Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu nyamukuru zatumye Abadepite basubiza inyuma itegeko ryemerera abangavu kuboneza urubyaro

radiotv10by radiotv10
18/10/2022
in MU RWANDA
0
Impamvu nyamukuru zatumye Abadepite basubiza inyuma itegeko ryemerera abangavu kuboneza urubyaro
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda banze gutora umushinga w’itegeko ryemerera abangavu guhabwa serivisi zo kuboneza urubyaro, bavuga ko iri tegeko ryaba risa nk’irije gusimbura inshingano zananiye ababyeyi bakagombye gutuma abana babo badakomeza guterwa inda.

Uyu mushinga w’itegeko watangijwe n’Abadepite batanu, wamurikiwe Inteko Rusange y’umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2022.

Depite Gamariel Mbonimana wasobanuye ishingiro ry’uyu mushinga, yavuze ko batangije uyu mushinga nyuma yo kubona ko abangavu bari hagati y’imyaka 15 na 18 bakomeje guterwa inda zitateguwe kuko bagize 92%.

Ati “Bityo birakwiye ko abana bari muri iki cyiciro bahabwa ubwisanzure mu kubona serivisi zo kuboneza urubyaro bityo inzitizi yuko bafatirwa icyemezo n’ababyeyi cyangwa ababarera, igakurwaho.”

Mu gihe cyo gutorera uyu mushinga w’itegeko ryerekeye ubuzima bw’imyororokere, muri iyi Nteko Rusange yari yitabiriwe n’Intumwa za Rubanda 55, Abadepipe 30 batoye ‘Oya’, 18 batora ‘Yego’ mu gihe abandi  barindwi (7) bifashe.

Uyu mushinga ntiwatowe kuko abawanze ari 54,5%, abawemeye bakaba 32,7% mu gihe abifase ari 12,8%.

Benshi mu Ntumwa za Rubanda batanze ibitekerezo kuri uyu mushinga, bavuze ko utanoze, bityo ko ukwiye ubugororangingo ndetse ukabanza ukaganirwaho bihagije.

Bamwe kandi bavuze ko uyu mushinga utaba uje gukemura ikibazo nyirizina gituma abangavu bakomeza guterwa inda zitateguwe ahubwo ko waba uje gukemura ingaruka zacyo.

Depite Bugingo Emmanuel yagize ati “Harashyirwaho itegeko rikemura ikibazo mu ruhande rumwe aho umuryango wananiwe gufata abana, twananiwe gufata abana baraducika. Ese ingamba zihari kugira ngo inzego zitandukanye zifite mu nshingano abana, ari za Minisiteri zibifite mu nshingano, ari umuryango ubwawo, habe n’ubukangurambaga bwo gukumira.”

Depite Mukabunani Christine we yavuze ko umushinga w’iri tegeko utahita uza ngo utorwe hatabanje kubaho ibiganiro byimbitse by’isobanurampamvu kuko hakiri n’ibibazo mu kuboneza urubyaro no ku bantu bakuru.

Ati “Haracyarimo ikibazo kubera ko abantu makumyabiri bashobora kujya kwa muganga bagahabwa ubwoko bumwe bw’imiti [yo kuboneza urubyaro] nta muntu ubakorera ikurikirana ngo akore ibizamini bihagije.”

Hon Eugene Barikana yavuze ko u Rwanda ari Igihugu gifite imiterere yacyo ndetse giha agaciro umuco wacyo bityo ko guhita hashyirwaho iri tegeko bitagakwiye guhita biza imbere.

Ati “U Rwanda ni Igihugu gifite uko giteye, cyemera Imana, gifite ibikiranga ndetse amategeko yacu menshi yaje anashingira kuri ibyo maze kuvuga.

Iyo tugeze mu gufata icyemezo, hano baravuga umwana w’imyaka 15, murumva ko yitwa umwana, mu yandi mategeko dufite imyaka y’ubukure aho imyaka umuntu ashobora gufata icyemezo, yaba icyemezo cyo gukora, icyemezo cyo gushaka, kubera urwego baba bagezeho rw’imitekerereze. Harya gufata icyemezo ku bwisanzure ku buzima bw’imyororokere, ni cyo cyoroshye cyangwa ni cyo gikome? Njye numva ko ari cyo gikomeye.”

 

Byaba bisa nko kuboshya ngo ‘nimwikorere ibyo mushaka’

Mu kwezi k’Ugushyingo 2019 ubwo Perezida Paul Kagame yagiranaga ikiganiro n’Abanyamakuru, yagarutse kuri iyi ngingo y’abifuza ko abana b’imyaka 15 na bo bemererwa guhabwa serivisi zo kuboneza urubyaro.

Icyo gihe yagarutse ku mategeko ariko ko hari n’imyemerere n’imigirere biranga Abanyarwanda, ati “Ariko byose ni ibintu abantu bagenderaho bakabamo, bibagenga mu buzima bwabo. Ntabwo nibwira ko abana bo kuri uru rugero kugira ngo ntibabe baterwa inda ni ikibazo kidakwiriye kuba ario bikarenga bikaba kuko ku Isi ni abantu ntabwo ibintu byose bigenda uko ubyifuza.”

Perezida Kagame yavuze ko icyashyirwa imbere ari ugukomeza abantu bumva ko umwana adakwiye kuba aterwa inda kandi n’abazibateye bakabihanirwa n’amategeko ariko hakabaho uburyo buhamye bwo kubirwanya buhera no mu miryango.

Ati “Mu buryo buboneye bwo kurwanya ikibazo, twabanza tukemera ngo ‘iki ni ikibazo’ ibyo tukabyumvikana, noneho ikibazo giteye gite? twagifatira muti umeze gute? Dukore amahame avuga ko tubyanze bidakwiriye nubwo tuzi ngo bizaba.

Kuvuga ngo ugiye kubigira ihame ngo ugiye guha abana b’imyaka 15 imiti yo kuboneza urubyaro mu mitekerereze ni nk’aho ubabwiye uti […] ni nko kuboshya ni nk’aho ubabwiye uti ‘komeza wikorere ibyo ukora uzarindwa n’imiti iboneza urubyaro’ bifite ubwo butumwa butanga, kandi sintekereza ko ari ubutumwa bwiza.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abantu bakomeza kubiganiraho, bakareba igikwiye gukorwa hagendewe no ku miterere y’ibihe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 3 =

Previous Post

Moto asanzwe atwara yamuciriye inzira- Uko Miss Kalimpinya yisanze mu masiganwa y’imodoka

Next Post

Museveni yahishuye icyavuye mu kiganiro yagiranye na Muhoozi kubyo kuva kuri Twitter

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni yahishuye icyavuye mu kiganiro yagiranye na Muhoozi kubyo kuva kuri Twitter

Museveni yahishuye icyavuye mu kiganiro yagiranye na Muhoozi kubyo kuva kuri Twitter

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.