Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikilo cy’ubwenge cyangwa inusu y’amahirwe?…Yiganye na Visi Perezida ubu we ni kanyabunyobwa

radiotv10by radiotv10
18/07/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
0
Ikilo cy’ubwenge cyangwa inusu y’amahirwe?…Yiganye na Visi Perezida ubu we ni kanyabunyobwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Kenya, Denis Obili Ogolla wiganye na Visi Perezida William Ruto, avuga ko yize amashuri menshi akaba afite imyamyabumenyi zitagira ingano ariko ko ntacyo zamumariye kuko ubu acuruza amagi n’ubunyobwa ku muhanda.

Denis Obili Ogolla, mu kiganiro yagiranye na Afrimax TV yamusanze mu Mujyi wa Nairobi aho aba ari kuzunguza amagi mu mihanda y’i Nairobi, yavuze ko yize amashuri menshi agamije kuzabaho neza no kuzateza imbere umuryango we ariko izi nzozi zayoyotse.

Avuga ko yagerageje gushaka akazi inshuro zirenga ibihumbi bitanu (5 000), bikananirana agahitamo kwigira gucuruza amagi.

Muri uyu mujyi wa Nairobi, anyuzamo akirambika mu busitani buri muri uyu mujyi, akagaragaza akababaro ko kuba ari mu buzima atigeze yifuza ndetse no kuba yarataye igihe cye ngo ariga.

Avuga ko ubwo yarangizaga icyiciro cya gatatu bya Kaminuza mu bijyanye n’amategeko, yarangirije rimwe n’abarimo abahiriwe muri Kenya bafite imyaka ikomeye.

Ati “Narangirije rimwe n’abantu benshi ubu bakomeye. Umwe muri bo ni Visi Perezida Dr Ruto William undi wa kabiri ni Philomena Mwilu Mbete ubu akaba ari Visi Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga na Eugene Ludovic Wamalwa [yabaye Minisitiri w’Ubutabera]”

Mu nzu nto abamo, irimo ibikoresho byose akoresha, ndetse n’impamyabumenyi zose yagiye ahabwa zose yagiye arambika ahantu hamwe.

Avuga ko yize ashyizeho umwete kugira ngo ave mu bukene yakuriyemo bwatewe no kuba yarabaye impfubyi akiri muto agasigara arera barumuna be dore ko ari we mfura mu muryango w’iwabo.

Yemeza ko amaze kugira impamyabumenyi zirenga 100 ariko ko atazi impamvu atabona akazi kuko ntako aba atagize ngo ashake.

Ati “Ntimwumve narize ayo mashuri yose ngo mugire ngo narahiriwe. Nabuze akazi ubushomeri bunyigirizaho nkana kugeza ubwo nibaza icyo Imana yampoye nkakibura. Bamwe mu nshuti zanjye banyibazaho kandi nanjye koko nkumva biranshobeye.”

Avuga ko hari n’aho yagiye atsinda akazi mu myanya ikomeye ariko bikarangira aguzwe, ntayijyemo ahubwo ikinjizwamo abandi.

Agenda acuruza amagi mu mujyi wa Nairobi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 15 =

Previous Post

Uwafungiwe muri Gereza y’abagore bamwibeshyeho yatahuwe amaze gutereramo inda abagore babiri

Next Post

Hamenyekanye icyatumye hasubikwa igitaramo cy’Umunya-Nigeria w’ikirangirire kizabera i Kigali

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyatumye hasubikwa igitaramo cy’Umunya-Nigeria w’ikirangirire kizabera i Kigali

Hamenyekanye icyatumye hasubikwa igitaramo cy’Umunya-Nigeria w'ikirangirire kizabera i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.