Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imodoka yari irimo Abadepite 3 barimo Dr.Habineza yagonzwe bikomeye na Howo

radiotv10by radiotv10
15/11/2023
in MU RWANDA
0
Imodoka yari irimo Abadepite 3 barimo Dr.Habineza yagonzwe bikomeye na Howo
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite batatu bo mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, barimo Dr Frank Habineza uyobora Ishyaka DGPR, bakoze impanuka ikomeye y’imodoka barimo yagonzwe n’ikamyo ya Howo, Imana ikinga akaboko.

Iyi mpanuka yabereye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro mu muhanda Kigali-Bugesera, ubwo aba Badepite bari mu modoka yo mu bwoko bwa Jeep, ikagongwa n’ikamyo, yayitikuye iyiturutse inyuma.

Uretse Dr Frank Habineza wari muri iyi modoka, yair kumwe n’Abadepite bagenzi be ari bo Hon Manirarora Annoncée, na Hon Germaine Mukabalisa.

Bivugwa ko aba Badepite batatu berecyezaga mu Karere ka Bugesera mu gikorwa cya Siporo, aho imodoka barimo yangiritse cyane.

Dr Frank Habineza, yatangaje ko we na bagenzi be bakimara gukora iyi mpanuka bahise bajyanwa kwa muganga kugira ngo bahabwe ubutabazi bw’abaganga.

Yagize ati “Njye ndababara cyane mu gituza ariko hari mugenzi wanjye wababaye cyane.”

Dr Frank Habineza avuga ko iyi modoka yo mu bwoko bwa Howo yabagonze, ubwo barimo baha umwanya imodoka yari ibari imbere yakataga, mu gihe bahagaze, iyi kamyo ibaturuka inyuma isekura imodoka barimo.

Amakuru avuga ko izi ntumwa za rubanda zahuye n’iri sanganya, nyuma yo kwitabwaho n’abaganga, basezerewe kugira ngo bakurikiranwe bari mu ngo zabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Hamenyekanye andi makuru arambuye yerecyeye igikorwa gitegerejwemo ikirangirire Lamar mu Rwanda

Next Post

BREAKING: Kohereza abimukira mu Rwanda bo mu Bwongereza byateshejwe agaciro burundu

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Kohereza abimukira mu Rwanda bo mu Bwongereza byateshejwe agaciro burundu

BREAKING: Kohereza abimukira mu Rwanda bo mu Bwongereza byateshejwe agaciro burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.