Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impanuro ziremereye Perezida Kagame yahaye abasirikare barimo Abajenerali bakomeye

radiotv10by radiotv10
18/08/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
P.Kagame yakurikiye imyitozo ihanitse ya RDF yanarebwe n’Aba-Generals-Full 3 n’abandi banyabigwi mu ngabo (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yakurikiye imyitozo ya gisirikare, anaha ubutumwa abasirikare, bwibanze kubibutsa ko RDF itabereyeho gushoza intambara, ahubwo ko ari iyo kurinda ko ibaho no kurinda amahoro.

Ni imyitozo yabaye kuri uyu wa Kane tariki 17 Kanama 2023 mu kigo cy’imyitozo ya Gisirikare cya Gabiro mu Karere ka Gatsibo, yanakurikiranywe n’abayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda n’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru.

Nyuma y’iyi myitozo, Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, yahaye ubutumwa aba basirikare bari mu myitozo ndetse n’abandi bari bahari, barimo abasirikare bakuru bari mu kiruhuko cy’izabukuru.

Perezida Kagame yavuze ko inshingano z’abasirikare b’u Rwanda, zitagarukira ku kurinda Igihugu gusa, ahubwo ko zigomba no kureba ku mibereho y’abagituye.

Yagize ati “Imyumvire y’umwuga nka RDF, ntabwo turinda Igihugu gusa, ahubwo twaranacyubatse, turacyubaka, n’ubu turakomeza kucyubaka.”

Yakomeje abibutsa ko bagomba kurangwa n’imyitwarire iboneye, kuko ari umusingi wababashisha kurenga n’ibigoye. Ati “Disipuline ituma n’amikoro tudafite mu buryo buhagije, ajya aha ngombwa ntiyangirike.”

Ariko nanone na “Disipuline ntabwo ihagije ariko ni cyo twubakiraho, hari ukumenya, hari ukwiga bizamura bwa bushobozi kuko ushobora kugira discipline waba udafite ubumenyi, waba udafite kwiga, waba udafite amahugurwa, iyo discipline ubwayo gusa utubakiyeho, ntaho ikugeza.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yakunze kubwira Ingabo ko akazi kabo atari ugushoza intambara, ahubwo ko ari ukurinda amahoro, ariko ko nanone mu gihe hari uwazishoza, baba bagomba kuzirwana bahagaze bwuma, n’ubu akaba yongeye kubibwira aba basirikare.

Ati “RDF ntabwo ibereyeho gushoza intambara cyangwa kugira gute, ahubwo ibereyeho kuyirinda, kurinda amahoro, hano iwacu n’ahandi mwagiye mujya byagaragaye mutabaye benshi dufite ibyo duhuriraho nk’Abanyafurika cyangwa inshuti ziba zatwitabaje.”

Iyi myitozo yiswe ‘Exercise Hard Punch’ yo gukarishya ubumenyi mu bya gisirikare, by’umwihariko mu kurwana urugamba, hakoreshejwe intwaro zinyuranye zirimo n’indege z’intambara, isanzwe ihuriza hamwe abasirikare bo mu matsinda anyuranye muri RDF.

Perezida Kagame yarebye uko RDF iri gukarishya ubumenyi mu by’urugamba
Arangije abaha ubutumwa
Bashyizeho na morale

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + five =

Previous Post

Nigeria: Abasirikare baguye mu gico cy’amabandi habaho gukozanyaho gukomeye

Next Post

Ikipe y’ibigwi itarahiriwe n’umwaka ushize ikomeje gushaka aho izamenera igarurira icyizere abayikunda

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe y’ibigwi itarahiriwe n’umwaka ushize ikomeje gushaka aho izamenera igarurira icyizere abayikunda

Ikipe y’ibigwi itarahiriwe n’umwaka ushize ikomeje gushaka aho izamenera igarurira icyizere abayikunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.