Wednesday, May 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imbere y’Isi yose Tshisekedi yongeye kuvuga u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Imbere y’Isi yose Tshisekedi yongeye kuvuga u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Nteko Rusange ya 79 y’Umuryango w’Abibumbye, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yongeye kuzana mu majwi u Rwanda arushinja ibinyoma, icyakora avuga ko Igihugu cye cyiteguye kubahiriza imyanzuro y’i Luanda.

Tshisekedi yakunze kuzamura ibirego by’ibinyoma ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanira uburenganzira bwa bagenzi babo bavuga Ikinyarwanda batahwemye guhohoterwa.

U Rwanda na rwo ntirwahwemye kwamagana ibi birego by’ibinyoma, rukavuga ko ubutegetsi bwa Congo, bwakomeje gushaka uwo bwegekaho ibibazo bwananiwe gukemura kandi bireba Abanyekongo ubwabo.

Mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye iteraniye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Félix Tshisekedi yongeye kuzamura ibi birego, yongera gusaba ko u Rwanda rufatirwa ibihano.

Yagize ati “Ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC biteye impungenge. Imirwano yongeye kuzamurwa n’umutwe w’iterabwoba wa M23 ufashwa n’u Rwanda yateye akaga ku muryango mugari kurusha mbere aho abagera muri miliyoni zirindwi bavuye mu byabo.”

Uyu Mukuru wa Congo Kinshasa, yongeye kuvuga ko ingabo z’u Rwanda ziri muri iki Gihugu cye, mu gihe u Rwanda rutahwemye kubihakana ndetse n’ibimenyetso simusiga bikaba byarabeshyuje ibi binyoma.

Ati “Nubwo imbaraga z’ibiganiro bya dipolomasi byabereye i Luanda bitanga icyizere, ariko ntibigomba kwibagiza iyi ngingo yihutirwa kandi y’ingenzi.”

Tshisekedi yavuze ko Igihugu cye cya Congo gifite ubushake bwo kubahiriza icyazana amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse no gukomeza ibikorwa by’iterambere ry’ubukungu n’iry’abaturge.

Yavuze ko Igihugu cye cya Congo “Kidafunze imiryango ku mahirwe yose ku cyazana amahoro mu gihe cyose kitabangamira ubusugire bwacyo.”

Ni mu gihe Tshisekedi n’ubutegetsi bwe bakunze kurenga ku myanzuro yabaga yafatiwe mu nama z’i Luanda, nyamara umuryango mpuzamahanga ukaba warakunze kugaragaza ko ntakindi cyazana amahoro mu burasirazuba bwa Congo, uretse kuba ubutegetsi bw’iki Gihugu bwaganira n’umutwe wa M23.

Perezida wa Angola, João Lourenço na we mu ijambo yavugiye muri iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yatangaje ko hari umushinga yatanze uzageza ku masezerano y’amahoro n’ubwumvikane hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, kandi ko awufitiye icyizere ko umubano w’Ibihugu byombi uzongera kuba mwiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 20 =

Previous Post

Menya ibyaha byose bishinjwa abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone banibye miliyoni 400Frw

Next Post

Hatanzwe ihumure ku bikanga ko intambara ya Israel na Hezbollah yarushaho gukaza umurego

Related Posts

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

by radiotv10
14/05/2025
0

Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yakiriye i Vatican umukinnyi wa mbere ku Isi mu mukino...

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

by radiotv10
14/05/2025
0

Hategerejwe inama izahuriramo Perezida wa Ukrayine, Volodymyr Zelenskyy, na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin bagomba guhurira i Ankara muri...

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

by radiotv10
14/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko bukomeje umukwabu wo guhiga bukware no gufata abarwanyi ba FDLR, aba Wazalendo n’aba FARDC bakihishe...

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

by radiotv10
14/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwatangaje ko bwababajwe n’urupfu rwa Gasinzira Gishinge Juvenal wari uherutse kugirwa Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu y’Epfo...

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

by radiotv10
12/05/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rivuga ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugambiriye guhungabanya...

IZIHERUKA

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV
AMAHANGA

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

by radiotv10
14/05/2025
0

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

14/05/2025
Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

14/05/2025
Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

14/05/2025
Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

14/05/2025
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

14/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe ihumure ku bikanga ko intambara ya Israel na Hezbollah yarushaho gukaza umurego

Hatanzwe ihumure ku bikanga ko intambara ya Israel na Hezbollah yarushaho gukaza umurego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.