Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impanuka yatwaye ubuzima bw’Umupolisi yatumye haba impinduka zihuse mu muhanda Rubavu-Musanze-Kigali

radiotv10by radiotv10
27/03/2023
in MU RWANDA
0
Impanuka yatwaye ubuzima bw’Umupolisi yatumye haba impinduka zihuse mu muhanda Rubavu-Musanze-Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’impanuka yabereye i Gisenyi mu Karere ka Rubavu, yahitanye abarimo Umupolisikazi, Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Rubavu- Musanze- Kigali, utari nyabagendwa.

Iyi mpanuka yabaye kuri iki Cyumweru tariki 26 Werurwe 2023 ahagana saa kumi n’igice z’umugoroba, ubwo imodoka y’ikamyo yo mu bwoko bwa Fuso yari ipakiye imyumbati yacikaga feri, ikagonga ibindi binyabiziga yagendaga isanga imbere.

Ibinyabiziga byagonzwe n’iyi kamyo, birimo moto yari itwaye Umupolisikazi IP Niyonsaba Drocella wahise yitaba Imana ndetse n’umumotari wari umutwaye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda wabereyemo iyi mpanuka utari nyabagendwa.

Itangazo ryatambutse kuri Twitter ya Polisi y’u Rwanda, rigira riti “Turabamenyesha ko kubera impanuka yabaye ejo mu Karere ka Rubavu, umuhanda Rubavu- Musanze- Kigali ko utari nyabagendwa.”

Rikomeza rigira inama abashakaga gukoresha uyu muhanda, ko bakoresha indi mihanda irimo uwa Gisenyi-Brasserie-Burushya-Pfunda-Mahoko-Musanze-Kigali ndetse n’uwa Gisenyi-Buhuru-Giko-Murara-Rugerero-Musanze-Kigali.

Itangazo rya Polisi y’u Rwanda risoza rigira riti “Murasabwa kwihanganira impinduka, hari gukorwa ibishoboka byose kugirango uyu muhanda ufungurwe mugihe cya vuba. Abapolisi baraza kuba bari ku muhanda babayobore.”

Abaturiye aka gace kabereyemo iyi mpanuka, bavuze ko zikunze kuhabera kubera imiterere yaho kuko hamanuka cyane, bagasaba ko hakwiye kugira igikorwa mu rwego rwo gukumira impanuka nyinshi zihabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − five =

Previous Post

Abakomando b’Abarundi baherutse kujya muri DRCongo batangiye gukora ibitangaza

Next Post

Ifoto ya Ange Kagame imushimisha by’ikirenga yanazamuye ibinezaneza mu bandi

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza
FOOTBALL

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifoto ya Ange Kagame imushimisha by’ikirenga yanazamuye ibinezaneza mu bandi

Ifoto ya Ange Kagame imushimisha by’ikirenga yanazamuye ibinezaneza mu bandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.