Monday, August 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impfu zitunguranye za babiri barimo uwishwe n’uwo bakoranaga amuhoye impamvu ibabaje

radiotv10by radiotv10
26/06/2023
in MU RWANDA
0
Impfu zitunguranye za babiri barimo uwishwe n’uwo bakoranaga amuhoye impamvu ibabaje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa impfu z’abantu babiri barimo uw’imyaka 50 wishwe na mugenzi we bakoranaga akazi k’izamu amuhoye kumubaza niba yibye igitoki yamusanganye, na we akaza kuraswa na Polisi.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Bushengo mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Rubavu, aho mu ijoro ryacyeye ahagana saa tanu, umusore w’imyaka 26 yivuganye umusaza w’imyaka 50 bakoranaga akazi ko kurarira urutoki rwo muri aka gace.

Bamwe mu bahaye amakuru RADIOTV10, bavuga ko uyu musore yivuganye uyu musaza w’imyaka 50, ubwo yari avuye mu rugo gufata ifunguro, ahageze asanga hari igitoki batemye, amubaza aho cyavuye kuko yakekaga ko ari icyo bibye, undi aho kumusubiza, amukubita ifuni mu mutwe, ahita yitaba Imana.

Haje kwitabazwa inzego z’umutekano, zaje gufata uyu musore, mu masaaha akuze y’ijoro ryambukiranyaga rashyiraga kuri uyu wa Mbere, ariko Polisi ihageze ashaka kwiruka, ihita imurasa na we agwa aho.

Aya makuru yaje kuba kimomo mu baturage, bazindukiye muri uru rutoki rwiciwemo nyakwigendera, wakubiswe ifuni n’uwo bakoranaga, ndetse n’aharasiwe uyu wamwivuganye, baje kureba ibyabaye.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, umurambo w’uyu musaza, wari wajyanywe n’umuryango we ngo uwushyingure, mu gihe uw’uyu musore warashwe na Polisi, wo wajyanywe ku Bitaro bya Gisenyi kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Abaturage bari mu gahinda ka mugenzi wabo wishwe na mugenzi we

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + seventeen =

Previous Post

Uko byagenze ngo hafatwe umuganga ukekwaho ibidasanzwe byakorewe umubyeyi waje kubyara

Next Post

Hatangiye urundi rugendo rushobora kuzasendereza ibyishimo ku bacuruzi bakanabisaguriraho abaguzi

Related Posts

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

by radiotv10
04/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s Kicukiro District, the people of Nyarugunga Sector are proving that when a community stands together,...

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

by radiotv10
04/08/2025
0

Umugabo wo mu Kagari ka Kamanu mu Murege wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wasohowe mu nzu kubera amakimbirane n’umugore...

Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri

Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri

by radiotv10
04/08/2025
0

Protais Zigiranyirazo wabaye mu butegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yabaye Perefe w’iyahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, yapfiriye muri...

Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri

Eng.-Protais Zigiranyirazo, a brother-in-law of former President Habyarimana has died in Niger

by radiotv10
04/08/2025
0

Protais Zigiranyirazo, who served as the prefect of the former Ruhengeri prefecture in the government that planned and executed the...

Uko abagore babiri bisanze bafashwe mu mukwabu hamwe n’abagabo 13 bakekwaho ubujura

Uko abagore babiri bisanze bafashwe mu mukwabu hamwe n’abagabo 13 bakekwaho ubujura

by radiotv10
04/08/2025
0

Polisi ikorere mu Karere ka Muhanga yafashe abantu 15 barimo abagabo 13 n’abagore babiri bakekwaho ibikorwa by’ubugizi bwa nabi birimo...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa FERWAFA kuri ‘Mama Mukura’ wari umukunzi wa ruhago witabye Imana bitunguranye
FOOTBALL

Ubutumwa bwa FERWAFA kuri ‘Mama Mukura’ wari umukunzi wa ruhago witabye Imana bitunguranye

by radiotv10
04/08/2025
0

Eng.-The US has temporarily suspended the issuance of visas for all Burundian nationals

Eng.-The US has temporarily suspended the issuance of visas for all Burundian nationals

04/08/2025
How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

04/08/2025
Menya impamvu America yahagaritse Viza ku Barundi bose bashaka kujyayo

Menya impamvu America yahagaritse Viza ku Barundi bose bashaka kujyayo

04/08/2025
Uwakiniraga APR yazamuye impaka nyuma yo kuvuga uko abona umukino uzayihuza na Rayon uzagenda

Uwakiniraga APR yazamuye impaka nyuma yo kuvuga uko abona umukino uzayihuza na Rayon uzagenda

04/08/2025
Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango ‘Yantare’ urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango ‘Yantare’ urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

04/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangiye urundi rugendo rushobora kuzasendereza ibyishimo ku bacuruzi bakanabisaguriraho abaguzi

Hatangiye urundi rugendo rushobora kuzasendereza ibyishimo ku bacuruzi bakanabisaguriraho abaguzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa FERWAFA kuri ‘Mama Mukura’ wari umukunzi wa ruhago witabye Imana bitunguranye

Eng.-The US has temporarily suspended the issuance of visas for all Burundian nationals

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.