Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Ikiganiro cya mbere cya Minisitiri nyuma yo kuvugwaho gufungwa akaza kugaragara mu ruhame amwenyura

radiotv10by radiotv10
24/05/2023
in BASKETBALL, MU RWANDA, POLITIKI, SIPORO
0
Ikiganiro cya mbere cya Minisitiri nyuma yo kuvugwaho gufungwa akaza kugaragara mu ruhame amwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ibyacicikanye ku mbuga nkoranyambaga ko Minisitiri wa Siporo mu Rwanda yaba yatawe muri yombi, yaje kugaragara mu ruhame yitabiriye umukino wa Basketball, yarebanye akanyamuneza, ndetse anatanga ikiganiro cyagarutse ku bufatanye bwa NBA Africa na Guverinoma y’u Rwanda.

Kuva mu ijoro ry’igicuku ryo hirya y’ejo hashize, ku mbuga nkoranyambaga byumwihariko Twitter, hacicikanye amakuru yavugaga ko hari umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda watawe muri yombi, ngo nyuma yo gufatirwa mu cyuho yakira indonke.

Aya makuru yarakomeje kugeza no mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Gicurasi 2023, aho abakoresha uru rubuga rwa Twitter, bageze aho bakanatobora, bakavuga ko uwafashwe ari Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju.

Gusa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwaje guhakana aya makuru, ruvuga ko nta Minisitiri wo mu Rwanda watawe muri yombi.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yagize ati “Ni ibihuha, nta Minisitiri wafatiwe muri Hoteli.”

Uyu umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda, Aurore Mimosa Munyangaju wavugwagaho aya makuru y’ibihuha, yaje no kugaragara mu mukino wa gicuti wa Basketball wahuje ikipe y’irerero rya NBA Africa ndetse n’ikipe yo mu Rwanda ya Espoir BBC, wabereye mu ishuri rya LDK ryo mu Mujyi wa Kigali.

Aurore Mimosa Munyangaju yari kumwe n’abandi bayobozi bari bitabiriye uyu mukino barimo Perezida w’Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda, Mugwiza Desire, ndetse n’Umuyobozi wa NBA Africa, Victor Williams.

Munyangaju warebye uyu mukino bigaragara ku maso ko yishimye nkuko akunze kugaragara, yanatanze ikiganiro nyuma yawo, yahaye Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, cyagarutse ku bufatanye bwa NBA Africa na Leta y’u Rwanda.

Yavuze ko iki kibuga cyakiniweho uyu mukino, ari imwe mu mbuto z’ubu bufatanye, kuko cyubatswe ku bufatanye bwa FERWABA na NBA Africa.

Ati “Ni muri gahunda yo kubaka ibikorwa remezo kugira ngo abana bakiri bato bashobore kuba babigeraho batishyuye, bikaba aho batuye, ariko byumwihariko hano muri iri shuri bimaze gufasha abana batari bacye.”

Yakomeje avuga ko ibi bikwiye kubera urugero rwiza n’abandi bifuza kuba abafatanyabikorwa muri siporo yo mu Rwanda, kugira ngo hakomeze kuboneka ibikorwa nk’ibi bizamura impano z’abana b’u Rwanda.

Ni ikiganiro Minisitiri Aurore Mimosa Munyangaju yatanze, adategwa, akomeye ku isura ndetse bigaraga ko ntakibazo na gito afite dore ko yari yiriwe avugwaho amakuru y’ibihuha ko yatawe muri yombi na RIB.

Yagaragaye muri uyu mukino amwenyura

Yaganiraga n’abandi banyacyubahiro bari bawitabiriye
Umukino urangiye yaganiraga na no bishimira uko umukino wagenze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 6 =

Previous Post

Karongi: Abacumbikiwe mu nsengero barashima ariko hari n’ikibazo kibaremereye ku mutima

Next Post

DRCongo: Ibyabaye ku muryango w’abantu barindwi byateye agahinda benshi

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Ibyabaye ku muryango w’abantu barindwi byateye agahinda benshi

DRCongo: Ibyabaye ku muryango w’abantu barindwi byateye agahinda benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.