Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikirego DRCongo iregamo Sosiyete ya Apple cyatewe ishoti mu Bufaransa

radiotv10by radiotv10
04/03/2025
in AMAHANGA
0
Ikirego DRCongo iregamo Sosiyete ya Apple cyatewe ishoti mu Bufaransa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irega sosiyete ikomeye y’Abanyamerika ya Apple ikora ibikoresho by’ikoranabuhanga, gukoresha amabuye y’agaciro y’iki Gihugu ngo akurwa mu bihe by’amakimbirane, ubutabera bw’u Bufaransa bwateye utwatsi ikirego cya Leta ya Kinshasa.

Ibifatwa nk’ikimwaro kuri Kinshasa, Ubutabera bw’u Bufaransa bwashyinguye ikirego cy’iki Gihugu cyari cyatanzwe mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize aho iki Gihugu cyari cyareze iyi sosiyeye ya Apple ishami ryayo ryo mu Bufaranda, ko ikoresha “amabuye y’agaciro aturuka mu makimbirane’.

Mu cyemezo cyafashwe tariki 18 Gashyantare 2025 kigashyirwa hanze tariki 27 n’Abanyamategeko bunganira urega, kigaragaza ko nta bimenyetso bifatika cyangwa bihagije byatanzwe.

Ubutegetsi bwa Kinshasa, burega Apple gukoresha amabuye y’agaciro arimo ayo mu bwoko bwa Étain, tantale, tungstène, na zahabu mu gutunganya ibikoresho byayo bikomeye, yakuwe mu bice byo mu burengerazuba bwa DRC bigenzurwa n’umutwe wa M23 ngo nyuma yo kuhirukana abaturage, iki Gihugu kandi kikavuga ko ngo ayo mabuye y’agaciro anyuzwa mu Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda, mu gihe kitahwemye kubihakana.

Congo Kinshasa ivuga ko ayo mabuye y’agaciro yoherezwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, inashinja Apple ibindi byaha binyuranye, birimo kwakira no gukoresha amabuye y’agaciro y’amibano, no guhishira ibyaha by’intambara.

 

Ubutegetsi bwa Kinshasa bwiyemeje gukomeza guhanyanyaza

Nk’uko bitangazwa n’Abanyamategeko bunganira Leta ya DRC, William Bourdon na Vincent Brengarth, ngo nubwo iki “kirego cyashyinguwe’ ariko kuri bo kirabogamye, ndetse ngo ‘bazajurira Ubushinjacyaha bukuru’ bw’Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris’.

Aba banyamategeko bombi, bavuze ko iki cyemezo cyafashwe n’Ubushinjacyaha bw’i Paris, kidashobora gukoma mu nkokora ibyo Leta ya Kinshasa yiyemeje, bakavuga ko nibiba na ngombwa hazanakoreshwa inzira zo mu birego mbonezamubano kugira ngo hashyirweho Umucamaza wihariye kuri iki kirego.

Ni mu gihe sosiyete ya Apple yo ihakana yivuye inyuma ibirego byose ishinjwa na Leta ya Congo Kinshasa, ndetse ku birebana n’ibyaha by’intambara byavuzwe muri iki kirego, Ubutabera bw’u Bufaransa bwagiriye inama DRC “Kugana Ubushinjacyaha bw’Igihugu bushinzwe kurwanya iterabwoba bufite mu bubasha ibyo birego.”

Uretse iki kirego cyari cyashyikirijwe u Bufaransa bukaba bwagiteye utwatsi, hari n’ikindi cyatanzwe mu Bubiligi, byose birega iyi sosiyete ibi byaha.

Ibirego nk’ibi bya Leta ya Kinshasa, byakunze kuzamurwa byose bigamije gushinja u Rwanda ibinyoma ko rwiba amabuye y’agaciro y’iki Gihugu, mu gihe nta kimenyetso na kimwe kibigaragaza, ndetse iki Gihugu kikaba cyarakunze kubyamaganira kure, bikaba bikomeje no gushimangirwa n’ibyemezo bifatwa n’ubutabera bw’Ibihugu binyuranye bitera utwatsi ibi birego bya Congo.

Ivomo: Jeune Afrique

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + nineteen =

Previous Post

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu utakiba mu Rwanda yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we

Next Post

UKRAINE: ANOTHER “SHITHOLE COUNTRY?”

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

IZIHERUKA

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru
FOOTBALL

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UKRAINE: ANOTHER “SHITHOLE COUNTRY?”

UKRAINE: ANOTHER "SHITHOLE COUNTRY?"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.