Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo ku bibaza niba Leta isubiye muri ‘Transport’ nyuma yo kugura Bisi 200 n’icyo bigamije

radiotv10by radiotv10
30/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Igisubizo ku bibaza niba Leta isubiye muri ‘Transport’ nyuma yo kugura Bisi 200 n’icyo bigamije
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka nini [Bisi] 200 zatumijwe na Guverinoma y’u Rwanda zirimo 100 zamaze kuza, zizakoreshwa mu rwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa Rusange, Leta ivuga ko bitavuze ko isubiye muri uru rwego, ahubwo ko zizakoreshwa n’abikorera, dore ko yanahamagariye abazifuza kuza kuzigura.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko igiye gutumiza bisi 300 zizashyirwa mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, mu rwego rwo gukemura ibibazo byakunze kuvugwa muri uru rwego, byatumaga abagenzi bamara umwanya munini muri za Gare bategereje imodoka.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo kuri uyu wa Kabiri, ryagarutse ku ngamba nshya zigiye kugenderwaho mu gutwara abagenzi, hanatangajwe ko “Guverinoma yafashije mu kugura imodoka 200.”

Ijana (100) muri izo modoka, zizagera mu Rwanda bitarenze uku kwezi kubura amasaha macye ngo kurangire, aho kuri uyu wa Kabiri, imodoka 40 zari zamaze kuhagera, mu gihe izindi 60 zo zari zikiri mu nzira ziva muri Tanzania aho zururukiye zivuye aho zatumijwe, naho izindi 100 zo zikazagera mu Rwanda muri Mutarama 2024.

 

Guverinoma yazitumije ni yo izazikoresha?

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore avuga ko nyuma y’uko izi bisi za mbere zishyitse i Kigali, Guverinoma yatangiye kuganira n’abasanzwe bakora umwuga wo gutwara abagenzi, uburyo bazibona kugira ngo batangire kuzikoresha.

Avuga kandi ko hanagaragajwe uburyo abashaka kugura izi modoka, bazibona kugira ngo bazinjize mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

Ati “Buri Munyarwanda wese ubyifuza arahamagarirwa kuba yaza akaziguraho, kuko Leta yoroheje cyane uburyo bwo kuzibona.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Richard Tusabe, avuga ko kuba izi bisi zaguzwe na Leta, bitavuze ko isubiye mu rwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

Ati “Leta ntabwo isubiyemo nk’uko twari dufite ONATRACOM, bimaze kugaragara ko abikorera bamaze gutera intambwe ishimishije iyo sosiyete ivaho, ndetse abikorera batangira gukora akazi ko gutwara abantu.”

 

Inyungu y’umuturage ni yo byose bishingiyeho

Richard Tusabe avuga ko Guverinoma yiyemeje gutumiza izi modoka nyuma y’uko hari inyigo igaragaje ko mu gutwara abagenzi muri Kigali, harimo icyuho cya bisi 305.

Avuga ko kubera ubwinshi bw’uyu mubare, Leta yiyemeje kugira uruhare mu kuba zaboneka. Ati “Ubu dufite bisi nka Magana ane (400) mu Gihugu cyose, kujya kabwira abikorera ngo ‘mugure bisi 200 icyarimwe’ twasanze bibaremereye, turavuga ngo ‘reka tuzigure tuzizane turebe ko twazibaha mu buryo buboroheye’.”

Avuga kandi ko byanatumye igiciro cyo kuzigura kigabanuka kuruta uko uwikorera yajya kugura umubare muto wazo.

Ati “Aho kugira ngo abacuruzi 40 buri muntu ajyende ugura bisi eshanu cyangwa 10, twashoboye guciririkanya neza, tubona igiciro gihendutse.”

Richard Tusabe avuga kandi ko ibi byakozwe na Leta, bizanungukira abagenzi, kuko kuba yarishyuye igiciro cy’imisoro y’izi Bisi, bizatuma abacuruzi bazazigura batishyuye imisoro, ku buryo n’ikiguzi cy’urugendo kizagabanuka.

Uku korohereza abacuruzi, Leta yanaganiriye na za Banki kugira ngo zizaborohereza kubona inguzanyo kandi zikanabagabanyiriza igipimo cy’inyungu.

Nanone kandi Guverinoma yaganirije Ikigega BDF, gushaka uburyo cyafasha aba bacuruzi mu buryo bwo kubonaingwate, cyemera kujya kibatangira 70% y’ingwate.

Ati “Ibyo byose byagabanyije za risks [ibyago] zose zaba muri uru rwego ku buryo ba nyiri amafaranga ari bo amabanki ko uwaba abagannye uwo ari we wese bamuha amafaranga ku kiguzi gito.”

Richard Tusabe avuga ko uzabyungukiramo bwa mbere ari umuturage, kandi ko ibi byose byakozwe mu rwego rwo kurandura ibibazo by’abagenzi batindaga kugera ku kazi no mu rugo kubera kubura imodoka zari nke mu gutwara abagenzi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nshimiyimana Theoneste says:
    1 year ago

    Nibyiza cyane leta yarakaze kudutekerezaho twabagenzi

    Reply

Leave a Reply to Nshimiyimana Theoneste Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − eight =

Previous Post

General wa RDF umaze amezi 3 ashyizwe mu kiruhuko yahawe inshingano

Next Post

Huye: Abari bafite impungenge z’ibibahangayikishije bigaragarira buri wese baremwe agatima

Related Posts

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

by radiotv10
08/05/2025
0

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa asaba Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko...

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

by radiotv10
08/05/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ mu bikorwa birimo filimi no mu biganiro akunze gutanga, watawe muri yombi, hatangajwe ko...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Abari bafite impungenge z’ibibahangayikishije bigaragarira buri wese baremwe agatima

Huye: Abari bafite impungenge z’ibibahangayikishije bigaragarira buri wese baremwe agatima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.