Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Imigisha yatangiye gusesekara ku wibarutse avuye kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi

radiotv10by radiotv10
03/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Imigisha yatangiye gusesekara ku wibarutse avuye kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi wo mu Kagari ka Kabahinda mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, uherutse kubyara avuye mu bikorwa byo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi, akita umwana we Irarinda Ange Jeannine, agiye kubakirwa nyuma y’uko bagiye kumuhemba bagasanga aho aba hadashimishije.

Uwamariya Noella yibarutse umwana w’umukobwa nyuma y’uko yari yitabiriye igikorwa cyo kwamamaza Paul Kagame cyabaye ku ya 28 Kamena 2024 mu Karere ka Rusizi.

Uyu mubyeyi yafashwe n’ibise akiri kuri Sitade yaberagaho iki gikorwa ubwo cyariho gihumuza, ahita ahabwa ubufasha agezwa kwa muganga, ndetse aza kwibaruka neza.

Uyu mubyeyi, ubwo yari kwa muganga aho yibarukiye, yasuwe n’itsinda ry’abanyamuryango ba FPR-inkotanyi rimugenera igikoma ndetse n’ibindi bikoresho bikenerwa n’umubyeyi wibarutse nk’imyambaro ndetse n’ibikoresho by’isuku.

Abaturanye n’uyu mubyeyi, babwiye RADIOTV10 ko ibi bikwiye guherekezwa no kumwubakira kuko babona ko izu uyu mwana bita umunyamugisha arimo itamukwiye

Uzayisenga Christine usanzwe ari n’Umujyanama w’Ubuzima yagize ati “Ange ahantu ari hameze nabi, akeneye kuba ahantu heza nk’umwana wavukanye umugisha, urabona ko inzu arimo iranavirwa.”

Nyuma yo kumenya ko uyu mubyeyi aba mu nzu itameze neza, ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi, bunashima umurava yagize akemera kujya kuri sitade nyamara akuriwe, buvuga ko muri uku kwezi agomba kubakirwa

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Anicet Kibiriga yagize ati “Nk’umuryango wa RPF-Inkotanyi hano mu Karere kacu ka Rusizi twegeranyije igikoma tujya guhemba umubyeyi wibarutse, byatumye tumenya n’ubundi buzima abayemo cyane cyane ko ahantu ari hatameze neza. Twiyemeje rero ko muri uku kwezi kwa karindwi tugiye kumwubakira.”

Ubuto bw’inzu uyu mubyeyi abamo ndetse no kuba itameze neza, byatumye ibyo yahawe n’abanyamuryango ba FPR-InkotaNYI ubwo yari kwa muganga birimo ibiribwa n’ibikoresho by’isuku, bibikwa mu baturanyi.

Uwamariya Noella ubwo bajyaga kumuhemba basanze ariho mu buzima butameze neza
Inzu abamo bamwe mu baturage bavuga ko Ange wavukanye umugisha adakwiye kuyikuriramo

Agiye kubakirwa muri uku kwezi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Kagame yageneye ubutumwa abashidikanya ku bwitabire bwo hejuru bw’abaza kumwamamaza bakabwitirira ibindi

Next Post

Watch Justin Timberlake’s ‘Cry Me a River’ Come to Life in Mesmerizing Dance

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Watch Justin Timberlake's 'Cry Me a River' Come to Life in Mesmerizing Dance

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.