Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikilo cy’ubwenge cyangwa inusu y’amahirwe?…Yiganye na Visi Perezida ubu we ni kanyabunyobwa

radiotv10by radiotv10
18/07/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
0
Ikilo cy’ubwenge cyangwa inusu y’amahirwe?…Yiganye na Visi Perezida ubu we ni kanyabunyobwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Kenya, Denis Obili Ogolla wiganye na Visi Perezida William Ruto, avuga ko yize amashuri menshi akaba afite imyamyabumenyi zitagira ingano ariko ko ntacyo zamumariye kuko ubu acuruza amagi n’ubunyobwa ku muhanda.

Denis Obili Ogolla, mu kiganiro yagiranye na Afrimax TV yamusanze mu Mujyi wa Nairobi aho aba ari kuzunguza amagi mu mihanda y’i Nairobi, yavuze ko yize amashuri menshi agamije kuzabaho neza no kuzateza imbere umuryango we ariko izi nzozi zayoyotse.

Avuga ko yagerageje gushaka akazi inshuro zirenga ibihumbi bitanu (5 000), bikananirana agahitamo kwigira gucuruza amagi.

Muri uyu mujyi wa Nairobi, anyuzamo akirambika mu busitani buri muri uyu mujyi, akagaragaza akababaro ko kuba ari mu buzima atigeze yifuza ndetse no kuba yarataye igihe cye ngo ariga.

Avuga ko ubwo yarangizaga icyiciro cya gatatu bya Kaminuza mu bijyanye n’amategeko, yarangirije rimwe n’abarimo abahiriwe muri Kenya bafite imyaka ikomeye.

Ati “Narangirije rimwe n’abantu benshi ubu bakomeye. Umwe muri bo ni Visi Perezida Dr Ruto William undi wa kabiri ni Philomena Mwilu Mbete ubu akaba ari Visi Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga na Eugene Ludovic Wamalwa [yabaye Minisitiri w’Ubutabera]”

Mu nzu nto abamo, irimo ibikoresho byose akoresha, ndetse n’impamyabumenyi zose yagiye ahabwa zose yagiye arambika ahantu hamwe.

Avuga ko yize ashyizeho umwete kugira ngo ave mu bukene yakuriyemo bwatewe no kuba yarabaye impfubyi akiri muto agasigara arera barumuna be dore ko ari we mfura mu muryango w’iwabo.

Yemeza ko amaze kugira impamyabumenyi zirenga 100 ariko ko atazi impamvu atabona akazi kuko ntako aba atagize ngo ashake.

Ati “Ntimwumve narize ayo mashuri yose ngo mugire ngo narahiriwe. Nabuze akazi ubushomeri bunyigirizaho nkana kugeza ubwo nibaza icyo Imana yampoye nkakibura. Bamwe mu nshuti zanjye banyibazaho kandi nanjye koko nkumva biranshobeye.”

Avuga ko hari n’aho yagiye atsinda akazi mu myanya ikomeye ariko bikarangira aguzwe, ntayijyemo ahubwo ikinjizwamo abandi.

Agenda acuruza amagi mu mujyi wa Nairobi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 3 =

Previous Post

Uwafungiwe muri Gereza y’abagore bamwibeshyeho yatahuwe amaze gutereramo inda abagore babiri

Next Post

Hamenyekanye icyatumye hasubikwa igitaramo cy’Umunya-Nigeria w’ikirangirire kizabera i Kigali

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

IZIHERUKA

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye
IBYAMAMARE

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyatumye hasubikwa igitaramo cy’Umunya-Nigeria w’ikirangirire kizabera i Kigali

Hamenyekanye icyatumye hasubikwa igitaramo cy’Umunya-Nigeria w'ikirangirire kizabera i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.