• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

radiotv10by radiotv10
31/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe mu Bufaransa, rivuga ko byatangarijwe aho bidakwiye kuvugirwa.

Mu biganiro byabereye mu Bufaransa ku bibazo byo muri DRC, Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yavuze ko ikibuga cy’Indege cya Goma kigomba kongera gufungurwa kugira ngo byorohereze ibikorwa by’ubutabazi ku baturage babukeneye.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na AFC/M23 nyuma y’ibi byatangarijwe mu Bufaransa, iri huriro rirwanya ubutegetsi bwa DRC, ryabyamaganiye kure, rivuga ko “bidakwiye.”

Iri huriro rivuga ko icyemezo kizatuma iki Kibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa, “gishobora gusa kuva mu biganiro by’imishyikirano bibera i Doha ku buhuza bwa Qatar iherekejwe na Leta Zunze Ubumwe za America, n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Iri huriro rivuga kandi ko nubwo hari kuba ibiganiro by’imishyikirano, ariko uruhande bahanganye rukomeje kugaba ibitero by’indege bihitana inzirakarengane z’abasivile ndetse bimwe “bikanashwanyaguza indege z’ibikorwa by’ubutabazi i Walikare na Minembwe.”

Ryaboneyeho kwibutsa ko kuva mu mezi menshi ashize, ubutegetsi bwa Kinshasa bwafunze ikirere cyo mu bice bigenzurwa n’iri Huriro AFC/M23, bugamije kugira ngo gusa indege zitagira abapilote (drone) zigaba ibi bitero, zibone uko zisanzura.

Iri huriro rikagira riti “Umuryango Mpuzamahanga ntukwiye guha uburenganzira ubutegetsi burenga ku ngamba zafashwe zo guhagarika imirwano bushyira imbere inzira za gisirikare mu gushaka umuti w’ibibazo bya politiki, no gukomeza gushyira mu kaga abaturage b’abasivile.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko abaturage bavuye mu byabo bakomeje kubisubiramo, bityo ko nta bikorwa by’ubutabazi byihutirwa mu bice byabohowe n’iri Huriro rya AFC/M23 nka kimwe mu byasabiwe ko kiriya Kibuga cy’Indege gifungurwa.

Riti “AFC/M23 irasaba u Bufaransa kutayobywa n’Imiryango y’ubutabazi yaranzwe no kwigwizaho imitungo, yitwikiriye abari barakuwe mu byabo mu Mujyi wa Goma. Ikindi kandi iyi miryango yanagize uruhare mu gukomeza kubaho kw’imitwe yitwaje intwaro irimo na FDLR.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe uri mu Bufaransa muri iyi nama iganira ku bibazo byo muri Congo, yavuze ko ibyo gufungura kiriya Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byaba byihuse, kuko ibiganiro byagakwiye kuvamo icyo cyemezo bigikomeje.

Yagize ati “Ikibuga cy’Indege kiri mu bice bigenzurwa na AFC/M23, ku ruhande rw’u Rwanda, twe tubona ibyemezo byava mu biganiro by’imishyikirano bya Doha, ni na ho Ubuyobozi bwa Congo n’ubwa AFC/M23 baganiririye ku bisubizo by’ibi bibazo, si hano, ntabwo ari Paris yafungura Ikibuga cy’Indege kuko ab’ingenzi bireba ntibari hano.”

Ihuriro AFC/M23 na ryo mu kwamagana biriya byo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, ryavuze ko bitumvikana kuba ibintu nka biriya bivugirwa mu nama ritanitabiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − 3 =

Previous Post

Uko hatahuwe umukobwa ukekwaho kwihekura wabyaye umwana agahita amuta mu musarani

Next Post

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.