Thursday, February 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu ibabaje yatumye avana ku ishuri umwana abereye mukase akajya kumuta mu musarani

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
7
Impamvu ibabaje yatumye avana ku ishuri umwana abereye mukase akajya kumuta mu musarani
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, ukurikiranyweho guta mu musarani umwana abereye mukase, yemera icyaha akavuga ko yashakaga kubabaza umugabo we [Se w’uwo mwana] kugira ngo amwihimureho kuko yamutaye.

Uyu mugore uri gukurikiranwa n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwamaze kwakira dosiye ikubiyemo ikirego cye buzashyikiriza Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo.

Ubushinjacyaha buvuga ko iki cyaha cyabaye tariki 08 z’uku kwezi kwa Gashyantare 2023, mu Muduguru wa Rwintare mu Kagari ka Gitaraga, Umurenge wa Masaka.

Buvuga ko uyu mugore yakuye ku ishuri umwana abereye Mukase aramuzana ahita amuta mu cyobo cya metero 15, ashaka kumwica.

Gusa Imana yakinze akaboko uyu mwana ntiyitaba Imana, ariko abamutabaye basanze yavunaguritse, bahita bamujyana ku bitaro bya Masaka mu Karere ka Kicukiro.

Amakuru yatanzwe n’abazi iby’uyu mugore, bavuze ko atari akibana n’umugabo we akaba se w’uwo mwana, ndetse n’uwo mwana wahohotewe yari yaragiye kubana na Nyina umubyara, atari akibana na Mukase.

Bavuze ko kuba uyu mugore atari akibana n’umugabo we, ari byo byatumye ajya gukura ku ishuri uyu mwana ashaka kumwica kugira ngo yihimure ku mugabo wamutaye.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugore yemera ibyo akekwaho, akanavuga ko yabitewe n’umujinja yari afitiye umugabo we wamutaye, kuko yashakaga kumubabaza.

RADIOTV10

Comments 7

  1. Nicolas says:
    3 years ago

    Amoko aragwira!!!!!

    Reply
  2. Leonce says:
    3 years ago

    Kbx leta ikwiye kumuryoza ibyo yakoze kuko nigikorwa kiyica rubozo
    .

    Reply
  3. Christophe Nzabana says:
    3 years ago

    Ariko abantu bajye bareka ubugome, none se uwo mwana niwe wamutwaye umugabo?

    Nabwazwe ibyo yakoze

    Reply
  4. Joseph says:
    3 years ago

    Ese buriya we uwamushyira aho yashakaga gushyira uwo muziranenge. Ko ikibazo yaragifitanye numugabo umwana yaziraga iki? Gusa Imana ishimwe cyane kuba yararinze uyu mwana akaba agihumeka Umwuka w’abazima

    Reply
  5. Ishimwe says:
    3 years ago

    Namahano pp

    Reply
  6. Muya says:
    3 years ago

    Yarakuze kumuta ubundi umuntu ufite ubugome nkubwo wabana nawe

    Reply
  7. Hagenimana Claude says:
    3 years ago

    Hhhhh uwo mugore yararakaye pe

    Reply

Leave a Reply to Nicolas Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Habayeho gutungurwa kubera ibyihebe batakekaga basanze mu mutwe uba muri DRCongo urwanya Uganda

Next Post

TdRda: Umunyarwanda yanikiye abandi ubu ari imbere- Uko byifashe muri Huye-Musanze

Related Posts

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

by radiotv10
25/02/2026
0

Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma na Barafinda Sekikubo Fred na bagenzi babo baregwa ibyaha birimo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha ashobora guteza...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

by radiotv10
25/02/2026
0

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yatangaje ko Abanyarwanda baba mu mahanga bazajya gutanga ibimenyetso ndangamiterere kuri za Ambasade z’u...

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

by radiotv10
25/02/2026
0

Uhagarariye u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, Mathilde Mukantabana yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo rya Perezida Donald Trump ryagarutse...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

by radiotv10
25/02/2026
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, zikorera mu gace ka Bria, zahaye ubuvuzi...

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

by radiotv10
25/02/2026
0

Bamwe mu bahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, batabaza basaba kwishyurwa...

IZIHERUKA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?
AMAHANGA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

by radiotv10
25/02/2026
0

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

25/02/2026
Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

25/02/2026
Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

25/02/2026
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

25/02/2026
Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

25/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRda: Umunyarwanda yanikiye abandi ubu ari imbere- Uko byifashe muri Huye-Musanze

TdRda: Umunyarwanda yanikiye abandi ubu ari imbere- Uko byifashe muri Huye-Musanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.