• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

radiotv10by radiotv10
20/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’uruhande bahanganye rugizwe na FARDC n’abafasha iki gisirikare cya DRC, irakomeje mu bice byo muri Kivu y’Epfo, ahavugwa ibitero byifashisha indege z’intambara zirasa ibisasu mu bice birimo Minembwe.

Iyi mirwano yakomeje mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mata 2026 nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka.

Mu butumwa bwa Kanyuka, yavuze ko “Kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Mata 2026, guhera saa cyenda n’iminota cumi n’itanu za mu gitondo kugeza ubu, ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zishyize hamwe zakomeje kurasa ibisasu mu gace gatuwe cyane ka Mikenke, muri Minembwe, zikoresheje indege za kamikaze.”

Kanyuka kandi avuga ko n’ubundi muri iki gitondo, ahagana saa kumi n’imwe n’igice, izi ngabo zagabye igitero mu gace gatuwe cyane ka Mitimingi, mu gace ka Masisi, zangize byinshi birimo n’inzu z’abaturage, ndetse benshi bakaba bavuye mu byabo bagahunda.

Uretse ibi bitero byagabwe muri iki gitondo kandi, mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, n’ubundi uruhande rwa Leta ya Congo rwakomeje ibitero, birimo icyagabwe mu ijoro ku ya 18 rishyira ku ya 19 Mata 2026, mu bice bya Kalingi na Bidegu na byo byo muri Minembwe.

Kuri iki Cyumweru kandi saa cyenda n’iminota makumyabiri z’umugoroba, abarwanira uruhande rwa Leta ya Congo barashe ibisasu biremereye mu gace ka Mitimingi no mu tundi duce tuhakikije muri Teritwari ya Masisi, aho na bwo bakoresheje indege ya CH-4.

Iyi mirwano ikomeje guhindura isura, mu gihe mu cyumweru gishize, Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Congo Kinshasa, basinye amasezerano mu biganiro byaberaga i Burayi.

Muri ariya maseezerano, yemerera Ihuriro AFC/M23 kuzagira abarihagararira mu rwego Ruhuriweho EJVM mu kugenzura agahenge kemeranyijweho n’impende zombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 2 =

Previous Post

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

Next Post

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.