Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imbere y’Isi yose Tshisekedi yongeye kuvuga u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Imbere y’Isi yose Tshisekedi yongeye kuvuga u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Nteko Rusange ya 79 y’Umuryango w’Abibumbye, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yongeye kuzana mu majwi u Rwanda arushinja ibinyoma, icyakora avuga ko Igihugu cye cyiteguye kubahiriza imyanzuro y’i Luanda.

Tshisekedi yakunze kuzamura ibirego by’ibinyoma ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanira uburenganzira bwa bagenzi babo bavuga Ikinyarwanda batahwemye guhohoterwa.

U Rwanda na rwo ntirwahwemye kwamagana ibi birego by’ibinyoma, rukavuga ko ubutegetsi bwa Congo, bwakomeje gushaka uwo bwegekaho ibibazo bwananiwe gukemura kandi bireba Abanyekongo ubwabo.

Mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye iteraniye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Félix Tshisekedi yongeye kuzamura ibi birego, yongera gusaba ko u Rwanda rufatirwa ibihano.

Yagize ati “Ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC biteye impungenge. Imirwano yongeye kuzamurwa n’umutwe w’iterabwoba wa M23 ufashwa n’u Rwanda yateye akaga ku muryango mugari kurusha mbere aho abagera muri miliyoni zirindwi bavuye mu byabo.”

Uyu Mukuru wa Congo Kinshasa, yongeye kuvuga ko ingabo z’u Rwanda ziri muri iki Gihugu cye, mu gihe u Rwanda rutahwemye kubihakana ndetse n’ibimenyetso simusiga bikaba byarabeshyuje ibi binyoma.

Ati “Nubwo imbaraga z’ibiganiro bya dipolomasi byabereye i Luanda bitanga icyizere, ariko ntibigomba kwibagiza iyi ngingo yihutirwa kandi y’ingenzi.”

Tshisekedi yavuze ko Igihugu cye cya Congo gifite ubushake bwo kubahiriza icyazana amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse no gukomeza ibikorwa by’iterambere ry’ubukungu n’iry’abaturge.

Yavuze ko Igihugu cye cya Congo “Kidafunze imiryango ku mahirwe yose ku cyazana amahoro mu gihe cyose kitabangamira ubusugire bwacyo.”

Ni mu gihe Tshisekedi n’ubutegetsi bwe bakunze kurenga ku myanzuro yabaga yafatiwe mu nama z’i Luanda, nyamara umuryango mpuzamahanga ukaba warakunze kugaragaza ko ntakindi cyazana amahoro mu burasirazuba bwa Congo, uretse kuba ubutegetsi bw’iki Gihugu bwaganira n’umutwe wa M23.

Perezida wa Angola, João Lourenço na we mu ijambo yavugiye muri iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yatangaje ko hari umushinga yatanze uzageza ku masezerano y’amahoro n’ubwumvikane hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, kandi ko awufitiye icyizere ko umubano w’Ibihugu byombi uzongera kuba mwiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Menya ibyaha byose bishinjwa abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone banibye miliyoni 400Frw

Next Post

Hatanzwe ihumure ku bikanga ko intambara ya Israel na Hezbollah yarushaho gukaza umurego

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe ihumure ku bikanga ko intambara ya Israel na Hezbollah yarushaho gukaza umurego

Hatanzwe ihumure ku bikanga ko intambara ya Israel na Hezbollah yarushaho gukaza umurego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.