Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imikino ya BAL 2024 izabera mu bihugu birimo u Rwanda hamenyekanye igihe izabera

radiotv10by radiotv10
07/01/2024
in AMAHANGA, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, SIPORO
0
Imikino ya BAL 2024 izabera mu bihugu birimo u Rwanda hamenyekanye igihe izabera
Share on FacebookShare on Twitter

Irushanwa rya Basketball Africa League rigiye kuba ku nshuro yaryo ya kane, rizatangira tariki ya 9 Werurwe risozwe ku wa 1 Kamena 2024, aho rizabera mu bihugu bine birimo, Afurika y’Epfo, Sénégal, Misiri n’u Rwanda ruzakira imikino ya nyuma ku nshuro ya kane yikurikiranya.

BAL 2024 izitabirwa n’amakipe 12 yo mu bihugu 12, izaba igizwe n’imikino 48 izakinirwa mu mijyi ine mu gihe cy’amezi ane ya 2024.

Amakipe 12 azitabira iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya kane, yagabanyijwe mu bice bitatu Kalahari Conference, Sahara Conference na Nile Conference.

Kalahari Conference yo muri Afurika y’Epfo mu mujyi wa Pretoria izakira imikino hagati y’itariki 9 Werurwe kugeza ku ya 17 Werurwe 2024, Nile Conference izabera muri Hassan Mostafa Indoor Sports Complex y’i Cairo mu Misiri, hagati y’itariki ya 19 Mata kugeza 27 Mata 2024.

Sahara Conference yo muri Dakar Arena yo muri Senegal izakinira imikino hagati y’itariki ya 4 Gicurasi kugeza 12 Gicurasi 2024.

Amakipe abiri yitwaye neza muri buri gice n’andi abiri yatsinzwe gahoro muri buri gice, azakomereza urugendo muri BK Arena mu Rwanda, akine imikino umunani ya nyuma (play-offs n’imikino ya nyuma) izaba kuva tariki ya 24 Gicurasi kugeza ku ya 1 Kamena 2024.

Perezida wa BAL, Amadou Gallo Fall, yahaye ikaze buri wese wifuza kureba iyi mikino, abishingiye ku buryo imijyi iyakira ikomeje kwakira neza iri rushanwa.

Yagize ati “Nk’uko bisanzwe tumaze kwaguka ku buryo bugaragara mu mijyi twakiriramo BAL. Ni yo mpamvu duhaye buri wese ikaze ryo kuzitabira iyi mikino mu mijyi y’icyitegererezo muri Afurika”.

Mu bice bitatu bigize BAL 2024, kimwe kizaba gifite amakipe ane.

Buri gice kizakina imikino 9 mu matsinda, buri kipe ikine n’iyindi. Amakipe umunani ya mbere ni yo azakina play-offs zizaba zigizwe n’ibice bitatu.

U Rwanda muri iyi mikino ruzahagarirwa na APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona umwaka ushize nyuma y’imyaka 14 itsinze REG BBC imikino ine ku busa muri kamarampaka.

Irushanwa riheruka ryakinwe n’abakinnyi baturutse mu bihugu 23 byo ku Mugabane w’Afurika, u Burayi na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Al Ahly Sporting Club yo mu Misiri ni yo yegukanye igikombe itsinze AS Douanes yo muri Sénégal amanota 80-65.

Amakipe 12 azakina BAL 2024

Al Ahly Sporting Club (Misiri)

AS Douanes (Senegal)

Petro de Luanda (Angola)

US Monastir (Tunisia)

APR (Rwanda)

Rivers Hoopers (Nigeria)

Bangui Sporting Club (Central African Republic)

FUS Rabat (Morocco)

Al Alhy Benghazi (Libya)

Cape Town Tigers (Afurika Y’Epfo)

City Oilers (Uganda)

Dynamo Basket Club (Burundi).

 

Radiotv10Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 17 =

Previous Post

Gitifu w’Akagari n’ukuriye irondo bafunzwe bakekwaho gukubita umuntu bikamuviramo gupfa

Next Post

Dosiye ya Ousmane Sonko yo kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Senegal yanzwe

Related Posts

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare barimo Innocent Munyengango wigeze kuba...

IZIHERUKA

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo
AMAHANGA

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

12/12/2025
Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

12/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Senegal: Umunyapolitiki ukomeye yatangiye gukorera muri gereza igikorwa kidasanzwe

Dosiye ya Ousmane Sonko yo kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Senegal yanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.