Thursday, May 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Impamvu urubanza rwa Eric Semuhungu rwashyizwe mu muhezo

radiotv10by radiotv10
21/05/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza rw’ubujurire ku ifungwa rya Eric Semuhungu ukurikiranyweho ibyaha bishingiye ku gusambanya abahungu bagenzi be, rwashyizwe mu muhezo ku mpamvu zirimo kuba ibivugirwamo binyuranyije n’imyitwarire mbonezabupfura.

Ni mu rubanza rw’Ubujurire ruburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ku cyemezo cy’ifungwa ry’agateganyo cyafatiwe Eric, rwabaye kuri uyu wa Kane tariki 21 Gicurasi 2026.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kandi rwavuze ko iki cyemezo cyo gushyira mu muhezo iburanisha, gishingiye ku korohereza uregwa kuba yabasha kwisobanura, kuko mu gihe rwabera mu ruhame, bishobora kumugora.

Ubwo iri buranisha ryatangiraga, umwe mu bunganira uregwa, yasabye Urukiko gushyira mu muhezo urubanza nk’uko byakozwe mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije urubanza rwa mbere.

Uruhande rw’ubwunganizi rwavugaga ko iki cyifuzo gishinjye ku miterere y’ibyaha biregwa umukiliya warwo, kuko bakurikije ibikwiye kuvugirwamo, ashobora kugorwa no kwisobanura mu gihe yaba ari kuburanira mu ruhame, kandi atabasha kuvuga yisanzuye igihe yaba agize ibyo abazwa gusobanua.

Ubushinjacyaha bubajijwe icyo buvuga ku cyifuzo cy’uruhande rw’uregwa, bwavuze ko ibyo basaba biri mu burenganzira bwabo, kuko biteganywa n’amategeko, bityo ko icyemezo cyafatwa n’Urukiko, rwahise runacyemeza.

Eric Semuhungu yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro tariki 04 Gicurasi 2026, nyuma yo kubona ko hari impamvu zikomeye zituma uregwa ashobora kuba yarakoze ibyaha ashinjwa.

Uregwa akurikiranyweho ibyaha bibiri, icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato n’icyo gusakaza amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina.

Semuhungu watawe muri yombi tariki 09 Mata 2026, aregwa n’abantu banyuranye bamushinja kuba yarabasambanyije ku gahato abanje kubasindisha.

Ubwo yatabwaga muri yombi, Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko abareze Eric Semuhungu barengaga umuntu umwe, kandi bose bakaba ari ab’igitsinagabo.

RADIOV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 14 =

Previous Post

Abasezeranye ivangamutungo rusange mu Rwanda ni 97%, ab’ivanguramutungo risesuye ni 0,6%

Related Posts

Inama Umunyamakuru agira ibyamamare byo mu Rwanda z’ibyabarinda kwisanga mu mapingu no mu iroza

Inama Umunyamakuru agira ibyamamare byo mu Rwanda z’ibyabarinda kwisanga mu mapingu no mu iroza

by radiotv10
20/05/2026
0

Umunyamakuru Robert Cyubahiro McKenna yagaragarije urubyiruko rwo mu Rwanda byumwihariko abo mu ruganda rw’imyidagaduro inama z’ibyabafasha kutagongana n’amategeko, nyuma yuko...

Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo yasobanuye impamvu yahisemo gukundana n’abagore batatu icyarimwe babizi ko bamusangiye

Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo yasobanuye impamvu yahisemo gukundana n’abagore batatu icyarimwe babizi ko bamusangiye

by radiotv10
19/05/2026
0

Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo avuga ko yiyemeje gukundana n’abagore batatu kandi bose bakaba babizi, nyuma yo gufatwa aca inyuma umugore we,...

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

by radiotv10
19/05/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruravuga ko mbere yo guta muri yombi umuhanzi Uworizagwira Florien , we n’umukunzi we bari babanje...

Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye

RIB yemeje ifungwa ry’umuhanzi Yampano inatangaza ibyaha akurikiranyweho

by radiotv10
18/05/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rumukurikiranyeho ibyaha bitandukanye birimo ibishingiye ku rugomo...

How to Recover From a Busy Week Without Losing Your Whole Weekend

How to Recover From a Busy Week Without Losing Your Whole Weekend

by radiotv10
16/05/2026
0

Some weekends don’t feel like rest, they feel like recovery from exhaustion. The goal is not to “do more,” but...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho
IBYAMAMARE

Impamvu urubanza rwa Eric Semuhungu rwashyizwe mu muhezo

by radiotv10
21/05/2026
0

Abasezeranye ivangamutungo rusange mu Rwanda ni 97%, ab’ivanguramutungo risesuye ni 0,6%

Abasezeranye ivangamutungo rusange mu Rwanda ni 97%, ab’ivanguramutungo risesuye ni 0,6%

21/05/2026
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

21/05/2026
Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe

Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe

21/05/2026
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

21/05/2026
Andi makuru yamenyekanye ku mugabo wapfuye ari gukorana imibonano n’umugore utari uwe

Andi makuru yamenyekanye ku mugabo wapfuye ari gukorana imibonano n’umugore utari uwe

21/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu urubanza rwa Eric Semuhungu rwashyizwe mu muhezo

Abasezeranye ivangamutungo rusange mu Rwanda ni 97%, ab’ivanguramutungo risesuye ni 0,6%

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.