• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

radiotv10by radiotv10
27/04/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe habura iminsi itageze ku kwezi ngo muri Repubulika Ndemokarasi ya Congo habe amatora y’uzayobora federasiyo y’umupira w’amaguru muri iki gihugu (FECOCA), impaka mu banyekongo zikomeje kwiyongera ku bakandida bamwe na bamwe cyane cyane bitewe n’uko bamwe muri bo bashinjwa kugira ubwenegihugu bubiri, kandi bitemewe mu itegeko nshinga ry’icyo gihugu, abandi bakaba batabaga mu gihugu.

Komisiyo y’amatora imaze kwakira urutonde rw’agateganyo rw’abakandida 9 kandi bakomeye muri ruhago y’iki gihugu, mu gihe urutonde ntakuka rw’abakandida bazemererwa bwa nyuma ruzatangazwa kuya 11 Gicurasi 2026 hamaze gusuzumwa dosiye zabo, amatora nyir’izina akaba kuya 20 Gicurasi 2026.

Ku rutonde rw’agateganyo hagaragaraho umunyabigwi Nonda Shabani wakiniye ikipe y’igihugu (Les Léopards) kandi ufite izina rikomeye kubera uburyo yakinnyemo ruhago ku rwego rwo hejuru mu makipe nka As Monaco yo mu Bufaransa yari ikomeye cyane mu myaka ye, As Roma yo mu Butaliyani, Blackburn, Galatasaray n’izindi.

Hari uruhande ruvuga ko Shabani Nonda atagomba kwemerwa kuko yavukiye mu Burundi , akaba i Burayi cyane.

Uruhande rwe ruvuga ko aho yavukiye ntacyo bivuze kuko yakiniye ikipe y’igihugu ya Kongo, arayitangira bityo ko kuyobora ataribyo byamunanira cyane ko amaze imyaka mike yaranagarutse kuba i Kinshasa.

Undi mukandida ni Véron Mosengo-Omba uherutse kwegura ku bunyamabanga bw’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), ndetse wanabaye muri FIFA ku kicaro cyayo mu Busuwisi bikanavugwa ko ashyigikiwe na perezida w’igihugu Félix Tshisekedi.

Gusa bamwe mu banyekongo ntibamukozwa kuko bamushinja kugira ubwenegihugu bubiri, ubwa Kongo n’ubw’Ubusuwisi (Swisse).

Ikindi bamushinja ni uko atigeze aba cyane muri iki gihugu, ngo amenye iby’umupira wacyo wazambye imbere kuko kitagitanga abakinnyi benshi hanze yacyo n’ibindi bibazo.

Abavuga ibi, basobanura ko atari we wa nyawe wo gucyemura ibibazo nka perezida wa FECOFA imaze imyaka ine itagira umuyobozi, iyoborwa na komite yo gushyira ibintu mu buryo (comité de normalisation) yashyizweho na FIFA.
Abandi bakandida bahanganiye uyu mwanya barimo Aziz Makukula nawe wakanyujijeho muri ruhago nka rutahizamu w’ikipe y’igihugu ndetse n’amakipe nka Benfica yo muri Portugal watanzwe n’ishyirahamwe ry’abakanyujijeho.

Uyu mugabo yanatangiye gusaba ko amatora agomba kuzaba mu mucyo.

Gusa nawe avugwaho kugira n’ubwenegihugu bwa Portugal nubwo ababimushinja nta gihamya bagaragaje.

Makukula aherutse kuvuga ko yatunguwe na kandidatire ya Shabani Nonda nka mugenzi we wakiniye ikipe y’igihugu nkawe kandi yarabanje kumusaba ko bakwicara bagatanga kandidatire imwe ntibatatanye imbaraga.

Undi mukandida ni Max Mayaka umugabo wirahirwa na benshi ku mafaranga atunze, akaba yarayoboye amakipe arimo Darling Club Motema Pembe (DCMP) akaza kuyivamo agashinga, Renaissance , aho yaguriye abakinnyi amamodoka n’amazu ndetse akagura na hegitari nyinshi zo kubakaho ibikorwa by’iyi kipe ye.

Abandi ni Bosco Mwehu, Didier Massamba, Jean-Claude Mukanya, Kevin Issa, Patrice-Rainier Mangenda

Buri mukandida ayoboye urutonde rwe ruriho abandi bazaba bagize komite nyobozi nshya ya FECOFA.
Uru rutonde rugizwe n’abantu 15 bangana n’abagize iyo komite, ari bo: perezida, visi perezida wa mbere, uwa kabiri, uwa gatatu, uwa kane, ndetse n’abandi banyamuryango 10.

Komisiyo y’amatora izasuzuma buri dosiye kugira ngo yemeze niba abakandida bujuje ibisabwa.

Mu byo Umukandida asabwa harimo ko agomba kuba ari Umunyekongo kandi atuye muri Kongo ku buryo buhoraho, Kuba afite nibura imyaka 25. Inteko rusange igizwe n’abantu 68 bazatora.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 6 =

Previous Post

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

Next Post

Eng.-Launch of a system to help Kigali bus passengers know bus locations and waiting times

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Eng.-Launch of a system to help Kigali bus passengers know bus locations and waiting times

Eng.-Launch of a system to help Kigali bus passengers know bus locations and waiting times

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.