Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imikino ya BAL 2024 izabera mu bihugu birimo u Rwanda hamenyekanye igihe izabera

radiotv10by radiotv10
07/01/2024
in AMAHANGA, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, SIPORO
0
Imikino ya BAL 2024 izabera mu bihugu birimo u Rwanda hamenyekanye igihe izabera
Share on FacebookShare on Twitter

Irushanwa rya Basketball Africa League rigiye kuba ku nshuro yaryo ya kane, rizatangira tariki ya 9 Werurwe risozwe ku wa 1 Kamena 2024, aho rizabera mu bihugu bine birimo, Afurika y’Epfo, Sénégal, Misiri n’u Rwanda ruzakira imikino ya nyuma ku nshuro ya kane yikurikiranya.

BAL 2024 izitabirwa n’amakipe 12 yo mu bihugu 12, izaba igizwe n’imikino 48 izakinirwa mu mijyi ine mu gihe cy’amezi ane ya 2024.

Amakipe 12 azitabira iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya kane, yagabanyijwe mu bice bitatu Kalahari Conference, Sahara Conference na Nile Conference.

Kalahari Conference yo muri Afurika y’Epfo mu mujyi wa Pretoria izakira imikino hagati y’itariki 9 Werurwe kugeza ku ya 17 Werurwe 2024, Nile Conference izabera muri Hassan Mostafa Indoor Sports Complex y’i Cairo mu Misiri, hagati y’itariki ya 19 Mata kugeza 27 Mata 2024.

Sahara Conference yo muri Dakar Arena yo muri Senegal izakinira imikino hagati y’itariki ya 4 Gicurasi kugeza 12 Gicurasi 2024.

Amakipe abiri yitwaye neza muri buri gice n’andi abiri yatsinzwe gahoro muri buri gice, azakomereza urugendo muri BK Arena mu Rwanda, akine imikino umunani ya nyuma (play-offs n’imikino ya nyuma) izaba kuva tariki ya 24 Gicurasi kugeza ku ya 1 Kamena 2024.

Perezida wa BAL, Amadou Gallo Fall, yahaye ikaze buri wese wifuza kureba iyi mikino, abishingiye ku buryo imijyi iyakira ikomeje kwakira neza iri rushanwa.

Yagize ati “Nk’uko bisanzwe tumaze kwaguka ku buryo bugaragara mu mijyi twakiriramo BAL. Ni yo mpamvu duhaye buri wese ikaze ryo kuzitabira iyi mikino mu mijyi y’icyitegererezo muri Afurika”.

Mu bice bitatu bigize BAL 2024, kimwe kizaba gifite amakipe ane.

Buri gice kizakina imikino 9 mu matsinda, buri kipe ikine n’iyindi. Amakipe umunani ya mbere ni yo azakina play-offs zizaba zigizwe n’ibice bitatu.

U Rwanda muri iyi mikino ruzahagarirwa na APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona umwaka ushize nyuma y’imyaka 14 itsinze REG BBC imikino ine ku busa muri kamarampaka.

Irushanwa riheruka ryakinwe n’abakinnyi baturutse mu bihugu 23 byo ku Mugabane w’Afurika, u Burayi na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Al Ahly Sporting Club yo mu Misiri ni yo yegukanye igikombe itsinze AS Douanes yo muri Sénégal amanota 80-65.

Amakipe 12 azakina BAL 2024

Al Ahly Sporting Club (Misiri)

AS Douanes (Senegal)

Petro de Luanda (Angola)

US Monastir (Tunisia)

APR (Rwanda)

Rivers Hoopers (Nigeria)

Bangui Sporting Club (Central African Republic)

FUS Rabat (Morocco)

Al Alhy Benghazi (Libya)

Cape Town Tigers (Afurika Y’Epfo)

City Oilers (Uganda)

Dynamo Basket Club (Burundi).

 

Radiotv10Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 4 =

Previous Post

Gitifu w’Akagari n’ukuriye irondo bafunzwe bakekwaho gukubita umuntu bikamuviramo gupfa

Next Post

Dosiye ya Ousmane Sonko yo kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Senegal yanzwe

Related Posts

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Senegal: Umunyapolitiki ukomeye yatangiye gukorera muri gereza igikorwa kidasanzwe

Dosiye ya Ousmane Sonko yo kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Senegal yanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.