• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikirego DRCongo iregamo Sosiyete ya Apple cyatewe ishoti mu Bufaransa

radiotv10by radiotv10
04/03/2025
in AMAHANGA
0
Ikirego DRCongo iregamo Sosiyete ya Apple cyatewe ishoti mu Bufaransa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irega sosiyete ikomeye y’Abanyamerika ya Apple ikora ibikoresho by’ikoranabuhanga, gukoresha amabuye y’agaciro y’iki Gihugu ngo akurwa mu bihe by’amakimbirane, ubutabera bw’u Bufaransa bwateye utwatsi ikirego cya Leta ya Kinshasa.

Ibifatwa nk’ikimwaro kuri Kinshasa, Ubutabera bw’u Bufaransa bwashyinguye ikirego cy’iki Gihugu cyari cyatanzwe mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize aho iki Gihugu cyari cyareze iyi sosiyeye ya Apple ishami ryayo ryo mu Bufaranda, ko ikoresha “amabuye y’agaciro aturuka mu makimbirane’.

Mu cyemezo cyafashwe tariki 18 Gashyantare 2025 kigashyirwa hanze tariki 27 n’Abanyamategeko bunganira urega, kigaragaza ko nta bimenyetso bifatika cyangwa bihagije byatanzwe.

Ubutegetsi bwa Kinshasa, burega Apple gukoresha amabuye y’agaciro arimo ayo mu bwoko bwa Étain, tantale, tungstène, na zahabu mu gutunganya ibikoresho byayo bikomeye, yakuwe mu bice byo mu burengerazuba bwa DRC bigenzurwa n’umutwe wa M23 ngo nyuma yo kuhirukana abaturage, iki Gihugu kandi kikavuga ko ngo ayo mabuye y’agaciro anyuzwa mu Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda, mu gihe kitahwemye kubihakana.

Congo Kinshasa ivuga ko ayo mabuye y’agaciro yoherezwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, inashinja Apple ibindi byaha binyuranye, birimo kwakira no gukoresha amabuye y’agaciro y’amibano, no guhishira ibyaha by’intambara.

 

Ubutegetsi bwa Kinshasa bwiyemeje gukomeza guhanyanyaza

Nk’uko bitangazwa n’Abanyamategeko bunganira Leta ya DRC, William Bourdon na Vincent Brengarth, ngo nubwo iki “kirego cyashyinguwe’ ariko kuri bo kirabogamye, ndetse ngo ‘bazajurira Ubushinjacyaha bukuru’ bw’Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris’.

Aba banyamategeko bombi, bavuze ko iki cyemezo cyafashwe n’Ubushinjacyaha bw’i Paris, kidashobora gukoma mu nkokora ibyo Leta ya Kinshasa yiyemeje, bakavuga ko nibiba na ngombwa hazanakoreshwa inzira zo mu birego mbonezamubano kugira ngo hashyirweho Umucamaza wihariye kuri iki kirego.

Ni mu gihe sosiyete ya Apple yo ihakana yivuye inyuma ibirego byose ishinjwa na Leta ya Congo Kinshasa, ndetse ku birebana n’ibyaha by’intambara byavuzwe muri iki kirego, Ubutabera bw’u Bufaransa bwagiriye inama DRC “Kugana Ubushinjacyaha bw’Igihugu bushinzwe kurwanya iterabwoba bufite mu bubasha ibyo birego.”

Uretse iki kirego cyari cyashyikirijwe u Bufaransa bukaba bwagiteye utwatsi, hari n’ikindi cyatanzwe mu Bubiligi, byose birega iyi sosiyete ibi byaha.

Ibirego nk’ibi bya Leta ya Kinshasa, byakunze kuzamurwa byose bigamije gushinja u Rwanda ibinyoma ko rwiba amabuye y’agaciro y’iki Gihugu, mu gihe nta kimenyetso na kimwe kibigaragaza, ndetse iki Gihugu kikaba cyarakunze kubyamaganira kure, bikaba bikomeje no gushimangirwa n’ibyemezo bifatwa n’ubutabera bw’Ibihugu binyuranye bitera utwatsi ibi birego bya Congo.

Ivomo: Jeune Afrique

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 11 =

Previous Post

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu utakiba mu Rwanda yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we

Next Post

UKRAINE: ANOTHER “SHITHOLE COUNTRY?”

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
UKRAINE: ANOTHER “SHITHOLE COUNTRY?”

UKRAINE: ANOTHER "SHITHOLE COUNTRY?"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.