Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imbere y’Isi yose Tshisekedi yongeye kuvuga u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Imbere y’Isi yose Tshisekedi yongeye kuvuga u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Nteko Rusange ya 79 y’Umuryango w’Abibumbye, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yongeye kuzana mu majwi u Rwanda arushinja ibinyoma, icyakora avuga ko Igihugu cye cyiteguye kubahiriza imyanzuro y’i Luanda.

Tshisekedi yakunze kuzamura ibirego by’ibinyoma ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanira uburenganzira bwa bagenzi babo bavuga Ikinyarwanda batahwemye guhohoterwa.

U Rwanda na rwo ntirwahwemye kwamagana ibi birego by’ibinyoma, rukavuga ko ubutegetsi bwa Congo, bwakomeje gushaka uwo bwegekaho ibibazo bwananiwe gukemura kandi bireba Abanyekongo ubwabo.

Mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye iteraniye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Félix Tshisekedi yongeye kuzamura ibi birego, yongera gusaba ko u Rwanda rufatirwa ibihano.

Yagize ati “Ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC biteye impungenge. Imirwano yongeye kuzamurwa n’umutwe w’iterabwoba wa M23 ufashwa n’u Rwanda yateye akaga ku muryango mugari kurusha mbere aho abagera muri miliyoni zirindwi bavuye mu byabo.”

Uyu Mukuru wa Congo Kinshasa, yongeye kuvuga ko ingabo z’u Rwanda ziri muri iki Gihugu cye, mu gihe u Rwanda rutahwemye kubihakana ndetse n’ibimenyetso simusiga bikaba byarabeshyuje ibi binyoma.

Ati “Nubwo imbaraga z’ibiganiro bya dipolomasi byabereye i Luanda bitanga icyizere, ariko ntibigomba kwibagiza iyi ngingo yihutirwa kandi y’ingenzi.”

Tshisekedi yavuze ko Igihugu cye cya Congo gifite ubushake bwo kubahiriza icyazana amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse no gukomeza ibikorwa by’iterambere ry’ubukungu n’iry’abaturge.

Yavuze ko Igihugu cye cya Congo “Kidafunze imiryango ku mahirwe yose ku cyazana amahoro mu gihe cyose kitabangamira ubusugire bwacyo.”

Ni mu gihe Tshisekedi n’ubutegetsi bwe bakunze kurenga ku myanzuro yabaga yafatiwe mu nama z’i Luanda, nyamara umuryango mpuzamahanga ukaba warakunze kugaragaza ko ntakindi cyazana amahoro mu burasirazuba bwa Congo, uretse kuba ubutegetsi bw’iki Gihugu bwaganira n’umutwe wa M23.

Perezida wa Angola, João Lourenço na we mu ijambo yavugiye muri iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yatangaje ko hari umushinga yatanze uzageza ku masezerano y’amahoro n’ubwumvikane hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, kandi ko awufitiye icyizere ko umubano w’Ibihugu byombi uzongera kuba mwiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 14 =

Previous Post

Menya ibyaha byose bishinjwa abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone banibye miliyoni 400Frw

Next Post

Hatanzwe ihumure ku bikanga ko intambara ya Israel na Hezbollah yarushaho gukaza umurego

Related Posts

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe ihumure ku bikanga ko intambara ya Israel na Hezbollah yarushaho gukaza umurego

Hatanzwe ihumure ku bikanga ko intambara ya Israel na Hezbollah yarushaho gukaza umurego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.