Monday, April 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

radiotv10by radiotv10
27/04/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe habura iminsi itageze ku kwezi ngo muri Repubulika Ndemokarasi ya Congo habe amatora y’uzayobora federasiyo y’umupira w’amaguru muri iki gihugu (FECOCA), impaka mu banyekongo zikomeje kwiyongera ku bakandida bamwe na bamwe cyane cyane bitewe n’uko bamwe muri bo bashinjwa kugira ubwenegihugu bubiri, kandi bitemewe mu itegeko nshinga ry’icyo gihugu, abandi bakaba batabaga mu gihugu.

Komisiyo y’amatora imaze kwakira urutonde rw’agateganyo rw’abakandida 9 kandi bakomeye muri ruhago y’iki gihugu, mu gihe urutonde ntakuka rw’abakandida bazemererwa bwa nyuma ruzatangazwa kuya 11 Gicurasi 2026 hamaze gusuzumwa dosiye zabo, amatora nyir’izina akaba kuya 20 Gicurasi 2026.

Ku rutonde rw’agateganyo hagaragaraho umunyabigwi Nonda Shabani wakiniye ikipe y’igihugu (Les Léopards) kandi ufite izina rikomeye kubera uburyo yakinnyemo ruhago ku rwego rwo hejuru mu makipe nka As Monaco yo mu Bufaransa yari ikomeye cyane mu myaka ye, As Roma yo mu Butaliyani, Blackburn, Galatasaray n’izindi.

Hari uruhande ruvuga ko Shabani Nonda atagomba kwemerwa kuko yavukiye mu Burundi , akaba i Burayi cyane.

Uruhande rwe ruvuga ko aho yavukiye ntacyo bivuze kuko yakiniye ikipe y’igihugu ya Kongo, arayitangira bityo ko kuyobora ataribyo byamunanira cyane ko amaze imyaka mike yaranagarutse kuba i Kinshasa.

Undi mukandida ni Véron Mosengo-Omba uherutse kwegura ku bunyamabanga bw’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), ndetse wanabaye muri FIFA ku kicaro cyayo mu Busuwisi bikanavugwa ko ashyigikiwe na perezida w’igihugu Félix Tshisekedi.

Gusa bamwe mu banyekongo ntibamukozwa kuko bamushinja kugira ubwenegihugu bubiri, ubwa Kongo n’ubw’Ubusuwisi (Swisse).

Ikindi bamushinja ni uko atigeze aba cyane muri iki gihugu, ngo amenye iby’umupira wacyo wazambye imbere kuko kitagitanga abakinnyi benshi hanze yacyo n’ibindi bibazo.

Abavuga ibi, basobanura ko atari we wa nyawe wo gucyemura ibibazo nka perezida wa FECOFA imaze imyaka ine itagira umuyobozi, iyoborwa na komite yo gushyira ibintu mu buryo (comité de normalisation) yashyizweho na FIFA.
Abandi bakandida bahanganiye uyu mwanya barimo Aziz Makukula nawe wakanyujijeho muri ruhago nka rutahizamu w’ikipe y’igihugu ndetse n’amakipe nka Benfica yo muri Portugal watanzwe n’ishyirahamwe ry’abakanyujijeho.

Uyu mugabo yanatangiye gusaba ko amatora agomba kuzaba mu mucyo.

Gusa nawe avugwaho kugira n’ubwenegihugu bwa Portugal nubwo ababimushinja nta gihamya bagaragaje.

Makukula aherutse kuvuga ko yatunguwe na kandidatire ya Shabani Nonda nka mugenzi we wakiniye ikipe y’igihugu nkawe kandi yarabanje kumusaba ko bakwicara bagatanga kandidatire imwe ntibatatanye imbaraga.

Undi mukandida ni Max Mayaka umugabo wirahirwa na benshi ku mafaranga atunze, akaba yarayoboye amakipe arimo Darling Club Motema Pembe (DCMP) akaza kuyivamo agashinga, Renaissance , aho yaguriye abakinnyi amamodoka n’amazu ndetse akagura na hegitari nyinshi zo kubakaho ibikorwa by’iyi kipe ye.

Abandi ni Bosco Mwehu, Didier Massamba, Jean-Claude Mukanya, Kevin Issa, Patrice-Rainier Mangenda

Buri mukandida ayoboye urutonde rwe ruriho abandi bazaba bagize komite nyobozi nshya ya FECOFA.
Uru rutonde rugizwe n’abantu 15 bangana n’abagize iyo komite, ari bo: perezida, visi perezida wa mbere, uwa kabiri, uwa gatatu, uwa kane, ndetse n’abandi banyamuryango 10.

Komisiyo y’amatora izasuzuma buri dosiye kugira ngo yemeze niba abakandida bujuje ibisabwa.

Mu byo Umukandida asabwa harimo ko agomba kuba ari Umunyekongo kandi atuye muri Kongo ku buryo buhoraho, Kuba afite nibura imyaka 25. Inteko rusange igizwe n’abantu 68 bazatora.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

Related Posts

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

by radiotv10
27/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Amagaju FC ibitego 2-0, mu gihe APR FC yo yatsinze Mukura VS ibitego 3-0 mu...

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

by radiotv10
24/04/2026
0

Umutoza Pep Guardiola w'ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza, uri mu bafite ibigwi ku Mugabane w'u Burayi, biravugwa ko...

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

by radiotv10
22/04/2026
0

Abakinnyi Daouda Yussif Seidu wa APR FC na Gédéon Ndinga Bivula wa Etincelles FC, bafatiwe ibihano n'ubuyobozo bwa Rwanda Premier...

AMAKURU MASHYA: Rutahizamu Bassane wa Rayon Sports yahagaritswe anasabwa ibisobanuro

AMAKURU MASHYA: Rutahizamu Bassane wa Rayon Sports yahagaritswe anasabwa ibisobanuro

by radiotv10
21/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahagaritse rutahizamu w'iyi kipe, Umunya-Cameroon Aziz Bassane kubera imyitwarire mibi avugwaho, bunamwandikira ibaruwa bumusaba ibisobanuro. Amakuru...

APR VC yitije abakinnyi bane ba Gisagara VC, Kepler ijyana umwe: Menya imyitegure y’Amakipe y’u Rwanda

APR VC yitije abakinnyi bane ba Gisagara VC, Kepler ijyana umwe: Menya imyitegure y’Amakipe y’u Rwanda

by radiotv10
19/04/2026
0

Imyiteguro irarimbanyije ku makipe ane ahagarariye u Rwanda mu irushanwa ry'amakipe y'abagabo yabaye aya mbere iwayo muri Afurika mu mukino...

IZIHERUKA

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo
FOOTBALL

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

by radiotv10
27/04/2026
0

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

27/04/2026
BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

26/04/2026
APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

27/04/2026
U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

25/04/2026
Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

25/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.