Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu ibabaje yatumye avana ku ishuri umwana abereye mukase akajya kumuta mu musarani

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
7
Impamvu ibabaje yatumye avana ku ishuri umwana abereye mukase akajya kumuta mu musarani
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, ukurikiranyweho guta mu musarani umwana abereye mukase, yemera icyaha akavuga ko yashakaga kubabaza umugabo we [Se w’uwo mwana] kugira ngo amwihimureho kuko yamutaye.

Uyu mugore uri gukurikiranwa n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwamaze kwakira dosiye ikubiyemo ikirego cye buzashyikiriza Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo.

Ubushinjacyaha buvuga ko iki cyaha cyabaye tariki 08 z’uku kwezi kwa Gashyantare 2023, mu Muduguru wa Rwintare mu Kagari ka Gitaraga, Umurenge wa Masaka.

Buvuga ko uyu mugore yakuye ku ishuri umwana abereye Mukase aramuzana ahita amuta mu cyobo cya metero 15, ashaka kumwica.

Gusa Imana yakinze akaboko uyu mwana ntiyitaba Imana, ariko abamutabaye basanze yavunaguritse, bahita bamujyana ku bitaro bya Masaka mu Karere ka Kicukiro.

Amakuru yatanzwe n’abazi iby’uyu mugore, bavuze ko atari akibana n’umugabo we akaba se w’uwo mwana, ndetse n’uwo mwana wahohotewe yari yaragiye kubana na Nyina umubyara, atari akibana na Mukase.

Bavuze ko kuba uyu mugore atari akibana n’umugabo we, ari byo byatumye ajya gukura ku ishuri uyu mwana ashaka kumwica kugira ngo yihimure ku mugabo wamutaye.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugore yemera ibyo akekwaho, akanavuga ko yabitewe n’umujinja yari afitiye umugabo we wamutaye, kuko yashakaga kumubabaza.

RADIOTV10

Comments 7

  1. Nicolas says:
    2 years ago

    Amoko aragwira!!!!!

    Reply
  2. Leonce says:
    2 years ago

    Kbx leta ikwiye kumuryoza ibyo yakoze kuko nigikorwa kiyica rubozo
    .

    Reply
  3. Christophe Nzabana says:
    2 years ago

    Ariko abantu bajye bareka ubugome, none se uwo mwana niwe wamutwaye umugabo?

    Nabwazwe ibyo yakoze

    Reply
  4. Joseph says:
    2 years ago

    Ese buriya we uwamushyira aho yashakaga gushyira uwo muziranenge. Ko ikibazo yaragifitanye numugabo umwana yaziraga iki? Gusa Imana ishimwe cyane kuba yararinze uyu mwana akaba agihumeka Umwuka w’abazima

    Reply
  5. Ishimwe says:
    2 years ago

    Namahano pp

    Reply
  6. Muya says:
    2 years ago

    Yarakuze kumuta ubundi umuntu ufite ubugome nkubwo wabana nawe

    Reply
  7. Hagenimana Claude says:
    2 years ago

    Hhhhh uwo mugore yararakaye pe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Habayeho gutungurwa kubera ibyihebe batakekaga basanze mu mutwe uba muri DRCongo urwanya Uganda

Next Post

TdRda: Umunyarwanda yanikiye abandi ubu ari imbere- Uko byifashe muri Huye-Musanze

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

IZIHERUKA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge
AMAHANGA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRda: Umunyarwanda yanikiye abandi ubu ari imbere- Uko byifashe muri Huye-Musanze

TdRda: Umunyarwanda yanikiye abandi ubu ari imbere- Uko byifashe muri Huye-Musanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.