Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imibare mishya y’uko Marburg ihagaze mu Rwanda iratanga icyizere

radiotv10by radiotv10
14/10/2024
in MU RWANDA
1
Imibare mishya y’uko Marburg ihagaze mu Rwanda iratanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima ku cyorezo cya Marburg, igaragaza ko nta barwayi bashya babonetse, ndetse nta n’abahitanywe n’iyi ndwara, ahubwo babiri bakaba bakize batumye umubare w’abamaze gukira ugera muri 20.

Imibare yatangajwe kuri iki Cyumweru tariki 13 Ukwakira 2024, igaragaza ko kugeza ubu hamaze gukira abantu 20 barimo babiri bakize kuri uwo munsi.

Ni mu gihe abamaze gusanganwa ubwandu bw’iyi ndwara ya Marburg kuva yagera muri Rwanda ari abantu 61, aho kuri iki cyumweru nta murwayi mushya n’umwe wabonetse mu bipimo 281 byafashwe, muri 3 657 bimaze gufatwa byose.

Kuri iki Cyumweru kandi hari hakomeje kubarwa abantu 14 bamaze kwitaba Imana bazize iyi ndwara, ariko nta n’umwe cyahitanye kuri uwo munsi, kimwe n’iminsi ibiri yombi yawubanjirije [ku wa Gatanu tariki 11 no ku wa Gatandatu tariki 12 Ukwakira].

Gahunda yo gutanga inkingo z’indwara ya Marburg na yo irakomeje, aho kugeza ubu hamaze gukingirwa abantu 669 barimo 49 bakingiwe kuri iki Cyumweru.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri iki Cyumweru, Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yatangaje ko u Rwanda rwakiriye inkingo 1 000 zizarufasha gukingira abari ku ruhembe muri uru rugamba rwo kurwanya Marburg.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ngarukiye Stephano says:
    1 year ago

    Always 10

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Hatahuwe uruganda rwakoraga inzoga zari zarazengereje abaziguraga bashituwe n’izina ryarwo

Next Post

Umuyobozi umwe mu Mujyi wa Kigali yatunguranye agaragara abyina bigezweho indirimbo ikunzwe mu Rwanda

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi umwe mu Mujyi wa Kigali yatunguranye agaragara abyina bigezweho indirimbo ikunzwe mu Rwanda

Umuyobozi umwe mu Mujyi wa Kigali yatunguranye agaragara abyina bigezweho indirimbo ikunzwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.