Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikirego DRCongo iregamo Sosiyete ya Apple cyatewe ishoti mu Bufaransa

radiotv10by radiotv10
04/03/2025
in AMAHANGA
0
Ikirego DRCongo iregamo Sosiyete ya Apple cyatewe ishoti mu Bufaransa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irega sosiyete ikomeye y’Abanyamerika ya Apple ikora ibikoresho by’ikoranabuhanga, gukoresha amabuye y’agaciro y’iki Gihugu ngo akurwa mu bihe by’amakimbirane, ubutabera bw’u Bufaransa bwateye utwatsi ikirego cya Leta ya Kinshasa.

Ibifatwa nk’ikimwaro kuri Kinshasa, Ubutabera bw’u Bufaransa bwashyinguye ikirego cy’iki Gihugu cyari cyatanzwe mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize aho iki Gihugu cyari cyareze iyi sosiyeye ya Apple ishami ryayo ryo mu Bufaranda, ko ikoresha “amabuye y’agaciro aturuka mu makimbirane’.

Mu cyemezo cyafashwe tariki 18 Gashyantare 2025 kigashyirwa hanze tariki 27 n’Abanyamategeko bunganira urega, kigaragaza ko nta bimenyetso bifatika cyangwa bihagije byatanzwe.

Ubutegetsi bwa Kinshasa, burega Apple gukoresha amabuye y’agaciro arimo ayo mu bwoko bwa Étain, tantale, tungstène, na zahabu mu gutunganya ibikoresho byayo bikomeye, yakuwe mu bice byo mu burengerazuba bwa DRC bigenzurwa n’umutwe wa M23 ngo nyuma yo kuhirukana abaturage, iki Gihugu kandi kikavuga ko ngo ayo mabuye y’agaciro anyuzwa mu Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda, mu gihe kitahwemye kubihakana.

Congo Kinshasa ivuga ko ayo mabuye y’agaciro yoherezwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, inashinja Apple ibindi byaha binyuranye, birimo kwakira no gukoresha amabuye y’agaciro y’amibano, no guhishira ibyaha by’intambara.

 

Ubutegetsi bwa Kinshasa bwiyemeje gukomeza guhanyanyaza

Nk’uko bitangazwa n’Abanyamategeko bunganira Leta ya DRC, William Bourdon na Vincent Brengarth, ngo nubwo iki “kirego cyashyinguwe’ ariko kuri bo kirabogamye, ndetse ngo ‘bazajurira Ubushinjacyaha bukuru’ bw’Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris’.

Aba banyamategeko bombi, bavuze ko iki cyemezo cyafashwe n’Ubushinjacyaha bw’i Paris, kidashobora gukoma mu nkokora ibyo Leta ya Kinshasa yiyemeje, bakavuga ko nibiba na ngombwa hazanakoreshwa inzira zo mu birego mbonezamubano kugira ngo hashyirweho Umucamaza wihariye kuri iki kirego.

Ni mu gihe sosiyete ya Apple yo ihakana yivuye inyuma ibirego byose ishinjwa na Leta ya Congo Kinshasa, ndetse ku birebana n’ibyaha by’intambara byavuzwe muri iki kirego, Ubutabera bw’u Bufaransa bwagiriye inama DRC “Kugana Ubushinjacyaha bw’Igihugu bushinzwe kurwanya iterabwoba bufite mu bubasha ibyo birego.”

Uretse iki kirego cyari cyashyikirijwe u Bufaransa bukaba bwagiteye utwatsi, hari n’ikindi cyatanzwe mu Bubiligi, byose birega iyi sosiyete ibi byaha.

Ibirego nk’ibi bya Leta ya Kinshasa, byakunze kuzamurwa byose bigamije gushinja u Rwanda ibinyoma ko rwiba amabuye y’agaciro y’iki Gihugu, mu gihe nta kimenyetso na kimwe kibigaragaza, ndetse iki Gihugu kikaba cyarakunze kubyamaganira kure, bikaba bikomeje no gushimangirwa n’ibyemezo bifatwa n’ubutabera bw’Ibihugu binyuranye bitera utwatsi ibi birego bya Congo.

Ivomo: Jeune Afrique

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 4 =

Previous Post

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu utakiba mu Rwanda yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we

Next Post

UKRAINE: ANOTHER “SHITHOLE COUNTRY?”

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UKRAINE: ANOTHER “SHITHOLE COUNTRY?”

UKRAINE: ANOTHER "SHITHOLE COUNTRY?"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.