Urubanza rw’ubujurire ku ifungwa rya Eric Semuhungu ukurikiranyweho ibyaha bishingiye ku gusambanya abahungu bagenzi be, rwashyizwe mu muhezo ku mpamvu zirimo kuba ibivugirwamo binyuranyije n’imyitwarire mbonezabupfura.
Ni mu rubanza rw’Ubujurire ruburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ku cyemezo cy’ifungwa ry’agateganyo cyafatiwe Eric, rwabaye kuri uyu wa Kane tariki 21 Gicurasi 2026.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kandi rwavuze ko iki cyemezo cyo gushyira mu muhezo iburanisha, gishingiye ku korohereza uregwa kuba yabasha kwisobanura, kuko mu gihe rwabera mu ruhame, bishobora kumugora.
Ubwo iri buranisha ryatangiraga, umwe mu bunganira uregwa, yasabye Urukiko gushyira mu muhezo urubanza nk’uko byakozwe mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije urubanza rwa mbere.
Uruhande rw’ubwunganizi rwavugaga ko iki cyifuzo gishinjye ku miterere y’ibyaha biregwa umukiliya warwo, kuko bakurikije ibikwiye kuvugirwamo, ashobora kugorwa no kwisobanura mu gihe yaba ari kuburanira mu ruhame, kandi atabasha kuvuga yisanzuye igihe yaba agize ibyo abazwa gusobanua.
Ubushinjacyaha bubajijwe icyo buvuga ku cyifuzo cy’uruhande rw’uregwa, bwavuze ko ibyo basaba biri mu burenganzira bwabo, kuko biteganywa n’amategeko, bityo ko icyemezo cyafatwa n’Urukiko, rwahise runacyemeza.
Eric Semuhungu yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro tariki 04 Gicurasi 2026, nyuma yo kubona ko hari impamvu zikomeye zituma uregwa ashobora kuba yarakoze ibyaha ashinjwa.
Uregwa akurikiranyweho ibyaha bibiri, icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato n’icyo gusakaza amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina.
Semuhungu watawe muri yombi tariki 09 Mata 2026, aregwa n’abantu banyuranye bamushinja kuba yarabasambanyije ku gahato abanje kubasindisha.
Ubwo yatabwaga muri yombi, Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko abareze Eric Semuhungu barengaga umuntu umwe, kandi bose bakaba ari ab’igitsinagabo.
RADIOV10











