Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu nyamukuru zatumye Abadepite basubiza inyuma itegeko ryemerera abangavu kuboneza urubyaro

radiotv10by radiotv10
18/10/2022
in MU RWANDA
0
Impamvu nyamukuru zatumye Abadepite basubiza inyuma itegeko ryemerera abangavu kuboneza urubyaro
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda banze gutora umushinga w’itegeko ryemerera abangavu guhabwa serivisi zo kuboneza urubyaro, bavuga ko iri tegeko ryaba risa nk’irije gusimbura inshingano zananiye ababyeyi bakagombye gutuma abana babo badakomeza guterwa inda.

Uyu mushinga w’itegeko watangijwe n’Abadepite batanu, wamurikiwe Inteko Rusange y’umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2022.

Depite Gamariel Mbonimana wasobanuye ishingiro ry’uyu mushinga, yavuze ko batangije uyu mushinga nyuma yo kubona ko abangavu bari hagati y’imyaka 15 na 18 bakomeje guterwa inda zitateguwe kuko bagize 92%.

Ati “Bityo birakwiye ko abana bari muri iki cyiciro bahabwa ubwisanzure mu kubona serivisi zo kuboneza urubyaro bityo inzitizi yuko bafatirwa icyemezo n’ababyeyi cyangwa ababarera, igakurwaho.”

Mu gihe cyo gutorera uyu mushinga w’itegeko ryerekeye ubuzima bw’imyororokere, muri iyi Nteko Rusange yari yitabiriwe n’Intumwa za Rubanda 55, Abadepipe 30 batoye ‘Oya’, 18 batora ‘Yego’ mu gihe abandi  barindwi (7) bifashe.

Uyu mushinga ntiwatowe kuko abawanze ari 54,5%, abawemeye bakaba 32,7% mu gihe abifase ari 12,8%.

Benshi mu Ntumwa za Rubanda batanze ibitekerezo kuri uyu mushinga, bavuze ko utanoze, bityo ko ukwiye ubugororangingo ndetse ukabanza ukaganirwaho bihagije.

Bamwe kandi bavuze ko uyu mushinga utaba uje gukemura ikibazo nyirizina gituma abangavu bakomeza guterwa inda zitateguwe ahubwo ko waba uje gukemura ingaruka zacyo.

Depite Bugingo Emmanuel yagize ati “Harashyirwaho itegeko rikemura ikibazo mu ruhande rumwe aho umuryango wananiwe gufata abana, twananiwe gufata abana baraducika. Ese ingamba zihari kugira ngo inzego zitandukanye zifite mu nshingano abana, ari za Minisiteri zibifite mu nshingano, ari umuryango ubwawo, habe n’ubukangurambaga bwo gukumira.”

Depite Mukabunani Christine we yavuze ko umushinga w’iri tegeko utahita uza ngo utorwe hatabanje kubaho ibiganiro byimbitse by’isobanurampamvu kuko hakiri n’ibibazo mu kuboneza urubyaro no ku bantu bakuru.

Ati “Haracyarimo ikibazo kubera ko abantu makumyabiri bashobora kujya kwa muganga bagahabwa ubwoko bumwe bw’imiti [yo kuboneza urubyaro] nta muntu ubakorera ikurikirana ngo akore ibizamini bihagije.”

Hon Eugene Barikana yavuze ko u Rwanda ari Igihugu gifite imiterere yacyo ndetse giha agaciro umuco wacyo bityo ko guhita hashyirwaho iri tegeko bitagakwiye guhita biza imbere.

Ati “U Rwanda ni Igihugu gifite uko giteye, cyemera Imana, gifite ibikiranga ndetse amategeko yacu menshi yaje anashingira kuri ibyo maze kuvuga.

Iyo tugeze mu gufata icyemezo, hano baravuga umwana w’imyaka 15, murumva ko yitwa umwana, mu yandi mategeko dufite imyaka y’ubukure aho imyaka umuntu ashobora gufata icyemezo, yaba icyemezo cyo gukora, icyemezo cyo gushaka, kubera urwego baba bagezeho rw’imitekerereze. Harya gufata icyemezo ku bwisanzure ku buzima bw’imyororokere, ni cyo cyoroshye cyangwa ni cyo gikome? Njye numva ko ari cyo gikomeye.”

 

Byaba bisa nko kuboshya ngo ‘nimwikorere ibyo mushaka’

Mu kwezi k’Ugushyingo 2019 ubwo Perezida Paul Kagame yagiranaga ikiganiro n’Abanyamakuru, yagarutse kuri iyi ngingo y’abifuza ko abana b’imyaka 15 na bo bemererwa guhabwa serivisi zo kuboneza urubyaro.

Icyo gihe yagarutse ku mategeko ariko ko hari n’imyemerere n’imigirere biranga Abanyarwanda, ati “Ariko byose ni ibintu abantu bagenderaho bakabamo, bibagenga mu buzima bwabo. Ntabwo nibwira ko abana bo kuri uru rugero kugira ngo ntibabe baterwa inda ni ikibazo kidakwiriye kuba ario bikarenga bikaba kuko ku Isi ni abantu ntabwo ibintu byose bigenda uko ubyifuza.”

Perezida Kagame yavuze ko icyashyirwa imbere ari ugukomeza abantu bumva ko umwana adakwiye kuba aterwa inda kandi n’abazibateye bakabihanirwa n’amategeko ariko hakabaho uburyo buhamye bwo kubirwanya buhera no mu miryango.

Ati “Mu buryo buboneye bwo kurwanya ikibazo, twabanza tukemera ngo ‘iki ni ikibazo’ ibyo tukabyumvikana, noneho ikibazo giteye gite? twagifatira muti umeze gute? Dukore amahame avuga ko tubyanze bidakwiriye nubwo tuzi ngo bizaba.

Kuvuga ngo ugiye kubigira ihame ngo ugiye guha abana b’imyaka 15 imiti yo kuboneza urubyaro mu mitekerereze ni nk’aho ubabwiye uti […] ni nko kuboshya ni nk’aho ubabwiye uti ‘komeza wikorere ibyo ukora uzarindwa n’imiti iboneza urubyaro’ bifite ubwo butumwa butanga, kandi sintekereza ko ari ubutumwa bwiza.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abantu bakomeza kubiganiraho, bakareba igikwiye gukorwa hagendewe no ku miterere y’ibihe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − four =

Previous Post

Moto asanzwe atwara yamuciriye inzira- Uko Miss Kalimpinya yisanze mu masiganwa y’imodoka

Next Post

Museveni yahishuye icyavuye mu kiganiro yagiranye na Muhoozi kubyo kuva kuri Twitter

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni yahishuye icyavuye mu kiganiro yagiranye na Muhoozi kubyo kuva kuri Twitter

Museveni yahishuye icyavuye mu kiganiro yagiranye na Muhoozi kubyo kuva kuri Twitter

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.