• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
25/02/2026
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Ghana hakomeje kuvugwa inkuru yateje impaka, y’urusengero rwagagayemo abakristu b’abagore bambaye utwenda tw’imbere tuzwi nka Bikini twambarwa n’abatembereye ku mucanga cyangwa bagiye koga muri piscine.

Ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe amashusho bivugwa ko ari ayo mu itorero ryitwa Endtime Church of Blinks ryo muri Ghana, aho abagore bagaragaye bitabiriye igiterane bambaye bikini.

Aya mashusho yahise atera impaka zikomeye. Bamwe bayafashe nk’ikimenyetso cy’uko hari amatorero atakigendera ku mahame asanzwe y’idini, mu gihe abandi bavuze ko ayo mashusho ashobora kuba yarakozwe agamije gukina filime cyangwa gushaka kwamamara ku mbuga nkoranyambaga, atari igikorwa nyacyo cyabereye mu rusengero.

Nubwo bimeze bityo, ibi byatumye abantu benshi bongera kwibaza ku ruhare rw’amafaranga n’imyitwarire idasanzwe mu matorero amwe n’amwe. Hari n’abatangiye kuganira ku itandukaniro riri hagati yo gutanga nk’igikorwa cyo kwizera n’aho gutanga bishobora gufatwa nk’itegeko cyangwa igitutu.

Umugisha uhabwa abatanze amafaranga gusa

Ibi bije bikurikira ubuhamya bw’umukobwa w’Umukirisitu ukomoka mu Burayi, uba muri Ghana, wavuze ko yatunguwe n’ibyo yabonye ubwo yitabiraga igiterane cyo ku Cyumweru mu rusengero rwo muri icyo gihugu.

Yavuze ko mbere yo kujya mu rusengero yari afite amatsiko menshi, kuko muri Ghana Ubukirisitu bugaragara henshi mu buzima bwa buri munsi.

Yagize ati “imodoka nyinshi ziba ziriho amagambo ajyanye no kwizera nka ‘Imana ni nziza’ ‘Yesu arakiza’ cyangwa ‘Imana ni umurinzi wanjye’.”

Ibi byatumye ajya gusenga yizeye kuzagira ibihe byiza byo kwegera Imana, ariko ngo si ko byagenze.

Yagize ati “Mu gihe cyo gutanga amaturo, umupasiteri yahamagaye abantu ababwira amafaranga runaka bagombaga gutanga, kandi yari menshi. Abantu barahagurutse baratanga. Ariko icyantunguye cyane ni uko umugisha wihariye wahawe abatanze ayo mafaranga gusa.”

Yakomeje avuga ko byatumye yumva bimeze nk’aho umugisha ushobora kugurwa. Ati “Agakiza ntikagurwa n’amafaranga. Ubuntu bw’Imana ntibwishyurwa. Dukizwa na Yesu Kristo wenyine.”

Yanavuze ko mu rusengero asengeramo iwabo mu Burayi, rwo mu itorero ry’Abaporotesitanti, umugisha uhabwa abantu bose hamwe kandi ngo ntushingira ku mafaranga cyangwa ku rwego rw’umuntu.

Ku mbuga nkoranyambaga, ibitekerezo byakomeje gutandukana. Hari abavuze ko bidakwiye ko umugisha uhabwa abantu hashingiwe ku mafaranga batanze, mu gihe abandi bo bavuga ko gutanga ari kimwe mu bigize ukwizera kandi ko bidakwiye gucira urubanza amatorero yose.

Izi nkuru zikomeje gutera impaka zikomeye, zigasiga abantu bibaza niba koko hari amatorero amwe n’amwe asenga agamije kwegera Imana, cyangwa niba ari imyumvire itandukanye ku buryo bwo gusenga no gutanga.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 1 =

Previous Post

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

Next Post

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.