Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Imigisha yatangiye gusesekara ku wibarutse avuye kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi

radiotv10by radiotv10
03/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Imigisha yatangiye gusesekara ku wibarutse avuye kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi wo mu Kagari ka Kabahinda mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, uherutse kubyara avuye mu bikorwa byo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi, akita umwana we Irarinda Ange Jeannine, agiye kubakirwa nyuma y’uko bagiye kumuhemba bagasanga aho aba hadashimishije.

Uwamariya Noella yibarutse umwana w’umukobwa nyuma y’uko yari yitabiriye igikorwa cyo kwamamaza Paul Kagame cyabaye ku ya 28 Kamena 2024 mu Karere ka Rusizi.

Uyu mubyeyi yafashwe n’ibise akiri kuri Sitade yaberagaho iki gikorwa ubwo cyariho gihumuza, ahita ahabwa ubufasha agezwa kwa muganga, ndetse aza kwibaruka neza.

Uyu mubyeyi, ubwo yari kwa muganga aho yibarukiye, yasuwe n’itsinda ry’abanyamuryango ba FPR-inkotanyi rimugenera igikoma ndetse n’ibindi bikoresho bikenerwa n’umubyeyi wibarutse nk’imyambaro ndetse n’ibikoresho by’isuku.

Abaturanye n’uyu mubyeyi, babwiye RADIOTV10 ko ibi bikwiye guherekezwa no kumwubakira kuko babona ko izu uyu mwana bita umunyamugisha arimo itamukwiye

Uzayisenga Christine usanzwe ari n’Umujyanama w’Ubuzima yagize ati “Ange ahantu ari hameze nabi, akeneye kuba ahantu heza nk’umwana wavukanye umugisha, urabona ko inzu arimo iranavirwa.”

Nyuma yo kumenya ko uyu mubyeyi aba mu nzu itameze neza, ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi, bunashima umurava yagize akemera kujya kuri sitade nyamara akuriwe, buvuga ko muri uku kwezi agomba kubakirwa

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Anicet Kibiriga yagize ati “Nk’umuryango wa RPF-Inkotanyi hano mu Karere kacu ka Rusizi twegeranyije igikoma tujya guhemba umubyeyi wibarutse, byatumye tumenya n’ubundi buzima abayemo cyane cyane ko ahantu ari hatameze neza. Twiyemeje rero ko muri uku kwezi kwa karindwi tugiye kumwubakira.”

Ubuto bw’inzu uyu mubyeyi abamo ndetse no kuba itameze neza, byatumye ibyo yahawe n’abanyamuryango ba FPR-InkotaNYI ubwo yari kwa muganga birimo ibiribwa n’ibikoresho by’isuku, bibikwa mu baturanyi.

Uwamariya Noella ubwo bajyaga kumuhemba basanze ariho mu buzima butameze neza
Inzu abamo bamwe mu baturage bavuga ko Ange wavukanye umugisha adakwiye kuyikuriramo

Agiye kubakirwa muri uku kwezi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Kagame yageneye ubutumwa abashidikanya ku bwitabire bwo hejuru bw’abaza kumwamamaza bakabwitirira ibindi

Next Post

Watch Justin Timberlake’s ‘Cry Me a River’ Come to Life in Mesmerizing Dance

Related Posts

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Kagari ka Mwezi mu Murenge wa Karengera, mu Karere ka Nyamasheje, bahangayikishijwe n’imibereho y’umugabo wirukanywe mu nzu...

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bahawe ubutaka na Leta ngo bakoreremo ubucukuzi bw’Amabuye...

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

Abantu batanu barimo umugore umwe baregwa kwica umugabo bamukase ijosi bamusanze mu rugo iwe mu Murenge wa Ngoma mu Karere...

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

by radiotv10
08/07/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kurema umutwe...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we
MU RWANDA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

09/07/2025
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

08/07/2025
Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

08/07/2025
Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Watch Justin Timberlake's 'Cry Me a River' Come to Life in Mesmerizing Dance

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.