ku bashoramari bagishidikanya ku gushora imari muri Afurika.

Yagize ati “Kudashora imari muri Afurika byaba ari ikosa rikomeye. Afurika ifite abaturage barenga miliyari 1,4, ifite ubutunzi kamere bwinshi ariko byonyine uwo mubare w’abayituye ubwawo urahagije, ntabwo byaba birimo gushishoza kuba wabirengagiza.”

Ni kenshi Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi bikunze kumvikana bizamura amajwi ko birambiwe abimukira bava muri Afurika bajya kubishakiramo imibereho myiza.

Perezida Kagame yakomeje avuga ko kuba hashorwa imari muri Afurika, bifite na byinshi byarinda muri Afurika no ku Isi, nk’ibibazo bishobora kubugariza cyangwa kugariza Isi yose, bityo ko abatuye uyu Mugabane badakwiye guterwa umugongo. Ati “Kubirengagiza bishobora kuzana ibibazo muri Afurika n’ahandi.”

Yavuze ko hatakwirengagizwa ko uyu Mugabane wa Afurika urimo ibibazo, ariko ko atari umwihariko wawo, kuko ibibazo biri hose kandi ko bimwe na bimwe biri kuri uyu Mugabane, iyo bisesenguwe, biba bifite inkomoko hanze.

Ati “Mbere na mbere Afurika ntigizwe n’Igihugu kimwe, igizwe n’Ibihugu 55. Bishobora kuba bifite ibibazo yego, ariko se hari aho ibibazo bitari? Uko byagenda kose nuvugana n’umushoramari uwo ari we wese azakubwira ko mu Gihugu akomokamo gifite ikibazo kimwe cyangwa byinshi.”

Yakomeje avuga ko nanone ibibazo biri ku Mugabane wa Afurika, hari ababikabiriza, ariko ko igikwiye kumvikana ari uko abayobozi b’Ibihugu byawo ndetse n’ababituye, bakora ibyo bashoboye kugira ngo babyigobotore, bityo na bo bajyane n’abandi mu iterambere.

Umukuru w’u Rwanda kandi yanabajijwe ku bijyanye no kurwanya ruswa, iri mu biza ku isonga mu bishobora kudindiza ubukungu bw’Ibihugu ndetse ikanangiza urwego rw’ishoramari.

Perezida Kagame yavuze ko “kurwanya ruswa bitakemurwa no kuba abantu bajya mu nsengero cyangwa mu misigiti gusenga.”

Ati “Oya, bigerwaho kuko ubanza kumva ko uyanze, ubundi ugakora ibyayihagarika, akaba ari na yo mpamvu abantu bose kugeza no ku bayobozi bakwiye kujya babazwa inshingano.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 3 =

Previous Post

Padiri Karabo akomeje kuvugisha menshi abakobwa kubera ibyamugaragayeho bitamenyerewe ku Basaseridoti

Next Post

Haravugwa icyatumye Guverineri umwe mu Rwanda ahagarikwa ku nshuro ya kabiri

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa icyatumye Guverineri umwe mu Rwanda ahagarikwa ku nshuro ya kabiri

Haravugwa icyatumye Guverineri umwe mu Rwanda ahagarikwa ku nshuro ya kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.