Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impanuro ziremereye Perezida Kagame yahaye abasirikare barimo Abajenerali bakomeye

radiotv10by radiotv10
18/08/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
P.Kagame yakurikiye imyitozo ihanitse ya RDF yanarebwe n’Aba-Generals-Full 3 n’abandi banyabigwi mu ngabo (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yakurikiye imyitozo ya gisirikare, anaha ubutumwa abasirikare, bwibanze kubibutsa ko RDF itabereyeho gushoza intambara, ahubwo ko ari iyo kurinda ko ibaho no kurinda amahoro.

Ni imyitozo yabaye kuri uyu wa Kane tariki 17 Kanama 2023 mu kigo cy’imyitozo ya Gisirikare cya Gabiro mu Karere ka Gatsibo, yanakurikiranywe n’abayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda n’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru.

Nyuma y’iyi myitozo, Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, yahaye ubutumwa aba basirikare bari mu myitozo ndetse n’abandi bari bahari, barimo abasirikare bakuru bari mu kiruhuko cy’izabukuru.

Perezida Kagame yavuze ko inshingano z’abasirikare b’u Rwanda, zitagarukira ku kurinda Igihugu gusa, ahubwo ko zigomba no kureba ku mibereho y’abagituye.

Yagize ati “Imyumvire y’umwuga nka RDF, ntabwo turinda Igihugu gusa, ahubwo twaranacyubatse, turacyubaka, n’ubu turakomeza kucyubaka.”

Yakomeje abibutsa ko bagomba kurangwa n’imyitwarire iboneye, kuko ari umusingi wababashisha kurenga n’ibigoye. Ati “Disipuline ituma n’amikoro tudafite mu buryo buhagije, ajya aha ngombwa ntiyangirike.”

Ariko nanone na “Disipuline ntabwo ihagije ariko ni cyo twubakiraho, hari ukumenya, hari ukwiga bizamura bwa bushobozi kuko ushobora kugira discipline waba udafite ubumenyi, waba udafite kwiga, waba udafite amahugurwa, iyo discipline ubwayo gusa utubakiyeho, ntaho ikugeza.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yakunze kubwira Ingabo ko akazi kabo atari ugushoza intambara, ahubwo ko ari ukurinda amahoro, ariko ko nanone mu gihe hari uwazishoza, baba bagomba kuzirwana bahagaze bwuma, n’ubu akaba yongeye kubibwira aba basirikare.

Ati “RDF ntabwo ibereyeho gushoza intambara cyangwa kugira gute, ahubwo ibereyeho kuyirinda, kurinda amahoro, hano iwacu n’ahandi mwagiye mujya byagaragaye mutabaye benshi dufite ibyo duhuriraho nk’Abanyafurika cyangwa inshuti ziba zatwitabaje.”

Iyi myitozo yiswe ‘Exercise Hard Punch’ yo gukarishya ubumenyi mu bya gisirikare, by’umwihariko mu kurwana urugamba, hakoreshejwe intwaro zinyuranye zirimo n’indege z’intambara, isanzwe ihuriza hamwe abasirikare bo mu matsinda anyuranye muri RDF.

Perezida Kagame yarebye uko RDF iri gukarishya ubumenyi mu by’urugamba
Arangije abaha ubutumwa
Bashyizeho na morale

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Nigeria: Abasirikare baguye mu gico cy’amabandi habaho gukozanyaho gukomeye

Next Post

Ikipe y’ibigwi itarahiriwe n’umwaka ushize ikomeje gushaka aho izamenera igarurira icyizere abayikunda

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe y’ibigwi itarahiriwe n’umwaka ushize ikomeje gushaka aho izamenera igarurira icyizere abayikunda

Ikipe y’ibigwi itarahiriwe n’umwaka ushize ikomeje gushaka aho izamenera igarurira icyizere abayikunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.