Imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’uruhande bahanganye rugizwe na FARDC n’abafasha iki gisirikare cya DRC, irakomeje mu bice byo muri Kivu y’Epfo, ahavugwa ibitero byifashisha indege z’intambara zirasa ibisasu mu bice birimo Minembwe.
Iyi mirwano yakomeje mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mata 2026 nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka.
Mu butumwa bwa Kanyuka, yavuze ko “Kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Mata 2026, guhera saa cyenda n’iminota cumi n’itanu za mu gitondo kugeza ubu, ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zishyize hamwe zakomeje kurasa ibisasu mu gace gatuwe cyane ka Mikenke, muri Minembwe, zikoresheje indege za kamikaze.”
Kanyuka kandi avuga ko n’ubundi muri iki gitondo, ahagana saa kumi n’imwe n’igice, izi ngabo zagabye igitero mu gace gatuwe cyane ka Mitimingi, mu gace ka Masisi, zangize byinshi birimo n’inzu z’abaturage, ndetse benshi bakaba bavuye mu byabo bagahunda.
Uretse ibi bitero byagabwe muri iki gitondo kandi, mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, n’ubundi uruhande rwa Leta ya Congo rwakomeje ibitero, birimo icyagabwe mu ijoro ku ya 18 rishyira ku ya 19 Mata 2026, mu bice bya Kalingi na Bidegu na byo byo muri Minembwe.
Kuri iki Cyumweru kandi saa cyenda n’iminota makumyabiri z’umugoroba, abarwanira uruhande rwa Leta ya Congo barashe ibisasu biremereye mu gace ka Mitimingi no mu tundi duce tuhakikije muri Teritwari ya Masisi, aho na bwo bakoresheje indege ya CH-4.
Iyi mirwano ikomeje guhindura isura, mu gihe mu cyumweru gishize, Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Congo Kinshasa, basinye amasezerano mu biganiro byaberaga i Burayi.
Muri ariya maseezerano, yemerera Ihuriro AFC/M23 kuzagira abarihagararira mu rwego Ruhuriweho EJVM mu kugenzura agahenge kemeranyijweho n’impende zombi.
RADIOTV10











