Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Imbere y’imbaga y’Abakristu Karidinali Kambanda yamaganiye kure ibyo guha umugisha abatinganyi

radiotv10by radiotv10
25/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Imbere y’imbaga y’Abakristu Karidinali Kambanda yamaganiye kure ibyo guha umugisha abatinganyi
Share on FacebookShare on Twitter

Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda akaba ari na Arikiyepisikopi wa Kigali, yongeye gushimangira ko Kiliziya Gatulika mu Rwanda idashyigikiye ibyo guha umugisha ababana bahuje igitsina, asaba Abakristu gusabira Kiliziya kuko yugarijwe n’ibi bigeragezo byo guhinyuza Imana.

Arikiyepisikopi wa Arkidiyosezi ya Kigali, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda yabitangaje ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 24 Ukuboza 2023, ubwo yari ayoboye Igitambo cy’Ukarisitiya cy’igitaramo cya Noheli, cyaturiwe muri Kiliziya ya Saint Michel.

Muri iki gitambo cyitabiriwe n’imbaga y’Abakristu ndetse cyakurikiwe na benshi kuri televiziyo, Karidinali Kambanda yasabye abakristu kwishimira ivuka ry’umucunguzi Yezu Kristu, kuko Noheli ari umunsi ukomeye ku Isi no mu Ijuru, kandi abatuye Isi bawizihiza hamwe n’abo mu Ijuru.

Gusa yavuze ko iyi Noheli ibaye mu gihe hari abantu bashaka guhinyuza Imana, bashaka kunyura inzira zitaremwe n’Imana, by’umwihariko agaruka ku babana bahuje igitsina, ndetse bakomeje no gusabirwa guhabwa umugisha muri Kiliziya Gatulika.

Karidinali Kambanda avuga ko Abanyarwanda badakwiye kugwa muri iki kigare cy’abahinyuzamana, bashaka kugendera mu ngeso zidakwiye abakristu.

Mu minsi micye ishize, Ibiro bya Papa biherutse gusohora inyandiko isabira ababana bahuje igitsina guhabwa umugisha muri Kiliziya Gatulika, ariko iyo mu Rwanda ikaba yarabyamaganiye kure.

Kambanda muri iki gitambo cy’ukarisitiya yongeye kwamagana izi ngeso z’inzaduka, ati “umugabo akavuga ati ‘nzashaka undi mugabo’, umugore akavuga ati ‘nzashaka undi mugore’ ndetse bagashaka kuyobya Kiliziya ngo ibemerere guhabwa umugisha nk’urugo.”

Akomeza avuga ko “urugo rugizwe n’umugabo n’umugore bakundana, bunze ubumwe kandi ubumwe bw’indatana ndetse bagamije kubyara.”

Yaboneyeho gusaba abayoboke ba Kiliziya Gatulika kuyisabira ku bw’ibi bigeragezo yinjijwemo n’abantu badukanye izo ngeso zitanejeje Imana.

Ati “Turugarijwe, ni ugusenga. Bikiramariya i Kibeho yaratuburiye ati ‘mwicuze, mwicuze Isi imeze nabi, musenge nta buryarya kandi musabire Kiliziya kuko ubuhakanyi buzaza bwiyoberanyije usange bwaratwinjiriye.”

Mu cyumweru gishize kandi Inama y’Igihugu y’Abipiskopi mu Rwanda yari yashyize hanze itangazo yamagana ibi byo guha umugisha ababana bahuje igitsina, ivuga ko bihabanye n’ibyo Imana yemera.

Iri tangazo ryavugaga ko umugisha w’isakaramentu ryo gushyingirwa wemewe ari “ugenewe umugabo n’umugore [bikubiye mu Intangiriro 1, 27] bahujwe n’urukundo ruzira gutana [Matayo 19, 6] kandi rigamije kubyara.”

Inama y’Abepisikopi mu Rwanda yakomezaga igira iti “Kubana kw’abantu bahuje igitsina bihabanye rwose n’amategeko y’Imana n’umuco wacu. Kuba umugisha wahabwa ababana bahuje igitsina byatera urujijo ku isakaramentu ry’ugushyingirwa.”

Si Kiliziya Gatulika mu Rwanda gusa ikomeje kwamagana ibi byo guha umugisha ababana bahuje igitsina, kuko kiliziya z’Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika, na zo zikomeje kubitera utwatsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Abadukanye ibyo kuzinga inote nk’indabo ngo ni impano bahawe gasopo

Next Post

Israel Mbonyi yongeye gukora ibyashobora abahanzi bacye mu Rwanda

Related Posts

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rwanda’s Permanent Representative to the United Nations, Ambassador Martin Ngoga, presented to the UN Security Council key dates marking atrocities...

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

Creating a Curriculum Vitae (CV) for the first time can feel intimidating, especially when you do not have much work...

IZIHERUKA

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa
AMAHANGA

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

15/12/2025
MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

15/12/2025
Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel Mbonyi yongeye gukora ibyashobora abahanzi bacye mu Rwanda

Israel Mbonyi yongeye gukora ibyashobora abahanzi bacye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.