Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikiraro gihuza Muhanga na Gakenke cyongeye kwangirika nyuma y’iminsi micye gitashywe

radiotv10by radiotv10
20/04/2022
in MU RWANDA
0
Ikiraro gihuza Muhanga na Gakenke cyongeye kwangirika nyuma y’iminsi micye gitashywe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikiraro cya Gahira gihuza Akarere ka Muhanga n’aka Gakenke cyari cyatashywe tariki 14 Mata 2022, cyongeye kwangirika mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Mata kubera imvura nyinshi.

Ni amakuru yababaje abasanzwe bakoresha iki kiraro nk’uko babwiye RADIOTV10,  bavuze ko bababajwe no kubyukira kuri iyi nkuru ibabaje yo kuba iki kiraro cyangiritse hadaciye kabiri gisanwe ndetse bongeye kugikoresha.

Aba baturage bo mu Karere ka Muhanga, bavuga ko urujya n’uruza hagati y’Akarere kabo na Gakenke yari yongeye kuba ntamakemwa none iyangirika ry’iki kiraro ribikomye mu nkokora.

Umwe yagize ati “I Gakenke hasanzwe hari abaturage benshi bazinduka baje gukorera muri Muhanda nimugoroba bakongera gutaha, yewe natwe inaha i Muhanga hari benshi bajya gushakira imibereho muri Gakenke, urumva ko kuba cyongeye kwangirika ari inkuru mbi.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Mata, iki kiraro cyongeye kwangizwa n’imvura nyinshi yaguye ikuzuza umugezi wa Nyabarongo bigatuma iki kiraro gihengama.

Bizimana Eric, Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu yavuze ko igice kinini cyangiritse ari icyo ku ruhande rw’Akarere ka Gakenke.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice yavuze ko inzego z’ubuyobozi bw’ibanze ku bufatanye n’inzego z’umutekano bahise bashaka uburyo bakomeza gufasha abaturage kwambuka.

Yavuze ko ubu abashinzwe umutekano wo mu mazi basabwe gukomeza gufasha abaturage kwambuka bakoresheje ubwato.

Uyu muyobozi kandi yavuze ko abari batsindiye isoko ryo gusana iki kiraro, na bo bari kuganira n’ubuyobozi kugira ngo bashakire hamwe.

Yagize ati ”Dusabye Marine ko bakomeza kwambutsa abaturage, na Engineering Brigade bubatse iki kiraro bose batangiye kudufasha gutanga igisubizo.”

Tariki 14 Mata 2022, iki kiraro gihuza Umurenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga, na Ruli muri Gakenke cyari cyatashywe nyuma yo gusanwa dore ko cyari kimaze amezi atatu cyarangiritse.

Ubwo cyatahwaga mu cyumweru gishize
Cyongeye kwangirika

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga

Next Post

Netflix yahagurukiye abantu baha abandi ‘Password’ za konti zabo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Netflix yahagurukiye abantu baha abandi ‘Password’ za konti zabo

Netflix yahagurukiye abantu baha abandi 'Password' za konti zabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.