Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cya Polisi ku wabajije niba aguriye Umupolisi amazi yo kunywa byakwitwa ruswa

radiotv10by radiotv10
31/05/2022
in MU RWANDA
0
Igisubizo cya Polisi ku wabajije niba aguriye Umupolisi amazi yo kunywa byakwitwa ruswa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage yabajije Polisi y’u Rwanda niba aramutse aguriye amazi yo kunywa Umupolisi asanze ku muhanda byafatwa nka ruswa, imusubiza ko uru rwego rusanzwe rugenera ibyo kunywa no kurya Abapolisi bari mu kazi.

Mu butumwa bwanyijijwe kuri Twitter n’umwe mu bakunze gukoresha uru rubuga nkoranyambaga wiyita So Ni nde?, yagize ati “Ese nguriye Umupolisi amazi byaba ari ruswa? (Ba bandi baba bahagaze ku muhanda).”

Polisi y’u Rwanda yasubije uyu muturage kuri Twitter mu butumwa bugira buti “Abapolisi bari ku kazi baba bafite uburyo bwo gufata ibyo kunywa no kurya byateganyijwe na Polisi y’u Rwanda. Kubahereza ibyo kunywa no kurya ntabwo byemewe.”

Uwiyita Ko Wakonje na we yagize ati “Ubwo se si nko kumuha tip [agahimbazamusyi] ku bwo atanga service neza.”

Uwitwa Kindiki Cleophas na we yahise agira ati “Muramutse muziranye se, mwarakuranye, mwariganye se, ariko mukaza kuburana kandi mubona bigoranye kongera kubonana!? Icyo nemera cyo uramutse uri mu ikosa ukabyitwaza sibyo?”

Uwitwa Bidex yahise amusubiza agira ati “Mwaraburanye ugafata nimero ye mukavugana nyuma y’akazi ndumva byaba byiza kurushaho.”

Abapolisi bo mu Rwanda basanzwe bafite amabwiriza yo kuzuza inshingano zabo bakirinda ibindi bikorwa biri hanze yazo byumwihariko bakaba bakunze gusabwa kwirinda kwakira ruswa.

Bamwe mu Bapolisi bagiye banatamaza ababaga bagiye kubaha ruswa, bagahita babimenyesha ababakuriye, bagahita batabwa muri yomb.

Tariki 11 Gicurasi 2022, Polisi ikorera mu Karere ka Rwamagana yataye muri yombi abagabo babiri barimo uwari waje gukorera ikizamini cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga mu Murenge wa Kigabiro bageragezaga guha Abapolisi ruswa y’ibihumbi 400 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Abanyarwanda ntibakibonye Sadio Mane, bitunguranye  umukino w’u Rwanda Vs Senegal wajyanywe ahandi

Next Post

Kwizera Olivier wavuzweho igihuha cyo gutoroka yageneye Abanyarwanda ubutumwa buryoheye amatwi

Related Posts

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze...

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

The Rwanda Demobilization and Reintegration Commission (RDRC) has announced that over the past 24 years (since 2001), more than 12,000...

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

by radiotv10
30/10/2025
0

Bamwe mu barezi b’amarerero bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe bakora batabona agahimbazamusyi...

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

by radiotv10
30/10/2025
0

Every year, a big number of young Rwandans pack their bags to move to Kigali, drawn mostly by the promise...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
30/10/2025
0

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwizera Olivier wavuzweho igihuha cyo gutoroka yageneye Abanyarwanda ubutumwa buryoheye amatwi

Kwizera Olivier wavuzweho igihuha cyo gutoroka yageneye Abanyarwanda ubutumwa buryoheye amatwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.