Wednesday, March 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu RDF yajyanye abahagarariye Ingabo z’Ibihugu byabo mu Rwanda aharasiwe umusirikare wa FADRC

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Impamvu RDF yajyanye abahagarariye Ingabo z’Ibihugu byabo mu Rwanda aharasiwe umusirikare wa FADRC
Share on FacebookShare on Twitter

Abahagarariye inyungu z’Ingabo muri za Ambasade z’Ibihugu byabo mu Rwanda, bajyanywe aharasiwe umusirikare wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu Karere ka Rubavu, basobanurirwa uko byose byagenze nyuma yuko babisabye bakanifuza kubibazaho ibibazo.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, butangaza ko iki gikorwa cyo gusobanurira abahagarariye inyungu z’Ingabo z’Ibihugu byabo muri za Ambasade zabo mu Rwanda (Defences Attachés), cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ugushyingo 2022 nyuma y’umunsi umwe uyu musirikare wa Congo arasiwe mu Rwanda.

Uyu musirikare yarashwe mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 19 Ugushyingo 2022 ahagana saa saba ubwo yambukaga ku mupaka wa Petite Barrière mu buryo bunyuranyije n’amategeko akaza arasa ku basirikare ba RDF muri Mbugangari, na we agahita araswa akahasiga ubuzima.

Umuyobozi ushinzwe ubutwererane mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Brig Gen Patrick Karuretwa yavuze ko iki gikorwa cyo kujyana abahagarariye inyungu z’ingabo z’Ibihugu byabo mu Rwanda ahabereye kiriya gikorwa, cyateguwe na RDF nyuma yuko babyisabiye ubwabo kugira ngo bajye kwirebera uko byagenze ndetse banabibazeho ibibazo.

Ubwo bageraga i Rubavu, bakiriwe n’umuyobozi wa Diviziyo ya 3 ya RDF, Brig Gen Andrew Nyamvumba wahise aberecyeza Mbugangari muri metero nke uvuye ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aba bahagarariye Ingabo z’Ibihugu byabo mu Rwanda, beretswe uko uriya musirikare warashwe yambutse umupaka akaza arasa agambiriye kwivugana abasirikare b’u Rwanda bari mu minara yabo ibiri ukiva ku mupaka. Abasirikare ba RDF bagahita bamusubiza bakamwivugana mbere yuko na we agira uwo yica.

Brig Gen Karuretwa agaruka ku cyatumye habaho uru ruzinduko rwo kujya kwereka aba basirikare iby’iki kibazo, yagize ati “Abahagarariye inyungu z’ingabo z’Ibihugu byabo bifuzaga kumva ubwoko bw’umwuka uhari ukomeje gutuma habaho ibibazo nk’ibi, kuko iki cyabayeho si ku nshuro ya mbere, abahagarariye inyungu z’ingabo z’Ibihugu byabo baje kwirebera uko byifashe.”

Brig Gen Karuretwa yakomeje avuga ko aba basirikare bamaze igihe baganira kuri uyu mwuka ukomeje gutuma abasirikare ba DRC bambuka umupaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko bakagaba ibitero bidafite ishingiro. Ati “Turasaba DRC guhagarika ibi bikorwa by’ubushotoranyi.”

Yavuze kandi ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabanje guhakana ko uwarashwe atari umusirikare wayo ariko ko nyuma yaje kubyemera nyuma yuko hagaragajwe ibimenyetso simusiga.

Itsinda ry’Ingabo rishinzwe kugenzura ibikorwa bya gisirikare byambukiranya imipaka mu karere EJVM (Expanded Joint Verification Mechanism) ryagaragarijwe rinakusanya ibimenyetso byose ndetse hari gutegurwa uko umurambo w’uyu musirikare washyikirizwa DRC.

Gen Patrick Karuretwa yabasobanuriye imiterere y’iki kibazo
RDF yagaragaje uko umusirikare wa FARDC yinjiye mu Rwanda arasa

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nzarubara Emmanuel says:
    3 years ago

    Congo Imenye Ko u Rwanda Rurinzwe, Asante TV10.

    Reply

Leave a Reply to Nzarubara Emmanuel Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 − one =

Previous Post

Cristiano yaciye akandi gahigo gakozwe n’umuntu wa mbere ku Isi

Next Post

Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye

Related Posts

Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

by radiotv10
10/03/2026
0

Umwarimu wigisha mu ishuri riherereye mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, yatawe muri yombi nyuma yuko mu icumbi...

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

by radiotv10
10/03/2026
0

Umugore w’imyaka 34 wo mu Karere ka Gasabo ukurikiranyweho gusambanya inshuro ebyiri umwana w’umuhungu w’imyaka 14, wireguraga avuga ko babikoze...

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

by radiotv10
10/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa, yatangaje ko Perezida Paul Kagame n’abayobozi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda,...

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

by radiotv10
10/03/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwerekanye abasore babiri bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo ubujura no gusambanya abana b’abakobwa babanje kubashukisha akazi bakoresheje...

Eng.-President Kagame in Paris, France

Eng.-President Kagame in Paris, France

by radiotv10
10/03/2026
0

The Rwandan Embassy in France announced that President Paul Kagame, along with leaders from the Rwanda Atomic Energy Board, is...

IZIHERUKA

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe
AMAHANGA

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

by radiotv10
10/03/2026
0

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

10/03/2026
Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

10/03/2026
Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

10/03/2026
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

10/03/2026
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

10/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye

Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.