Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Imirambo y’Abasirikare ba Afurika y’Epfo bapfiye muri Congo yanyujijwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Imirambo y’Abasirikare ba Afurika y’Epfo bapfiye muri Congo yanyujijwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Imibiri y’abasirikare 14 ba Afurika y’Epfo baguye mu mirwano iherutse guhanganisha FARDC na M23, yacyuwe mu Gihugu bakomokamo, inyujijwe mu Rwanda no muri Uganda.

Iyi mibiri y’abasirikare 14 ba Afurika y’Epfo, yanyujijwe ku Mupaka munini uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Gashyantare 2025.

Iyi mirambo yaje itwawe mu modoka z’Umuryango w’Abibumbye, aho nyuma yo kwambuka zikinjira mu Rwanda zikakirwa n’inzego z’u Rwanda, zahise zikomereza muri Uganda, kugira ngo iyi mibiri igezwe ku Kibuga cy’Indege cya Entebbe, aho izakurwa ijyanwa muri Afurika y’Epfo kugira ngo ishyingurwe.

Imwe muri iyi mirambo, ni iy’abasirikare ba Afurika y’Epfo baburiye ubuzima mu rugamba rwabereye mu Mujyi wa Goma, ubwo umutwe wa M23 wari uri kuwubohoza, mu gihe indi ari iy’abapfiriye mu rugamba rwabereye i Sake.

Amakuru yari aherutse gutangazwa kuri iyi mibiri, yavugaga ko yatangiye kwangirika kubera igihe yari imaze, aho yagiye ikurwa mu bice binyuranye aba basirikare bagiye bagwamo igatinda kugezwa mu buhukiro bw’Ibitaro.

Byari biteganyijwe ko iyi mirambo icyurwa ku wa Gatatu w’iki cyumweru ariko biza gutinda bitewe n’ibiganiro byariho biba hagati y’umutwe wa M23 n’Umuryango wa SADC aba basirikare bari babereyemo mu butumwa.

Iyi mirambo y’abasirikare ba Afurika y’Epfo, icyuwe nyuma yuko Perezida w’iki Gihugu, Cyril Ramaphosa aciye amarenga ko Igihugu cye kigiye gucyura ingabo zacyo ziri muri ubu butumwa bwa SADC zagiye gufashamo igisirikare cya DRC, aho yavuze ko bagiye “gukora ibishoboka kugira ngo abahungu bacu batawe iwabo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Uzwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda yagize ibyago nyuma y’umwaka agize ibindi byamusigiye agahinda

Next Post

Hatangajwe igihano cyakatiwe Umusirikare wishe abaturage batanu nyuma yo kujuririra icya burundu

Related Posts

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

IZIHERUKA

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho
MU RWANDA

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe igihano cyakatiwe Umusirikare wishe abaturage batanu nyuma yo kujuririra icya burundu

Hatangajwe igihano cyakatiwe Umusirikare wishe abaturage batanu nyuma yo kujuririra icya burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.