Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imigenderanire y’u Rwanda na Uganda igiye kurushaho kuba myiza

radiotv10by radiotv10
19/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Imigenderanire y’u Rwanda na Uganda igiye kurushaho kuba myiza
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa ziturutse mu Biro by’Igihugu bishinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda n’iz’ibyo muri Uganda, zahuriye mu mahugurwa agamije gusangizanya ubumenyi n’ubunararibonye, bigamije kurushaho kunoza imigenderanire y’abatuye Ibihugu byombi.

Aya mahugurwa y’iminsi ibiri, yatangiye kuri uyu wa Kane tariki 18 Mata 2024 nk’uko tubikesha Ibiro by’Igihugu bishinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda (Rwanda Migration) ndetse n’ibyo muri Uganda (Immigration Uganda).

Rwanda Migration mu butumwa yatanze kuri uyu wa Kane, yavuze ko “Intumwa ziturutse muri Rwanda Migration ndetse na Immigration Uganda, hamwe n’abayobozi baturutse mu Rwanda na Uganda, batangiye amahugurwa y’iminsi ibiri ku byerecyeye abinjira n’abasohka, mu gikorwa cyabereye ku Mupaka wa Kagitumba.”

Rwanda Migration ikomeza igira iti “Abitabiriye amahugurwa basangiye ibitekerezo n’ubunararibonye ku bibazo byerecyeye abinjira n’abasohoka mu nyungu zihuriweho.”

Urwego Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Uganda, rwatangaje ko aya mahugurwa azaba umwanya mwiza wo kunguka ubumenyi ku bakozi b’impande zombi, bugamije kunoza imigenderanire y’Ibihugu byombi.

Immigration Uganda yagize ati “Amahugurwa azaha abayitabiriye ubumenyi bukenewe mu gukemura imbogamizi, kwagura imikoranire mu by’imipaka ndetse no guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.”

Uru Rwego rukomeza ruvuga ko aya mahugurwa ari umwe mu myanzuro yafatiwe mu nama yahuje Abayobozi Bakuru b’Ibiro Bishinzwe Abinjira n’Abahoka by’Ibihugu byombi, yabereye i Mbarara muri Nzeri umwaka ushize wa 2023.

Ni amahugurwa abaye mu gihe umubano w’u Rwanda na Uganda ukomeje kuba ntamakemwa, kuko wigeze kuzamo igitotsi, ariko ubu inzego z’Ibihugu byombi zikaba zikomeje kugendererana mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umubano n’imikoranire y’ibi Bihugu.

Aya mahugurwa yatangiye nyuma y’amasaha macye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Mohoozi Kainerugaba yakiriye intumwa z’ubuyobozi bwa RDF zari ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi.

Abakozi bo ku Mipaka y’u Rwanda na Uganda bari mu mahugurwa y’iminsi ibiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − six =

Previous Post

Zimbabwe: Inkuru nziza yasesekaye ku mfungwa 4.000 zirimo n’izari zarakatiwe urwo gupfa

Next Post

Igihugu cy’igihangange cyatumye ikimaze igihe gisumbirijwe n’intambara kitinjira muri UN

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cy’igihangange cyatumye ikimaze igihe gisumbirijwe n’intambara kitinjira muri UN

Igihugu cy’igihangange cyatumye ikimaze igihe gisumbirijwe n’intambara kitinjira muri UN

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.