Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikilo cy’ubwenge cyangwa inusu y’amahirwe?…Yiganye na Visi Perezida ubu we ni kanyabunyobwa

radiotv10by radiotv10
18/07/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
0
Ikilo cy’ubwenge cyangwa inusu y’amahirwe?…Yiganye na Visi Perezida ubu we ni kanyabunyobwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Kenya, Denis Obili Ogolla wiganye na Visi Perezida William Ruto, avuga ko yize amashuri menshi akaba afite imyamyabumenyi zitagira ingano ariko ko ntacyo zamumariye kuko ubu acuruza amagi n’ubunyobwa ku muhanda.

Denis Obili Ogolla, mu kiganiro yagiranye na Afrimax TV yamusanze mu Mujyi wa Nairobi aho aba ari kuzunguza amagi mu mihanda y’i Nairobi, yavuze ko yize amashuri menshi agamije kuzabaho neza no kuzateza imbere umuryango we ariko izi nzozi zayoyotse.

Avuga ko yagerageje gushaka akazi inshuro zirenga ibihumbi bitanu (5 000), bikananirana agahitamo kwigira gucuruza amagi.

Muri uyu mujyi wa Nairobi, anyuzamo akirambika mu busitani buri muri uyu mujyi, akagaragaza akababaro ko kuba ari mu buzima atigeze yifuza ndetse no kuba yarataye igihe cye ngo ariga.

Avuga ko ubwo yarangizaga icyiciro cya gatatu bya Kaminuza mu bijyanye n’amategeko, yarangirije rimwe n’abarimo abahiriwe muri Kenya bafite imyaka ikomeye.

Ati “Narangirije rimwe n’abantu benshi ubu bakomeye. Umwe muri bo ni Visi Perezida Dr Ruto William undi wa kabiri ni Philomena Mwilu Mbete ubu akaba ari Visi Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga na Eugene Ludovic Wamalwa [yabaye Minisitiri w’Ubutabera]”

Mu nzu nto abamo, irimo ibikoresho byose akoresha, ndetse n’impamyabumenyi zose yagiye ahabwa zose yagiye arambika ahantu hamwe.

Avuga ko yize ashyizeho umwete kugira ngo ave mu bukene yakuriyemo bwatewe no kuba yarabaye impfubyi akiri muto agasigara arera barumuna be dore ko ari we mfura mu muryango w’iwabo.

Yemeza ko amaze kugira impamyabumenyi zirenga 100 ariko ko atazi impamvu atabona akazi kuko ntako aba atagize ngo ashake.

Ati “Ntimwumve narize ayo mashuri yose ngo mugire ngo narahiriwe. Nabuze akazi ubushomeri bunyigirizaho nkana kugeza ubwo nibaza icyo Imana yampoye nkakibura. Bamwe mu nshuti zanjye banyibazaho kandi nanjye koko nkumva biranshobeye.”

Avuga ko hari n’aho yagiye atsinda akazi mu myanya ikomeye ariko bikarangira aguzwe, ntayijyemo ahubwo ikinjizwamo abandi.

Agenda acuruza amagi mu mujyi wa Nairobi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + eight =

Previous Post

Uwafungiwe muri Gereza y’abagore bamwibeshyeho yatahuwe amaze gutereramo inda abagore babiri

Next Post

Hamenyekanye icyatumye hasubikwa igitaramo cy’Umunya-Nigeria w’ikirangirire kizabera i Kigali

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyatumye hasubikwa igitaramo cy’Umunya-Nigeria w’ikirangirire kizabera i Kigali

Hamenyekanye icyatumye hasubikwa igitaramo cy’Umunya-Nigeria w'ikirangirire kizabera i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.