Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Imigisha yatangiye gusesekara ku wibarutse avuye kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi

radiotv10by radiotv10
03/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Imigisha yatangiye gusesekara ku wibarutse avuye kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi wo mu Kagari ka Kabahinda mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, uherutse kubyara avuye mu bikorwa byo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi, akita umwana we Irarinda Ange Jeannine, agiye kubakirwa nyuma y’uko bagiye kumuhemba bagasanga aho aba hadashimishije.

Uwamariya Noella yibarutse umwana w’umukobwa nyuma y’uko yari yitabiriye igikorwa cyo kwamamaza Paul Kagame cyabaye ku ya 28 Kamena 2024 mu Karere ka Rusizi.

Uyu mubyeyi yafashwe n’ibise akiri kuri Sitade yaberagaho iki gikorwa ubwo cyariho gihumuza, ahita ahabwa ubufasha agezwa kwa muganga, ndetse aza kwibaruka neza.

Uyu mubyeyi, ubwo yari kwa muganga aho yibarukiye, yasuwe n’itsinda ry’abanyamuryango ba FPR-inkotanyi rimugenera igikoma ndetse n’ibindi bikoresho bikenerwa n’umubyeyi wibarutse nk’imyambaro ndetse n’ibikoresho by’isuku.

Abaturanye n’uyu mubyeyi, babwiye RADIOTV10 ko ibi bikwiye guherekezwa no kumwubakira kuko babona ko izu uyu mwana bita umunyamugisha arimo itamukwiye

Uzayisenga Christine usanzwe ari n’Umujyanama w’Ubuzima yagize ati “Ange ahantu ari hameze nabi, akeneye kuba ahantu heza nk’umwana wavukanye umugisha, urabona ko inzu arimo iranavirwa.”

Nyuma yo kumenya ko uyu mubyeyi aba mu nzu itameze neza, ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi, bunashima umurava yagize akemera kujya kuri sitade nyamara akuriwe, buvuga ko muri uku kwezi agomba kubakirwa

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Anicet Kibiriga yagize ati “Nk’umuryango wa RPF-Inkotanyi hano mu Karere kacu ka Rusizi twegeranyije igikoma tujya guhemba umubyeyi wibarutse, byatumye tumenya n’ubundi buzima abayemo cyane cyane ko ahantu ari hatameze neza. Twiyemeje rero ko muri uku kwezi kwa karindwi tugiye kumwubakira.”

Ubuto bw’inzu uyu mubyeyi abamo ndetse no kuba itameze neza, byatumye ibyo yahawe n’abanyamuryango ba FPR-InkotaNYI ubwo yari kwa muganga birimo ibiribwa n’ibikoresho by’isuku, bibikwa mu baturanyi.

Uwamariya Noella ubwo bajyaga kumuhemba basanze ariho mu buzima butameze neza
Inzu abamo bamwe mu baturage bavuga ko Ange wavukanye umugisha adakwiye kuyikuriramo

Agiye kubakirwa muri uku kwezi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − sixteen =

Previous Post

Kagame yageneye ubutumwa abashidikanya ku bwitabire bwo hejuru bw’abaza kumwamamaza bakabwitirira ibindi

Next Post

Watch Justin Timberlake’s ‘Cry Me a River’ Come to Life in Mesmerizing Dance

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Watch Justin Timberlake's 'Cry Me a River' Come to Life in Mesmerizing Dance

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.