Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikiraro gihuza Muhanga na Gakenke cyongeye kwangirika nyuma y’iminsi micye gitashywe

radiotv10by radiotv10
20/04/2022
in MU RWANDA
0
Ikiraro gihuza Muhanga na Gakenke cyongeye kwangirika nyuma y’iminsi micye gitashywe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikiraro cya Gahira gihuza Akarere ka Muhanga n’aka Gakenke cyari cyatashywe tariki 14 Mata 2022, cyongeye kwangirika mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Mata kubera imvura nyinshi.

Ni amakuru yababaje abasanzwe bakoresha iki kiraro nk’uko babwiye RADIOTV10,  bavuze ko bababajwe no kubyukira kuri iyi nkuru ibabaje yo kuba iki kiraro cyangiritse hadaciye kabiri gisanwe ndetse bongeye kugikoresha.

Aba baturage bo mu Karere ka Muhanga, bavuga ko urujya n’uruza hagati y’Akarere kabo na Gakenke yari yongeye kuba ntamakemwa none iyangirika ry’iki kiraro ribikomye mu nkokora.

Umwe yagize ati “I Gakenke hasanzwe hari abaturage benshi bazinduka baje gukorera muri Muhanda nimugoroba bakongera gutaha, yewe natwe inaha i Muhanga hari benshi bajya gushakira imibereho muri Gakenke, urumva ko kuba cyongeye kwangirika ari inkuru mbi.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Mata, iki kiraro cyongeye kwangizwa n’imvura nyinshi yaguye ikuzuza umugezi wa Nyabarongo bigatuma iki kiraro gihengama.

Bizimana Eric, Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu yavuze ko igice kinini cyangiritse ari icyo ku ruhande rw’Akarere ka Gakenke.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice yavuze ko inzego z’ubuyobozi bw’ibanze ku bufatanye n’inzego z’umutekano bahise bashaka uburyo bakomeza gufasha abaturage kwambuka.

Yavuze ko ubu abashinzwe umutekano wo mu mazi basabwe gukomeza gufasha abaturage kwambuka bakoresheje ubwato.

Uyu muyobozi kandi yavuze ko abari batsindiye isoko ryo gusana iki kiraro, na bo bari kuganira n’ubuyobozi kugira ngo bashakire hamwe.

Yagize ati ”Dusabye Marine ko bakomeza kwambutsa abaturage, na Engineering Brigade bubatse iki kiraro bose batangiye kudufasha gutanga igisubizo.”

Tariki 14 Mata 2022, iki kiraro gihuza Umurenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga, na Ruli muri Gakenke cyari cyatashywe nyuma yo gusanwa dore ko cyari kimaze amezi atatu cyarangiritse.

Ubwo cyatahwaga mu cyumweru gishize
Cyongeye kwangirika

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 6 =

Previous Post

Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga

Next Post

Netflix yahagurukiye abantu baha abandi ‘Password’ za konti zabo

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Netflix yahagurukiye abantu baha abandi ‘Password’ za konti zabo

Netflix yahagurukiye abantu baha abandi 'Password' za konti zabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.