Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikindi Gihugu cy’i Burayi cyagaragaje ko cyifuza gukorana n’u Rwanda mu kohereza abimukira

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikindi Gihugu cy’i Burayi cyagaragaje ko cyifuza gukorana n’u Rwanda mu kohereza abimukira
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi mu rwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Gihugu cy’u Budage, yatanze igitekerezo ko abinjira muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bajya boherezwa mu Rwanda mu gihe kubasubiza mu Bihugu byabo bitagishoboka.

Komiseri Ushinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Budage, Joachim Stamp yabitangaje kuri uyu wa Kane mu kiganiro (Podcast) Table.Briefings gitambuka kuri Table Media.

Yatangaje ko hari amahirwe ko abimukira binjiye mu Budage mu buryo bunyuranyije n’amategeko banyuze mu Burusiya no muri Belarus, bashobora kujya boherezwa muri Afurika y’Iburasirazuba mu Rwanda, mu gihe haba hariho imbogamizi zo kuba basubira mu Bihugu byabo.

Yavuze ko izamuka ry’imibare y’abimukira bava muri ibi Bihugu byombi (u Burusiya na Belarus) ari umugambi w’Abaperezida babyo, Vladimir Putin na Aleksander Lukashenko, wo guhangana n’Uburengerazuba.

Yavuze ko aba “Bombi bohereza ku bushake abimukira ku mupaka w’Uburengerazuba bw’Ubumwe bw’u Burayi” kandi ko biri no mu mugambi wo kongera umubare w’impunzi ziturura muri Syrian, Iraq, na Afghanistan ku Mugabane w’u Burayi, zinyuze i Moscow no muri Minsk.

Stamp yatanze icyifuzo ko u Budage bwakorana n’u Rwanda

Stamp usanzwe ari umurwanashyaka rw’Ishyaka ‘Neoliberal Free Democrats (FDP) ryo mu Budage, yavuze ko Guverinoma y’iki Gihugu “Ishobora kwifashisha uburyo busa nk’ubwatangijwe n’u Bwongereza.”

Guverinoma yari iriho mu Bwongereza, yari yagiranye amasezerano n’iy’u Rwanda yo kohereza abimukira n’abashaka ubuhungiro binjiye muri kiriya Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ariko aza guteshwa agaciro na Guverinoma y’Ishyaka rya Labour riherutse kujya ku butegetsi riyobowe na Keir Starmer akaba ari na we Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu ubu.

Gusa James Cleverly wahoze ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, ubu akaba ari guhatanira umwanya wo kuyobora Ishyaka rya Conservative, aherutse gutangaza ko naramuka atowe, azahita yubura uyu mugambi.

Stamp wo mu Budage yavuze ko mu gihe uyu mugambi nk’uw’u Bwongereza wajya gushyirwa mu bikorwa n’Igihugu cyabo, byasaba ko bavugurura amategeko yo kohereza abantu, aho irisanzweho rivuga ko umuntu ashobora koherezwa mu kindi Gihugu adakomokamo, igihe gusa yaba afitanye isano na cyo, nko kuba hari uwo mu muryango we ugituyemo.

Kohereza abantu bava mu Budage, byabaye ingingo ishyushye nyuma yuko hari umuturage wo muri Syria wari wimwe ubuhungiro, agakora igitero akoresheje icyuma cyanagize abo gihitana.

Abinjiye mu Budage mu buryo bunyuranyije n’amategeko, hatanze igitekerezo ko bajya boherezwa mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Congo: Gereza ya Makala yapfiriyemo abantu 129 ishobora gufungwa

Next Post

America: Uwiciye ku ishuri abanyeshuri n’abarimu abarashe aravugwaho andi makuru

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America: Uwiciye ku ishuri abanyeshuri n’abarimu abarashe aravugwaho andi makuru

America: Uwiciye ku ishuri abanyeshuri n’abarimu abarashe aravugwaho andi makuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.