Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo ku bibaza niba Leta isubiye muri ‘Transport’ nyuma yo kugura Bisi 200 n’icyo bigamije

radiotv10by radiotv10
30/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Igisubizo ku bibaza niba Leta isubiye muri ‘Transport’ nyuma yo kugura Bisi 200 n’icyo bigamije
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka nini [Bisi] 200 zatumijwe na Guverinoma y’u Rwanda zirimo 100 zamaze kuza, zizakoreshwa mu rwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa Rusange, Leta ivuga ko bitavuze ko isubiye muri uru rwego, ahubwo ko zizakoreshwa n’abikorera, dore ko yanahamagariye abazifuza kuza kuzigura.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko igiye gutumiza bisi 300 zizashyirwa mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, mu rwego rwo gukemura ibibazo byakunze kuvugwa muri uru rwego, byatumaga abagenzi bamara umwanya munini muri za Gare bategereje imodoka.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo kuri uyu wa Kabiri, ryagarutse ku ngamba nshya zigiye kugenderwaho mu gutwara abagenzi, hanatangajwe ko “Guverinoma yafashije mu kugura imodoka 200.”

Ijana (100) muri izo modoka, zizagera mu Rwanda bitarenze uku kwezi kubura amasaha macye ngo kurangire, aho kuri uyu wa Kabiri, imodoka 40 zari zamaze kuhagera, mu gihe izindi 60 zo zari zikiri mu nzira ziva muri Tanzania aho zururukiye zivuye aho zatumijwe, naho izindi 100 zo zikazagera mu Rwanda muri Mutarama 2024.

 

Guverinoma yazitumije ni yo izazikoresha?

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore avuga ko nyuma y’uko izi bisi za mbere zishyitse i Kigali, Guverinoma yatangiye kuganira n’abasanzwe bakora umwuga wo gutwara abagenzi, uburyo bazibona kugira ngo batangire kuzikoresha.

Avuga kandi ko hanagaragajwe uburyo abashaka kugura izi modoka, bazibona kugira ngo bazinjize mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

Ati “Buri Munyarwanda wese ubyifuza arahamagarirwa kuba yaza akaziguraho, kuko Leta yoroheje cyane uburyo bwo kuzibona.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Richard Tusabe, avuga ko kuba izi bisi zaguzwe na Leta, bitavuze ko isubiye mu rwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

Ati “Leta ntabwo isubiyemo nk’uko twari dufite ONATRACOM, bimaze kugaragara ko abikorera bamaze gutera intambwe ishimishije iyo sosiyete ivaho, ndetse abikorera batangira gukora akazi ko gutwara abantu.”

 

Inyungu y’umuturage ni yo byose bishingiyeho

Richard Tusabe avuga ko Guverinoma yiyemeje gutumiza izi modoka nyuma y’uko hari inyigo igaragaje ko mu gutwara abagenzi muri Kigali, harimo icyuho cya bisi 305.

Avuga ko kubera ubwinshi bw’uyu mubare, Leta yiyemeje kugira uruhare mu kuba zaboneka. Ati “Ubu dufite bisi nka Magana ane (400) mu Gihugu cyose, kujya kabwira abikorera ngo ‘mugure bisi 200 icyarimwe’ twasanze bibaremereye, turavuga ngo ‘reka tuzigure tuzizane turebe ko twazibaha mu buryo buboroheye’.”

Avuga kandi ko byanatumye igiciro cyo kuzigura kigabanuka kuruta uko uwikorera yajya kugura umubare muto wazo.

Ati “Aho kugira ngo abacuruzi 40 buri muntu ajyende ugura bisi eshanu cyangwa 10, twashoboye guciririkanya neza, tubona igiciro gihendutse.”

Richard Tusabe avuga kandi ko ibi byakozwe na Leta, bizanungukira abagenzi, kuko kuba yarishyuye igiciro cy’imisoro y’izi Bisi, bizatuma abacuruzi bazazigura batishyuye imisoro, ku buryo n’ikiguzi cy’urugendo kizagabanuka.

Uku korohereza abacuruzi, Leta yanaganiriye na za Banki kugira ngo zizaborohereza kubona inguzanyo kandi zikanabagabanyiriza igipimo cy’inyungu.

Nanone kandi Guverinoma yaganirije Ikigega BDF, gushaka uburyo cyafasha aba bacuruzi mu buryo bwo kubonaingwate, cyemera kujya kibatangira 70% y’ingwate.

Ati “Ibyo byose byagabanyije za risks [ibyago] zose zaba muri uru rwego ku buryo ba nyiri amafaranga ari bo amabanki ko uwaba abagannye uwo ari we wese bamuha amafaranga ku kiguzi gito.”

Richard Tusabe avuga ko uzabyungukiramo bwa mbere ari umuturage, kandi ko ibi byose byakozwe mu rwego rwo kurandura ibibazo by’abagenzi batindaga kugera ku kazi no mu rugo kubera kubura imodoka zari nke mu gutwara abagenzi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nshimiyimana Theoneste says:
    2 years ago

    Nibyiza cyane leta yarakaze kudutekerezaho twabagenzi

    Reply

Leave a Reply to Nshimiyimana Theoneste Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 19 =

Previous Post

General wa RDF umaze amezi 3 ashyizwe mu kiruhuko yahawe inshingano

Next Post

Huye: Abari bafite impungenge z’ibibahangayikishije bigaragarira buri wese baremwe agatima

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

IZIHERUKA

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho
IBYAMAMARE

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

04/12/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Abari bafite impungenge z’ibibahangayikishije bigaragarira buri wese baremwe agatima

Huye: Abari bafite impungenge z’ibibahangayikishije bigaragarira buri wese baremwe agatima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.